Kigali

Hasinyishijwe abakinnyi 54! Uko amakipe 16 ya shampiyona y’u Rwanda yiyubatse muri Mutarama

Yanditswe na: Aloys Niyonyungu
Taliki:2/02/2025 8:22
0


Mu makipe 16 akina shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda nta n’imwe yatanzwe ku isoko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi ryo muri Mutarama 2025 aho muri rusange abasinyishijwe bangana na 54.



Ku wa Gatanu tariki ya 31 Mutarama Saa tanu n’iminota 59 z’ijoro nibwo iri soko mu Rwanda ryari rishyizweho akadomo. Ryashyizweho akadomo amakipe yo muri shampiyona y’u Rwanda amaze kwibikaho abakinnyi bashya aho Vision FC n’Amagaju FC arizo zasinyishije benshi bagera kuri 5 mu gihe Police FC yo yasinyishije umwe gusa.

Muri iyi nkuru tugiye kurebana abakinnyi buri kipe yasinyishije kuva kuri Rayon Sports yasoje imikino ibanza ya shampiyona iri ku mwanya wa mbere kugeza kuri Kiyovu Sports yayisoje iri ku mwanya wa nyuma.

1.Rayon Sports

Nubwo iyi kipe yasoje imikino ibanza iri kumwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 36 ariko ntabwo byayibujije gusinyisha abakinnyi bashya aho ku wa Gatanu yatangaje ko yasinyishije bane. Abo ni rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ,Amavubi ,Abeddy Biramahire wakiniraga Clube Ferroviário de Nampul yo muri Mozambique, Umunya-Cameroun Assana Nah Innocent n’Umunya-Mali Souleymane Daffé ukina hagati yugarira, wakiniraga Provenance de Salitas yo muri Burkina Faso.

Yasinyishije kandi rutahizamu Jaló Adulai wo muri Guinée-Bissau wakiniraga Benifica Sporting Clube de Bissau y’iwabo, wahawe amasezerano y’umwaka umwe n’igice.

Iyi kipe yambara ubururu n’Umweru kandi yanarekuye bamwe mu bakinnyi yari isanganywe aribo; rutahizamu ukomoka muri Uganga,Charles Bbale werekeza muri Maroons FC y’iwabo,Rudasingwa Prince wagiye muri AS Kigali na myugariro w’ibumoso, Ishimwe Ganijuru Elie watijwe muri Vision FC.

2. APR FC

Ikipe y’Ingabo z’igihugu nayo  yasinyishije abakinnyi bane bashya aho ku ikubito yahereye ku Bagande aribo Denis Omedi wakinaga muri Kitara FC na Hakim Kiwanuka wakiniraga SC Villa.

Iyi kipe yasinyishije rutahizamu ukomoka muri Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara waherukaga gutandukana na JS Kabylie yo muri Algeria ndetse yongera kugarura Umurundi Nshimirimana Ismaël ’Pitchou’, wari warasezerewe.

Iyi kipe yambara umukara n’umweru ariko yagize n’abakinnyi irekura aribo; Abanya-Nigeria Nwobodo Johnson Chidiebere na Godwin Odibo. Yanatije Kategaya Elie muri Vision FC na Ishimwe Jean-René muri Marines FC.

Sheikh Djibril Outtara wasinyiye muri APR FC 

Hakim Kiwanuka nawe yasinyiye APR FC muri Mutarama 

3. AS Kigali

Ikipe ya AS Kigali yasoje imikino ibanza ya shampiyona iri ku mwanya wa 3 nayo yongeyemo abakinnyi bane bashya aribo Haruna Niyonzima wari wongeye kuyisubiramo ku nshuro ya gatatu, abakinnyi babiri bakomoka i Burundi, ari bo Nibikora Arthur na Jospin Nshimirimana wasinyishijwe na Kiyovu Sports ariko akayivamo adakinnye kubera ibihano yafatiwe na FIFA.

Iyi kipe y’abanyamujyi kandi ku wa Gatanu yasinyishijwe Rudasingwa Prince wakiniraga ikipe ya Rayon Sports.

4.Police FC

Ikipe ya Police FC itaritwaye neza mu mikino ibanza ya shampiyona nk'uko abantu bari babyiteze ntabwo yigeze isinyisha abakinnyi benshi dore ko yongeyemo Byiriringiro Lague wifuzwaga an Rayon Sports gusa.

5. Gorilla FC

Gorilla FC y’umuherwe Mudaheranwa Hadji nayo yongeyemo amaraso mashya nyuma y'uko isoje imikino ibanza ihagaze neza dore ko yasoreje ku mwanya wa 5. Yongeyemo abakinnyi 3 aribo Umunyarwanda Nsanzimfura Keddy, Yipoh Ali Sally ukomoka muri Cameroon wasinye amasezerano y’imyaka ibiri n’igice na Ndikumana Landry ukomoka mu Burundi nawe akaba yarasinye amasezerano y’imyaka ibiri n’igice.

6.Rutsiro FC

Rutsiro FC yasoreje ku mwanya wa 6 ku rutonde rwa shampiyona yo yaremye isoko ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yasinyishije abakinnyi babiri muri iki gihugu aribo Ndusha Shabani Musa wakiniraga Al Massafi yo muri Iraq na Sanga Balende ukina asatira izamu anyuze mu mpande.

7.Mukura VS

Mukura VS yo mu Karere ka Huye nyuma yo kurangiza imikino ibanza itsinda Rayon Sports nayo yagiye ku isoko isinyisha abakinnyi batatu aribo Umurundi Destin Exaucé Malanda wakiniraga Amagaju FC, Ayilara Samson Oladosu wakiniraga Setraco FC yo muri Ghana na yitwa Nsabyumuremyi Mussa.

Samson Oladosu wasinyiye Mukura VS 

Malanda Destin yasinyiye Mukura VS muri Mutarama 

8.Amagaju FC
Nyuma y'uko iyi kipe yo mu karere ka Nyamagabe isoje imikino ibanza ya shampiyona itsinda APR FC ndetse ikayisoza iri no ku mwanya wa 8 nayo yagiye ku isoko isinyisha abakinnyi 5. Abo ni Bosuandole Bokwala, Kwadravelle Innocent, Wesunga Nasuru, Kasereka Musayi bo muri RDC n’Umunyarwanda Twizeyimana Innocent wakinaga muri Cote d’Ivoire.

9.Gasogi United

Gasogi United ya  Kakoza Nkuliza Charles [KNC],yagiye ku isoko isinyisha abakinnyi bane aribo Alioune Mbaye na Cheick Bamba Dialobakomoka muri Senegal  ,Umunyarwanda Kwizera Jean Luc Jimmy na Eloundou Ngono Guy wari ayigarutsemo ku nshuro ya kabiri.
Iyi kipe yongeyemo aba bakinnyi nyuma y'uko mbere yaho yari yatandukanye na  Christian Theodor Yawanendji Malipangou na Syntric Baloukoulou wo muri RDC.

10.Bugesera FC

Iyi kipe y’akarere ka Bugesera nayo yasinyishije abakinnyi batatu aribo;Ngendahimana Eric wakiniraga AS Kigali na Dushimimana Eric wari muri La Jeunesse n’umunyezamu Habineza François wavuye muri Etoile de l’Est yo muri shampiyona y’icyiro cya kabiri.

11.Musanze FC

Iyi kipe yo mu karere ka Musanze yo yasinyishije abakinnyi batatu aribo;Owusu Osei, Batte Sheif wakiniraga Sofapaka yo muri Kenya na Rashid Mchelenga wakinaga muri Kenya FC.

12.Etincelles FC

Etincelles FC ibarizwa mu karere ka Rubavu yo yasinyishije  abakinnyi 3 aribo uwitwa Denis na Edgard bakomoka muri Uganda ndetse na Mugheni Fabrice ukomoka muri Congo.

13.Marine FC

Iyi kipe nayo ibarizwa mu karere ka Rubavu nayo yongeremo abakinnyi batatu aribo Ishimwe Jean René yatijwe na APR FC,undi rutahizamu yatijwe na Intare FC ndetse n’undi mukinnyi umwe yazamuye mu ikipe yabo y’abato.

14. Muhazi United

Muhazi United FC yo mu Ntara y’Iburasirazuba yasinyishije abakinnyi bane aribo Umunya- Ghana, Joseph Otu, Potty Masimango ukomoka muri Congo,Shaka Tresor ukomoka mu Burundi na myugariro w’umunyarwanda  Bishira Latif.


Mosimango Fiston yasinyiye Muhazi United muri Mutarama

15. Vision FC

Vision FC ni imwe mu makipe yiyubatse cyane ku isoko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi muri Mutarama 2025 aho yinjije abakinnyi batanu. Abo ni rutahizamu w’Umunya-Uganda Musa Esenu wigeze gukinira Rayon Sports, Kategaya Elie wakiniraga yatijwe na APR FC,Zabibo Pascal Djobi, Ishimwe Ganijuru Elie yatijwe na  Rayon Sports na Nuka Leteh Mighty wo muri Nigeria.

Iyi Kipe izagaruka mu mikino yo kwishyura ya shampiyona irwana no kudasubira mu cyiciro cya kabiri dore ko yasoje ibanza iri ku mwanya wa 15 n’amanota 12.


16. Kiyovu Sports


Nubwo isoko ry’igura n’igurisha ku bakinnyi rya Mutarama 2025 ryageze Kiyovu Sports iri mu bibazo byo kutagura abakinnyi bashya kubera ibihano yafatiwe na FIFA ariko ntabwo yaburaniwe burundu. Yatijwe abakinnyi 4 na Intare FC aribo Niyo David ,Shema Thierry bakina hagati mu kibuga na Uwineza René usatira aca mu mpande na Dusengumuremyi Bertrand ukina  yugarira anyuze inyuma ku ruhande rw’ibumoso.

Urucaca rufite akazi gakomeye mu mikino yo kwishyura ko kugira ngo izarebe uko yarwana no kutamanuka muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri dore ko kugeza ubu iri kumwanya wa nyuma n’amanota 12.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND