RFL
Kigali

Ni urugendo rw’ibyiza n’ibibi! Prosper Nkomezi yahishuye ibyari bitumye ava mu muziki-VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:8/05/2024 15:39
0


Ni umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana- Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Huye yataramiye mu 2023 baracyamufiteho urwibutso! Uwo nta wundi ni Prosper Nkomezi, umusore wakuze yiyumvamo ruhago kurusha umuziki.



Yumvikanisha ko gukurira mu rusengero by’umwihariko muri Korali, byabaye imvano yo gukora umuziki w’indirimbo ziha ikuzo Imana. Ariko kandi Imana yaramwigaragarije mu bihe bitandukanye, byatumye muri we yiyemeza kuyikorera mu mashyi n’umudiho.

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo nka ‘Nzayivuga’, ‘Singitinya’ n’izindi amaze imyaka ine mu muziki. Ariko avuga ko umwaka wa 2023 wabaye mwiza kuri we, kuko yakoreye ibitaramo bikomeye mu Rwanda ndetse no muri Uganda.

Ati “2023 n’umwaka nakozemo ibitaramo byinshi ahantu hatandukanye, ari na ko ntegura album zanjye ebyiri ngiye kumurika muri iki gitaramo. Navuga ko ari umwaka wambereye udasanzwe mu rugendo rwanjye rw’umuziki binatuma ngiye gukora iki gitaramo.”

Prosper Nkomezi afite album ziriho indirimbo ziryoshye. Kandi kuva akiri muto yagaragaje inyota yo gukorera Imana binyuze mu ndirimbo ziyihimbaza.

Yigeze kuvuga ko gukunda umuziki no kuwitangira, ari bimwe mu bimenyetso byamwerekaga ko igihe kizagera agahimbaza Imana.

Uyu musore wavutse mu 1995, avuga ko yigeze kumena ijerekani ashyiramo Radio kugirango ajye abasha kumva neza umuziki udunda. Ngo byari ibimenyetso by’urukundo rw’umuziki rwashibutse muri we.

Nkomezi yakuriye mu muryango w’Abakristo, kandi igihe kinini cy’ubuto bwe yakimaze yiga gucuranga Piano.

Yaririmbye muri Korali yo muri ADEPR mbere y’uko yerekeza muri Zion Temple. Avuga ko umwaka wa 2014, udasanzwe mu buzima bwe, kuko ari bwo Nyirarume yamwemereye kumufasha agatangira umuziki nk’umuhanzi wigenga. 

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Prosper Nkomezi yavuze ko iki gitaramo agiye kugikora mu gihe yagihuje no kumurikira abakunzi Album ebyiri zirimo 'Nzakingura' ndetse na 'Nyigisha'.

Avuga ko mu gihe habura iminsi micye agakora igitaramo cye, ageze kuri 90% ategura iki gitaramo, kandi azifatanya n'abahanzi barimo Bosco Nshuti ndetse na Gaby Kamanzi. Yasobanuye ko iki gitaramo yacyitiriye Album ye 'Nzakingura' kubera impamvu nyinshi.

Ati "Nzakingura ni indirimbo nitiriye Album yanjye ya kabiri. Buri gitaramo kiba gifite intego cyangwa ubutumwa ushaka guha abantu, cyangwa bakuramo. N'iyo mpamvu nakitiriye iyo ndirimbo, kuko nzamurikiramo Album yitwa 'Nzakingura' na 'Nyigisha', ubwo nzamurika Album ebyiri."

Nkomezi yavuze ko buri wse uzitabira iki gitaramo 'atazasubirayo uko yaje'. Ati "Kuri uriya munsi rero kuramya kuzahaba tuzaguhuza n'ijuru ku buryo buri wese azatahana ibye uriya munsi."

Yavuze ko yanditse indirimbo 'Nzakingura' ashingiye ku ijambo ry'Imana rigira riti "Nkunda abantu kandi abanshakana umwete bazambona. Nta na rimwe ntigeze nshaka Imana cyangwa nkomanga ngo Imana ireke gukingura, aho ngeze bitewe n'aho navuye, hari ibintu byinshi Imana yakinguye ku buzima bwanjye ari byo nshaka gusangiza abantu uriya munsi."

Muri iki gitaramo, Prosper Nkomezi azahurira ku rubyiniro na Gaby Kamanzi ndetse na Bosco Nshuti. Yavuze ko umwe yamutumiye muri iki gitaramo ashingiye ku butumwa buri mu ndirimbo ye, undi amutumira kubera uko amubona, imiririmbire ye no kubera ko abantu bamukumbuye ku rubyiniro.

Ateguye iki gitaramo mu gihe aherutse gushyira hanze indirmbo yise ' 'Ntujya uhinduka' imaze ukwezi kumwe.

Kuki atakoreye muri BK Arena?

Nkomezi yavuze ko buri wese utegura igitaramo aba afite intego n'abo ashaka kugezaho ubutumwa, bityo kuri we kuri iyi nshuro ntabwo byari ngombwa ko akorera muri BK Arena.

Igitaramo cye kizaba ku Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Yavuze ko nta muntu ukwiriye kugereranya abahanzi, kuko buri wese aba afite intego yo yubakiyeho umuziki n'aho ashaka kugeza ubutumwa bwe.

Ati "Hari igihe ushobora kubona umuntu yagiye muri BK Arena kuko afite ubushobozi bwinshi cyangwa se afite amafaranga. Ubwayo BK Arena irahenze, ntabwo ari ukuyitinya cyangwa kuyipimaho, ahubwo umuntu aba afite uko igitaramo cye kigomba kugenda. Niyo mpamvu nahisemo hano Camp Kigali.

Uyu muhanzi yavuze ko ibitaramo yakoreye mu gihugu cya Uganda, byamusigiye umubare munini w'abafana, ku buryo hari abazitabira igitaramo cye bavuye muri kiriya gihugu. 

Ashingira ku butumwa yagiye yakira, ndetse n'abantu bamaze kugura amatike yo kwinjira muri iki gitaramo. Ati "Barashaka kuza ngo bumve ibyo dufite hano."

Nkomezi yavuze ko yahuje kumurika Album ebyiri, ahanini bitewe n'uko Album 'Nzakingura' yayishyize hanze mu gihe cya Covid-19, bituma yiyemeza gutegura Album ya Gatatu yise 'Nyigisha' kugirango azazihurize hamwe azimurikire mu gihe kimwe.

Yatekereje kuva mu muziki!

Nkomezi yavuze ko imyaka ine ishize atari urugendo rwari ruharuye nk’uko buri wese yabyiyumvisha, kuko hari igihe cyabayeho ashaka kureka umuziki, ku mpamvu zirimo imijugujugu yatewe n’abantu banyuranye n'ubwo atabyerura neza.

Nkomezi yavuze ko yahuye n'ibicantege mu muziki ku buryo igihe cyageze akumva yava mu muziki. Avuga ko byari ibihe bikomeye kuri we, ku buryo yumvaga yaashyira akadomo ku rugendo rw'umuziki we.

Ati "Ni ibihe bikomeye nanyuzemo numvaga naniwe, numva ndashaka kubireka ariko ni naho havuye iriya ndirimbo 'Ntujya uhinduka'.

Yavuze ko iyi ndirimbo 'Ntujya uhinduka' yari amaze imyaka ine ayihimbye, bitewe n'ibihe yanyuzemo byari gutuma areka umuziki asanga ijyanye n'ibihe yarimo.

Uyu muhanzi avuga ko agace k'aho aririmba avuga ko Imana itajya ihinduka yagatekerejeho nyuma. Ati "Naravuze nti kuba Imana ikinkomeje, ikaba igikomeje kumpa umurimo wayo, reka ndirimbe indirimbo y'amashimwe, nibwo iriya ndirimbo yangarutsemo, ndavuga nti Imana ni iy'urukundo, ntabwo ishobora ku kurekura uko waba umeze kose. Ni ubuhamya burebure."

Yavuze ko umuziki ari ikintu cyagutse, abanyamuziki bahuriramo n'ibintu byinshi biri gucika intege, rimwe na rimwe akabiza impamvu yabyinjiyemo. 

Ati "Ukibaza uti iyo naririmba ibi bintu mba ndi kubicamo, ukumva umuziki wawuhagarika, ariko ni amajwi ya Satani. Imana yaguhamagaye izi impamvu yaguhaye impano."

Nkomezi yavuze ko abahuye n'ibicantege bigatuma bava mu muziki, bananiwe kwihanganira ibyo bigeragerazo cyangwa se igihe cy'abo cyo kuba mu muziki kikaba cyararangiye.

Yavuze ko ubwamamare ari ikintu gishira, bityo buri wese akwiye kubaho atekereza kuri ejo hazaza.

Nkomezi yigeze kubwira TNT ko yinjiye mu muziki kubera Marume we wacurangaga Piano. Ati “Nari mfite Marume wacurangaga Piano. Yangiriye inama yo gutangira umuziki nk’umuhanzi. Yambonye ndirimba, aranshima, iyo n’iyo yabaye intangiriro y’umuziki wanjye.”

Mu 2017, nibwo Nkomezi yasohoye indirimbo ye ya mbere yise ‘Sinzahwema’. Yarakunzwe bimutera imbaraga zo kurushaho mu rugendo rw’umuziki we.

Nkomezi yigeze kuvuga ko hari igihe cyageze indirimbo ze zikaririmbwa mu rusengero n’ahandi nawe ahari, ariko abantu ntibamenye ko ari ize.

Mu 2022, uyu muhanzi yaririmbye mu gitaramo cya Vestine na Dorcas. Mu 2023, yaririmbye mu bitaramo birimo icya Alex Dusabe, icyo yakoreye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ishami rya Huye n’ahandi.


Prosper Nkomezi yatangaje ko yashatse kuva mu muziki, ariko ashikama ku Mana yamenye


Nkomezi yavuze ko yahuje kumurika Album ebyiri kubera ibihe bya Covid-19 byakomye mu nkokora ibikorwa bye


Prosper Nkomezi yatangaje ko azifatanya na Bosco Nshuti mu gitaramo azakorera muri Camp Kigali 

Prosper Nkomezi yavuze ko yatumiye Gaby Kamanzi kubera indirimbo ze no kuba yari akumbuwe mu bitaramo

 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PROSPER NKOMEZI


KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NTUJYA UHINDUKA' YA PROSPER NKOMEZI

">
 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND