RFL
Kigali

Uko abakinnyi b'ikipe y'igihugu y'u Rwanda bageze mu mwiherero-AMAFOTO

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:8/06/2023 15:30
1


Abakinnyi 28 bazakurwamo abazifashishwa ku mukino wo ku munsi wa 5 w'imikino y'ijonjora ryo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika kizabera muri Cote D'Ivoire bageze mu mwiherero muri imwe muri Hotel ziri i Nyarutarama.



Kuri uyu wakane taliki 8 Kamena nibwo aba abakinnyi ba Amavubi berekeje aho bagiye kuba baba muri iyi minsi bategura umukino n'ikipe y'igihugu ya Mozambique barikumwe mu itsinda L.

Taliki 01 zuku kwezi n'ubundi nibwo umutoza Carlos Alós Ferrer yari yahamagaye abakinnyi 28 azakuramo abazifashishwa kuri uyu mukino.

Nk'uko bigaragara mu mafoto yagiye hanze abakinnyi bageze muri uyu mwiherero ni abakina mu makipe yo mu Rwanda naho abakina hanze baragenda bahagera mu bihe bitandukanye. Aba bakinnyi bahageze bambaye mu buryo butandukanye ubona buryoheye amaso, bamwe bari bafite ibikapu bihekwa n'aho abandi bafite ibikururwa.

Umukino w'ikipe y'igihugu ya y'u Rwanda, Amavubi na Mozambique uzakinwa taliki 18 Kanama 2023,saa kenda kuri sitade mpuzamahanga ya Huye.  


Ishimwe Pierre(iburyo) ukinira APR FC ari kumwe na SERUMBOGO Ally(ibumoso) wa Kiyovu Sports bageze ahari kubera umwiherero

Umutoza wakabiri w'ungirije mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda, Amavubi,Jimmy  Mulisa uko yahasesekaye 

Myugariro wa APR FC, Ishimwe Christian uko yageze mu mwiherero

Myugariro wa Kiyovu Sports, NSABIMANA Aimable nawe ni uko yahasesekaye

Umukinnyi ukina mu kibuga hagati, Djihad udafite ikipe yageze mu mwiherero

Nshuti Xavio ukinira Police FC,ni uko yageze kuri hoteli igiye kuberamo umwiherero

Muhadjiri wa Police FC utaraherukaga guhamagarwa mu ikipe y'igihugu nawe yageze mu mwiherero


Myugariro wa APR FC,Fitina Ombolenga mu myambaro myiza cyane nawe yageze ahari kubera umwiherero


Mugisha Gilbert wa APR FC ni uko nawe yageze ahagiye gutegurirwa umukino wa Mozambique


Manzi Thierry wa AS Kigali nawe nuko yageze kuri hoteli igiye kuberamo umwiherero


Nshuti Innocent wa APR FC afunga umuryango w'imodoka ye nyuma yo kugera kuri hoteli igiye kuberamo umwiherero w'ikipe y'igihugu






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Karemera fericiane9 months ago
    ndabona iyikipe imezeneza





Inyarwanda BACKGROUND