FPR
RFL
Kigali

Biratangaje! Yizihije isabukuru y’imyaka 100 yishimana n’abamansuzi yagenewe n’umukobwa we-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:14/11/2022 15:15
0


Umusaza yazirikanwe n’umukobwa we umukunda, amufashisha kwizihiza isabukuru y’ikinyejana amaze ku isi mu buryo bwihariye, ari kumwe n’abamansuzi [Abakobwa bashimisha abagabo].



Gioacchino Poma bamwe bita Jack yaryohewe n’umunsi udasanzwe wo kuzuza imyaka ijana yizihirije muri Dallas, Texas aho umukobwa we yamujyanye mu kabyiniro kaho akishimana n’abakobwa bazwi nk’abamansuzi.

Dina umukobwa w’uyu musaza yavuze ko azi neza ko se akunda ibintu bibiri ku isi, birimo abagore muri rusange n’amabere yabo by’umwihariko bityo rero abakobwa yamushakiye ari abanyamwuga, batumye agira akanyamuneza ku munsi we.

Uyu mukobwa yavuze ko azi neza ko se atigeze agira amahirwe mu buzima yo kujya mu kabyiniro ngo agire ibihe byiza nk’ibyo yagize, kandi ko se yishimye cyane. Ibi kandi akaba yarabihitiyemo uyu musaza kuko azi neza ko nta myaka myinshi asigaje, byibuze ariko iyo asigaje akwiye kuyishimamo.

Umugore w’uyu musaza hakaba hashize imyaka 12 yitabye Imana, kandi uyu musaza nta wundi mugore yari yagakozeho ndetse kandi ba nyiri aha hantu hazwiho gutanga ibyishimo by’umurengera bigizweho uruhare n’abanyamwuga b’abamansuzi babwiye uyu mukabwe ko igihe cyose azabyifuza yasubirayo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND