RFL
Kigali

Abakobwa bari muri Miss Rwanda 2020 bifatanyije na MTN Rwanda mu bukangurambaga bwa Connect Rwanda-AMAFOTO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:22/01/2020 17:23
0


MTN Rwanda yashyizeho ibihembo ku mukobwa uri mu irushanwa rya Miss Rwanda 2020 uzahiga abandi mu gukangurira abanyarwanda kwitabira gahunda ya Connect Rwanda.



Mu mpera z’umwaka ushize ni bwo MTN Rwanda yatangije ubukangurambaga bwiswe Connect Rwanda bugamije gufasha imiryango ikennye gutunga telefone zigezweho za Smart Phones mu rwego rwo kuyifasha kujyana n’ikoranabuhanga rigezweho.

MTN Rwanda yatanze telefone 1000 Umuyobozi wayo Mukuru Mitwa Ng’ambi atanga 100, maze abandi batandukanye bakomerezaho barimo na Perezida Kagame n’abo mu muryango we, ibigo bya Leta n’ibyigenga ndetse n’abantu bigenga ku giti cyabo.

Irushanwa rya Miss Rwanda rifatanyije na MTN Rwanda biyemeje gukoresha amajwi y’abakobwa bari muri iri rushanwa kugira ngo abanyarwanda benshi bamenye ibijyanye n’ubu bukangurambaga.

Wibabara Gisele Phanny ushinzwe ibikorwa byo gutera inkunga muri MTN Rwanda yavuze ko abakobwa bahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2020 uko ari 54 bagiye gutangira gukangurira abantu kwitabira Connect Rwanda uzahiga abandi akazahembwa telefone yisumbuye ku yo afite ahabwe na interineti azakoresha ubuzima bwe bwose.

Ati “Bagiye kudufasha muri ubu bukangurambaga bakoresheje imbuga nkoranyambaga zabo cyane cyane Instagram na Twitter uzagira abantu benshi tuzamuhemba. Niba afite iPhone 10 tuzamuha iPhone 11, tunamuhe interineti azakoresha iteka ryose.”

MTN Rwanda kandi ni umuterankunga w’irushanwa rya Miss Rwanda 2020, aho izahemba umukobwa uzaba Miss Popularity, amafaranga y'amanyarwanda miliyoni imwe n’ibihumbi 500, telefone, interineti n’amafaranga yo guhamagara n’ibindi.

Abari muri Miss Rwanda babanje gusobanurirwa gahunda ya Connect Rwanda


Abakobwa bari muri Miss Rwanda bakanguriye abantu batandukanye gahunda ya Connect Rwanda







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND