RFL
Kigali

Ntibisanzwe: Imbwa yabashije kwikura mu mva nyuma y’uko nyirayo ayishyinguye ari nzima

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:12/10/2020 14:44
0


Imbwa yahawe 'inshinge zica' mbere yo gushyingurwa ari nzima, yashoboye kwikura mu mva maze igenda mu muhanda, aho yashoboye kubona ubufasha.



Imbwa yitwa Kiryushya yabonywe n’umugiraneza  witwa Olga Lystseva w’imyaka 39, ku muhanda munini uherereye mu majyaruguru y’Uburusiya, ubwo yayinyuragaho igenda buhoro mu mvura ndetse bigaragara ko inaniwe cyane bimutera impuhwe.

Uyu mukunzi w'imbwa Olga amaze kugenda ibilometero 9 byamwanze munda ahindukiza imodoka maze asubira kureba ya mbwa,ayihyira ku ntebe y,inyuma ayiha ibyo kurya yerekeza mu mujyi wa Ukhta kugira ngo ayishyikirize ikigo gishinzwe gutabara imbwa cyitwa Kind City.

Iki kigo cyaje gushyira amafoto ku mbuga nkoranya mbaga kigamije gushaka amakuru kuri yo maze ba nyirayo barayimenya.

Biyemerera ko bayiteye ibiyobyabwenge byari bigamije kuyica mbere yo kuyishyingura ahantu kure mu ishyamba ryegereye umuhanda wa Ukhta-Syktyvkar ari naho wa mugiraneza yayisanze, ba nyirayo baje gusaba imbabazi kuko bayishyinguye ari nzima bizera ko iza gupfira mu mva.

Uyu munsi wa none imbwa imeze neza ndetse yahise ibona undi muryango wo kuyitaho no kuyiha urukundo ikeneye ndetse abantu batangazwa n’ubutwari bw’uburyo yabashije kwikura mu mva kandi yanatewe imiti iyica.

Src: Dailymail.co.uk

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND