Kigali

AMAFOTO 50: I Kigali habereye igitaramo cyo kwibuka Kamaliza, hashimirwa abamubereye aho atari

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:13/08/2017 10:51
2


Kamaliza ni izina rizwi cyane muri muzika nyarwanda, ingeri zose z’abanyarwanda bagiye bakunda indirimbo ze, amateka ye ni ikindi cyatumye benshi biyumva muri uyu muhanzikazi. Kuri uyu wa 12 Kanama 2017 habaye igitaramo cyo kwibuka uyu muhanzikazi ndetse no gukusanya inkunga yo gufasha abana yareraga.



Iki gitaramo cyo kwibuka Mutamuliza Annonciata wamenyekanye cyane mu muziki nyarwanda nka Kamaliza cyabereye muri Serena Hotel i Kigali kigaragaramo abahanzi bakomeye barimo; Intore Masamba, Jules Sentore, Nyiranyamibwa Suzana, Mariya Yohana n'abandi benshi. Ni igitaramo kitabiriwe ku buryo bukomeye dore ko hari ingeri zose z’abakunzi b’umuziki yaba abakiri bato ndetse n’abakuze, cyari igitaramo cy’ibyishimo ku bantu bose bagikurikiye.

Muri iki gitaramo kandi mukuru wa Kamaliza wamubereye aho atari akamusigaranira abana yareraga akabitaho kugeza magingo aya nubwo nta bundi bushobozi yari afite bwihariye yagenewe ishimwe. Usibye mukuru wa Kamaliza wagenewe ishimwe ariko kandi irindi shimwe ryagenewe abahanzi babanye nawe mu buhungiro ubu bakaba baramusigariyeho bahanga ibifitiye abanyarwanda akamaro.

AMAFOTO:

KamalizaKamalizaKamalizaKamalizaUmunyarwenya Gasumuni ni we wayoboye ibiroriKamalizaMukuru wa Kamaliza nawe yari ahariKamalizaCyari igitaramo cyitabiriwe n'abato kimwe n'abakuruKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamaliza

Byari ibyishimo...KamalizaKamalizaKamalizaAbasaza bitabiriye iki gitaramoKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamaliza

Cyari igitaramo cy'ibyishimo ku babyeyi...KamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaJules Sentore ataramira abari ahoKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaSuzana Nyiranyamibwa asusurutsa abari ahoKamalizaKamalizaAbabyeyi bacinya akadiho mu ndirimbo za Nyiranyamibwa ...KamalizaKamalizaKamalizaKamalizaMukuru wa Kamaliza yagenewe ishimweKamalizaKamalizaAbabanye na Kamaliza mu buhungirobahawe nabo ishimwe Mariya Yohana aganiroza abari aho kuri KamalizaKamalizaKamalizaKamalizaMariya Yohana yashimishije abitabiriye iki gitaramoKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaKamalizaIntore Masamba nawe yataramiye abari aho

AMAFOTO: Ihorindeba Lewis- Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • uwayezu jmv mbuyi7 years ago
    Mama weeeee nkunda kamariza bitabugwa!! Imana izamwijyanire. Humura Rwanda. Mubyukuri ntawamusimbura.
  • Nii joselyine uwineza 1 year ago
    We lestern piac





Inyarwanda BACKGROUND