Kigali

Musanze: Miss Muheto yagobotse imiryango itatu y’abamugariye ku rugamba-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:1/08/2022 4:50
0


Nshuti Divine Muheto wambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2022, yahaye ibiribwa n’ibikoresho imiryango itatu y’abamugariye ku Rugamba rwo kubohora u Rwanda.



Ni igikorwa yakoze nyuma yo kwifatanya n’abayobozi n’abaturage bo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, mu muganda usoza ukwezi wabaye ku wa 30 Nyakanga 2022.

Uyu muganda witabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Janvier Ramuli ari kumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancilla, Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru RPC CSP Francis Muheto [Se wa Miss Muheto] n’abandi.

Muri uyu muganda wabereye mu Murenge wa Muhoza Akagari ka Kigombe, hahanzwe umuhanda uhuza imidugudu ya Nyagasambu na Karuyege, hakorwa kandi igikorwa cyo kurwanya isuri.

Igikorwa cyo gufasha abamugariye ku rugamba, Miss Muheto yagikoreye mu Murenge wa Susa mu Kagari ka Ruhegere.

Mu mpanuro zatanzwe muri uyu muganda, urubyiruko rwasabwe kurushaho gukunda umurimo, kwirinda ibiyobyabwenge, kugira uburere mbonezabupfura, gutekereza byagutse no kwigirira icyizere.

Abaturage kandi baganirijwe ku ruhare rwabo mu kwitabira ibarura rusange ry'Abaturage n'Imiturire 2022, kugira isuku, kwizihiza umuganura, kwita ku burere bw'abana mu biruhuko, gusigasira umutekano, umuryango utekanye kandi ushoboye n’ibindi.

Miss Muheto yabwiye InyaRwanda ko nyuma y’umuganda yagize umwanya wo kuganiriza urubyiruko ku ngingo zitandukanye, zirimo n’umushinga we ujyanye no kwizigamira igiceri cy’amafaranga 100, kugira intego n’ikinyabupfura.

Avuga ko imiryango yahaye ibiribwa n’ibikoresho byo kwifashisha mu buzima bwa buri munsi, ari ubuyobozi bwabahisemo.

Ati “Ntabwo byakunze ko bose bafashwa. Ni batatu gusa twahisemo, aho twabahaye ibiryo n’ibikoresho byo gukoresha mu rugo. Ubuyobozi bw’Umudugudu nibo bahisemo abo dufasha, ariko bafatanyije n’izindi nzego zaho.”

Uyu mukobwa yatanze ibiribwa birimo umuceri, amavuta, amasabune n’ibindi. Yavuze ko yahisemo guhera muri Musanze kubera ko ari ho byamworoheye ariko ‘n’ahandi uko nshobojwe nzahagera’.

Muheto avuga ko ibi bikorwa ari gukora biri mu mushinga we yatanze muri Miss Rwanda, uretse ko ibijyanye no gufasha abamugariye ku rugamba byo biri ku ruhande. Ati “Ariko ibindi byose bijyanye n’umushinga wanjye.”

Uyu mwari avuga ko uko azakomeza kubona ubufasha n’abafatanyabikorwa bakamushyigikira, ari nako azakomeza gufasha n’abandi, ari nako ashyira mu bikorwa umushinga we.  

Byari ibyishimo ku Baturage b'Umurenge wa Muhoza guhura na Miss Muheto bakanifatanya mu gikorwa cy'umuganda


 

Miss Muheto yakoreye umuganda  i Musanze 

Yaganirije urubyiruko ku mushinga we wo kwizigamira igiceri kimwe cy’amafaranga 100, kugira intego n’ibindi 

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru RPC CSP Francis Muheto [Se wa Miss Muheto], ubwo yaganirizaga abaturage nyuma y’umuganda  

Urubyiruko rwasabwe kurushaho gukunda umurimo no kwirinda ibiyobyabwenge


 

Abaturage baganirijwe ku ruhare rwabo mu kwitabira Ibarura rusange ry'Abaturage n'Imiturire 2022 

Meya Ramuli Janvier na Guverineri Nyirarugero Dancilla bashimiye urubyiruko ku ruhare bakomeje kugira mu bikorwa biteza imbere imibereho myiza y'Abaturage 

Miss Muheto yashimye ubwitange bw’Ingabo zamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu 

Muheto yavuze ko yatanze ibiribwa n’ibikoresho kuri iyi miryango yo muri Musanze 

Muheto avuga ko ashingiye ku bushobozi azakomeza gufasha n’abandi bo mu bice bitandukanye







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND