RFL
Kigali

Nyanza:Ku nshuro ya mbere Ishuri rya INILAK ryatanze impamyabumenyi z'icyiciro cya gatatu cya Kaminuza

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:30/01/2015 16:29
1


Kuri uyu wa Kane tariki 29/01/2015 nibwo Ishuri rikuru ry'Abalayiki b'Abadiventiste rya Kigali (INILAK) ryatanze impamyabumenyi ku mfura zayo zirangije icyiro cya gatatu cya kaminuza(Masters Degree) ndetse no ku banyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza. Umuhango wabereye ku ishuri rya INILAK ishami ryayo rya Nyanza.



Ni umuhango  wari witabiriwe n’abayobizi banyuranye bo mu Karera ka Nyanza, abakuriye ingabo na Polisi mu ntara y’amajyepfo , abahagarariye andi makaminuza yo mu Rwanda, abayobozi b’ishuri rya INILAK ndetse n’ababyeyi b’abanyeshuri barangije muri iryo shuri.

INILAK

Ku nshuro ya mbere nibwo ishuri rikuru rya INILAK ryatanze impamyabumenyi ku cyiciro cya gatatu cya kaminuza ku banyushuri 23 ba mbere barirangijemo mu mashami y’ icungamutungo(Finance) , ishami ryo gucunga imishinga(Project management) ndetse no mu ishami ry’imicungire y’abakozi( Human Resource  Management).

INILAK Nyanza ifite umwihariko wo kugira amacumbi ajyanye n'igihe. Aya ni amacumbi y'abahungu

INILAK Nyanza ifite umwihariko wo kugira amacumbi ajyanye n'igihe. Aya ni amacumbi y'abahungu

Muri uyu muhango kandi hahawe impamyabushobozi ku banyeshuri 150 barangije icyiciro cya kabiri cya Kaminuza barangije mu mashami y’icungamutungo(Finance), ishami ry’amategeko , Ibaruramari (Accounting), ndetse n’ishami ry’Iterambere ry’icyaro(Rural development).

Abanyeshuri barangije mu karasisi

INILAK

INILAK

INILAK

Abanyeshuri barangije bari mu karasisi

Abayobozi b'amakaminuza anyuranye yo mu Rwanda. Ubanza ku ruhande rw'iburyo ni Pasiteri Ezra Mpyisi

Abayobozi b'amakaminuza anyuranye yo mu Rwanda. Ubanza ku ruhande rw'iburyo ni Pasiteri Ezra Mpyisi

Abarangije mu cyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor's Degree)

Abarangije mu cyiciro cya kabiri cya Kaminuza(Bachelor's Degree)

Abarangije icyiciro cya gatatu cya Kaminuza

Abarangije icyiciro cya gatatu cya Kaminuza

Abarimu ba INILAK

Abarimu ba INILAK

Korali Maranatha/INILAK Nyanza ihimbaza Imana

Korali Maranatha/INILAK Nyanza ihimbaza Imana

Mu ijambo rye umuyobozi w’ishuri rya INILAK Dr Ngamije Jean yasabye abanyeshuri barangije kwigirira icyizere, gukoresha ubushobozi bakuye muri INILAK no kuzazabera intumwa nziza aho bazajya hose.

 Yagize ati “Muzabe indashyikirwa ku kazi, mu midugudu yanyu n’ahandi hose muzajya, mujye muhora muri ba bandebereho. Muzabe intumwa nziza za INILAK(Ambassadors), muzagera henshi tutagera. Mugomba kurangwa n’imico y’abantu barezwe koko. Ikindi tubibutsa ni uko mugomba kwigirira icyizere , ubushobozi murabufite, mugende mubukoreshe muhange imirimo mukoreshe n’abo musanze iwanyu.”  

Dr Ngamije, umuyobozi wa mukuru wa INILAK
Dr Ngamije, umuyobozi wa mukuru wa INILAK

Dr Ngamije yakomeje asaba abanyeshuri barangije icyiciro cya kabiri  guhorana inyota ituma bahora bashaka kongeraho ibindi byiciro kuko ibyinshi babikozaho imitwe y’intoki.

Dr Ngamije yaboneyeho umwanya wo gushimira abaterankunga bafashije ishuri rya INILAK gutegura uwo munsi harimo Ecobank Nyanza, Banki y’abaturage ishami rya Nyanza, Entreprise  Hadji , Quincallerie Nyanza, Hotel Dayeru ndetse na enterprise  Comecya.

Abanyeshuri barushije abandi. Buri umwe yahembwe imashini igendanwa (Laptop)

Abanyeshuri barushije abandi. Buri umwe yahembwe imashini igendanwa (Laptop)

Uhagarariye Ecobank ashyikiraza umwe mu banyeshuri barushije abandi mudasobwa

Uhagarariye Ecobank ashyikiraza umwe mu banyeshuri barushije abandi mudasobwa

Mu ijambo rye Pasiteri Ruhaya Ntwari Assiel, uhagarariye INILAK mu mategeko (Legal Representative), yibukije abari aho ko INILAK ishami rya Nyanza ari ryo rya mbere ribibimburiye ayandi gutanga impamyabumenyi ku rwego rwa Master’s Degree.

Mr. Nkubara Peter, umuyobozi w'inama y'ubutegetsi ya INILAK

Mr. Nkubara Peter, umuyobozi mukuru w'Inama y'ubutegetsi ya INILAK

Nkuko yabigarutseho, intego y’ishuri rya INILAK ni ukwigisha umutwe n’umutima bityo umunyeshuri uharangije , agasohoka afite indangagaciro koko z’umwana w’umunyarwanda. Pasiteri Ruhaya kandi yakanguriye abanyeshuri barangije  kwishyira hamwe mu rwego rwo kwihangira imirimo.

Mu ijambo ry’umushyitsi mukuru Mr. Nkubara Peter , umuyobozi w’Inama y’ubutegetsi ya INILAK(Chairman of the Board of Diretors) yasabye abanyeshuri barangije icyirico ya Gatatu cya kaminuza kuzarangwa no kwicisha bugufi mu kazi ,anasaba abanyeshuri barangije muri rusange kurangwa no kudacika intege, kwikuramo ubwoba bwababuza kwihangira imirimo ndetse no kugira Imana nyambere mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Uyu muhango ukaba wasojwe n’isengesho rya pasiteri  Mpyisi Ezra.

Ifoto y'urwibutso

Ifoto y'urwibutso

Ishuri rya INILAK ryashinzwe mu mwaka wa 1997. Rifungura amashami i Nyanza(2010) , Rwamagana(2011). Kugeza ubu mu mashami yose INILAK ikaba ifite abanyeshuri basaga ibihumbi bitandatu(6000)

Read more at: http://inyarwanda.com/articles/show/AdvertorialNews/rwamagana-ku-nshuro-ya-mbere-ishuri-rya-inilak-ryatanze-impamyabushobozi-ku-banyeshuri-100-61766.html
Copyright © Inyarwanda.com, All Right Reserved

Ishuri rya INILAK ryashinzwe mu mwaka wa 1997,ritangirira mu mujyiwa Kigali. Rifungura amashami i Nyanza muri 2010) , n'i Rwamagana mu mwaka wa 2011. Kugeza ubu mu mashami yose INILAK ikaba ifite abanyeshuri basaga ibihumbi bitandatu(6000).

R.Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ange9 years ago
    Congratulation to INILAK!!!!!!!





Inyarwanda BACKGROUND