Kigali

Nyuma y’abanyamakuru bakomeye mu myidagaduro, Alphonse Muhire Munana mu nzira zerekeza kuri radiyo 10

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:18/03/2015 0:01
18


Abanyamakuru bakomeye mu Rwanda bakomeje kwifuzwa na Radiyo 10. Kuri ubu utahiwe ni Alphonse Muhire Munana wari umuyobozi w’abanyamakuru kuri radiyo Isango Star ugiye kwerekeza kuri radiyo 10 nyuma ya bagenzi be bakoranaga bamubanjirije kuhajya.



Nkuko amakuru yizewe agera kuri inyarwanda.com abivuga  , ni uko uyu munyamakuru usanzwe umenyerewe mu kiganiro Ibirari by’ubutegetsi yaba asigaje iminsi mike kuri radiyo Isango Star ndetse n’ibaruwa isezera yamaze kuyandika, ayishyikiriza ubuyobozi bw’iyi radiyo.

Muhire Munana

Umunyamakuru Alphonse Muhire Munana

Nkuko aya makuru akomeza abivuga, Muhire Munana azarangiza akazi ke ku Isango star mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe ahite yerekeza kuri radiyo 10, aho n’ubundi azajya gukora akazi yari asanzwe akora k’umuyobozi ushinzwe ibiganiro  n’abanyamakuru(Chief editor) kuri radiyo na Televiziyo 10.

Alphonse Muhire Munana asanzwe ari umunyamakuru ukuriye abandi, agasoma amakuru(News presenter), akanakora ikiganiro Ibirari by’ubutegetsi  gifite abakunzi batari bake.

Si ubwa mbere Muhire Munana yaba avuye kuri Isango Star kuko mu mwaka wa 2013 yahavuye yerekeza kuri radio KFM aho yakoraga akazi gasanzwe k'ubunyamakuru no kuyobora ibiganiro gusa ntiyahamaze igihe asubira ku Isango Star nubu akaba ariho yari agikorera.

Michelle

Umunyamakuru Michelle Iradukunda nawe ugiye kwerekeza kuri Magic FM

Si Muhire Munana ugiye kuva kuri iyi radiyo Isango Star kuko na Ange Rugamba usanzwe  asoma amakuru ndetse akanakora ikiganiro Ubuzima n’abantu nawe agiye kwerekeza kuri radiyo 10, akazayikorera mu mujyi wa Kampala(News reporter  radio 10 Kampala). Undi munyamakuru ugiye kuva ku Isango Stari ni Iradukunda Michelle wari usanzwe akora ibiganiro Generation des Grand Lacs ndetse na Isango Relax time. Iradukunda Michelle  we akaba agiye kwerekeza kuri radiyo Magic FM.

Michelle

Michelle ari kumwe na Antoinette Niyongira(wambaye amataratara)bakoranaga ku Isango Star akerekza kuri radiyo 10 ,undi akaba agiye kuri Magic FM

Plaisir Muzogeye(wambaye ingofero itukura), Claude Kabengera (wambaye ipantaro y'icyatsi)Antoinette Niyongira (wicaye) na Mike Karangwa (wambaye umupira w'umweru nibo banyamakuru b'imyidagaduro bamaze kuva kuri radiyo Isango Star berekza kuri radio 10

Alphonse Muhire Munana na Ange Rugamba bagiye kwerekeza kuri radiyo 10 bakurikira abanyamakuru bakomeye mu myidagaduro babanje kuherekeza. Abo ni Mike Karangwa, Claude Kabengera, Plaisir Muzogeye ndetse na Antoinette Niyongira. Kuri aba kandi hiyongeraho umunyamakuru ukomeye mu kogeza imipira Theogene Rugimbana werekeje kuri radiyo 10 avuye kuri Flash FM.

Renzaho Christophe

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • h9 years ago
    sinjya numva radio, njya kuri net gusa
  • 9 years ago
    bajye mu bandi.
  • I9 years ago
    Ariko Radio 10 ifite gahunda yo gusenya Isango Star? Quel concurence!
  • nelson9 years ago
    izaba ari ikipe ikomeye na kampala bagezeyo isango star yihangane akaruta akandi karakamira nabo bazamure abandi wenda bazongera bamenyekane
  • NININAHAZWE9 years ago
    mutubarize igituma magic atayo tucumva hano i M
  • Mugabo Kalvin9 years ago
    Eeehh, akaruta akandi karakamira kbsa!! Ariko c buriya Radio 10 uretse kuba wenda hari ikindi kintu cyihishe inyuma, ubu Isango niyo ifite abanyamakuru beza kurusha andi maradiyo yandi?? Kuko iyo utwaye Chief Editor wa radio, niwe uba ari final product ya radio(kuko umusaruro we niwo ugera kubaturage bitewe nuko aba yateguye bagenzi be). Gusa Pole kw'isango. Gusa muzategure undi ushoboye uzajya adutegurira " Ibirari by'ubutegetsi" Munana yagikoraga neza cyaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaane!! Niwe Ally Youssouf Mugenzi mu Rwanda pe!!
  • ben9 years ago
    Rira bien qui rira le dernier. A bon entendeur, salut!!!
  • ben9 years ago
    Rira bien qui rira le dernier !A bon entendeur salut!
  • ben9 years ago
    Rira bien qui rira le dernier !A bon entendeur salut!
  • lalala9 years ago
    Plus coiffeur que journaliste
  • lalala9 years ago
    Plus coiffeurs que journalistes
  • Radio 109 years ago
    Ese ko numva naho bagiye guhembwa ari ibibazo...?
  • rodriguez9 years ago
    na Munana araducitse koko ?ndumva na Mwanafunzi nawe atahiwe arko Radio 10 yibasiye Isango
  • kenny9 years ago
    bye isango star uzi ko nashyize alarm muri tel yanjye inyibutsa ibirari byubutegetsi?!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!! nanjye ndagiye gusa nuko isango imbabaje.
  • turinayo rujyigana paciphique9 years ago
    twishimiye atw kuri kiss fm.
  • umurerwa Redempta8 years ago
    hello, nashakaga kukubaza uko nabona biriya bibazo byo muri isango clever time
  • Hakuzweyezu Daniel 5 years ago
    Dear my big friends, especially : MUHIRE MUNANA, ANTOINETTE NIYONGIRA, GENTIL GEDEO, I LOVE YOU HIGHLY. HOW CAN I MEET YOU AND GIVING YOU MY CONGRATS FOR YOUR GOOD SCIENTIFIC RESEARCH YOU ALWAYS DELIVERY TO US? BE BLESSED
  • edeni hazari5 years ago
    Issngo stalmr yihangane izabina abandi bashoboye



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND