RFL
Kigali

Jimmy X yasobanuye Album ye yahurijeho Yampano na Bushali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:17/04/2024 10:21
0


Umuhanzi Jimmy X ubarizwa mu gihugu cya Canada mu Mujyi wa Edmonton, yashyize hanze amashusho y’indirimbo yitwa ‘Imyoto’ yahuriyemo n’umuhanzi Yampano mu gihe ari gutegura Album izumvikanaho indirimbo yakoranye na Bushali.



Iyi ndirimbo yagiye ku mbuga zitandukanye zicururizwaho umuziki kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mata 2024. Jimmy X amaze imyaka itatu ari mu muziki, aho yashyize hanze indirimbo zinyuranye zirimo nka 'Ndabura', 'E Town' yakoranye na Ivan Ready na Samlo ndetse na 'Batabare' yakoranye n'umuraperi Fireman ndetse na Deborah Humura.

Jimmy yabwiye InyaRwanda ko yahisemo gukorana n’umuhanzi Yampano kubera ko ari umwe mu bahanzi b’abahanga ‘bari kuzamuka neza cyane mu buryo bushimishije’.

Akomeza ati “Nahisemo Yampano kuko ari umwe mu bahanzi b’abahanga bari kuzamuka neza cyane mu buryo bushimishije kandi ubona ko bashoboye, ariko hari n’abandi twari twaravuganye ariko nifuje ko iyi ndirimbo twayikorana kuko numvise ariwe wagwamo neza kandi ni nako byagenze kuko yabikoze uko nabyifuzaga.”

Jimmy yavuze ko iyi ndirimbo ari imwe mu zizaba zigize Album ye ya mbere ateganya gushyira hanze mu Ukuboza 2024 ntagihindutse. Ni album avuga ko izaba iriho indirimbo yakoranyeho n’abandi bahanzi, zizaba zitsa cyane ku kwishimisha.

Ati “Ni album izaba ishimishije kuko izaba iriho injyana zigiye zitandukanye kandi zigezweho nk’uko bamwe mu bafana babyifuje ko nazabaha ku njyana zikunzwe cyane muri iyi minsi.”

Jimmy yavuze ko iyi Album ye izaba iriho indirimbo yakoranyeho n’abaraperi barimo Bushali n’abandi avuga ko bakiri mu biganiro byo gukorana. 

Ati “Nta byinshi nayivugaho kuko ndi kuyitegura, gusa abahanzi bariho harimo Bushali n’abandi ntahita ntangaza kano kanya kuko tutararangiza gusa.”

Uyu muhanzi usanzwe ubarizwa muri Canada, avuga ko yamaze guhitamo izina ry’iyi album ye ya mbere, ayita ‘Iriburiro’. 

Iyi ndirimbo ‘Imyoto’ yashyize hanze ishingiye ku butumwa bukangurira abantu kwidagadura no kwishima ndetse no ‘kwiyibagiza ibibazo benshi tuba twanyuzemo’.

Yakozwe mu buryo bw’amajwi (Audio) na Producer Trackslayer muri studio Trackslayer Music n’aho amashusho (Video) yafashwe anatunganywa na Fabu muri Fabu Lab.


Jimmy X wo muri Canada yatangaje ko ari gukora kuri Album ye ya mbere yise ‘Iriburiro’


Jimmy yavuze ko mu bahanzi yiyambaje kuri Album ye harimo Bushali uherutse gusohora indirimbo ‘Ijyeno’ na ‘Niyibizi’


Yampano uherutse gusohora indirimbo ‘Bucura’ ari mu bazagaragara kuri Album ya Jimmy izaba iriho ubutumwa bunyuranye

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘IMYOTO’ YA JIMMY NA YAMPANO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND