RFL
Kigali

Inkundura yuzuyemo ibitutsi yavutse hagati ya Tekno na Kizz Daniel

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:30/04/2024 10:49
0


Kizz Daniel yakubise atababarira mugenzi we Tekno uheruka kumuca amazi avuga ko ari umukene batahiganwa mu butunzi.



Tekno mu minsi yashize yahakanye yivuye inyuma iby’amakuru yavugaga ko yahawe agera kuri Miliyari 1Frw y’amafaranga na Kizz Daniel ku ndirimbo bakoranye Buga.

Ibirenze ibyo, yavuze ko haba habayeho kwibeshya aramutse agereranijwe mu butunzi na mugenzi we Kizz Daniel, agaragaraza mbega ko amukubye.

Kizz Daniel ntabwo yanyuzwe n'ibyazamuwe na mugenzi we. Yamwise intashima kuko ahamya ko yamuzuye ubundi yari agiye kwisanga hanze y’ikibuga.

Mu buryo bwe Kizz Daniel yagize ati: ”Babarata amafaranga uzababona bavuga, bataba ibitabapfu nyamara naramuzuye ibyo yigira byose binyuze muri Buga.”

Tekno na we adatinze yahise asubiza Kizz Daniel ati: ”Ndizera ko ubu urimo uravugwa cyane wa murwayi wo mu mutwe we! Ariko witonde kuko ntabwo ndi agafu k’imvugwa sindi uwo gukinirwaho.”

Indirimbo aba bombi bahuriyemo "Buga" yageze kure aho imaze kurebwa n'abarenga Miliyoni 200 kuri YouTube kuva muri Kamena 2022 kugeza uyu munsi wa none.

Ku ruhande rw’ubutunzi, kugeza ubu Tekno abarirwa ari hagati ya Miliyoni 2.5 kugera kuri Miliyoni 8 z’amadorali, mu gihe mugenzi we ari ukuva kuri Miliyari 2 kugera kuri 5 z’amadorali.

Twakoresheje ikinyarwanda kigenekereje muri iyi nkuru kuko aba bahanzi bakoresheje amagambo atarimo ubupfura.

KANDA HANO UREBE UNUMVE BUGA 

">

Kizz Daniel yavuze ko yaramiye Tekno wari ugiye kuzima nubwo ari indashimaTekno yongeye kwibutsa Kizz Daniel ko atari agafu k'imvugwa rimwe bityo akwiriye kwitondera ibyo arimo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND