Kigali

Kigali Titans yasinyishije Alvaro Calvo Masa ukomoka muri Espagne

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:15/02/2023 14:13
0


Alvaro Calvo masa umukinnyi wa BasketBall ukomoka mu gihugu cya Espagne, yasinyiye ikipe ya Kigali Titans amasezerano azasozanya n’uyu mwaka w’imikino.



Alvaro wavutse tariki 27 Werurwe 1983, yamaze kwemezwa nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Kigali Titans iri gukina icyiciro cya mbere cya Basket mu Rwanda bwa mbere. Alvaro ukina nka power forward aje mu ikipe ya Kigali titans abisikana na Perry wayifashije cyane mu mikino itambutse ya shampiyona ariko akaba agiye gukina imikino ya BAL, dore ko yari yasinye amasezerano y’amezi atatu gusa.

Masa kuva muri 2018 yakiniye ikipe ya Ferroviario de Maputo yo muri Mozambique, aho yatwaranye nayo ibikombe bibiri bya shampiyona akanaba umukinnyi mwiza wa shampiyona benshi bita MVP (Most Valuable Player).

Alvaro masa yakiniye amakipe atandakunye y’i Burayi, America y’amajyepfo ndetse no muri Africa.

Ubwo iyi kipe ya Ferroviario de Maputo yakinaga irushanwa rya BAL muri 2021, uyu mukinnyi yayoboye abandi mu batsinze amanota menshi afasha iyi kipe ye kugera muri kimwe cya kane cy’irangiza.

Alvaro Calvo masa aheruka gukinira ikipe ya Urunani yo mu gihugu cy’u Burundi ubwo yashakaga itike yo kuzakina imikino ya nyuma ya BAL 2023, gusa byaje kurangira iyi kipe itabonye iyi tike.

Ikipe ya Kigali Titans ikomeje kugenda yiyubaka cyane kugira ngo biyifashe kugera ku ntego zayo zo guhatana n’amakipe asanzwe akomeye muri shampiyona ya basketball, nk’uko umuyobozi wayo Junior adahwema kubyibutsa abakinnyi ndetse n’abakurikirana uyu mukino wa basketball mu Rwanda.


Alvaro Calvo ni umukinnyi uzwiho gukoresha imbaraga mu kibuga ndetse n'ubwitange buri hejuru 

Alvaro arabisikana na Perry wari umaze iminsi ari gufasha ikipe ya Kigali Titans, mu mikino ya shampiyona





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND