RURA
Kigali

GISA yirukanywe muri All Star Music Crew, naho Davis abinyujije muri ‘Biryogo’ashimangira ingufu n’ubushobozi bwayo - VIDEO

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:5/03/2015 18:24
3


Abanyamuziki Nizzo (Urban boys), hamwe na producer Gilbert(The Benjamins) ndetse na Piano, mu minsi mike ishize nibwo batangaje ko batangije umushinga ukomeye ugamije gufasha abahanzi bato bafite impano babinyujije mu cyo bise ‘ALL STARS MUSIC CREW’, mubo bari batangiranye hakaba hari harimo Aimee Blueston, Davis na Gisa cy’Inganzo.



Kuri ubu amakuru mashya aturuka muri iri tsinda aremeza ko bamaze kwirukana umuhanzi Gisa cy’Inganzo ku bw’imyitwarire ye yabananije cyane bagasanga badashobora gukomezanya nawe.Gusa ibikorwa byo birakomeje, aho nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo ‘Si intambara’ ya Aime Blueston bamaze no gushyira ahagaragara amashusho y’indirimbo ‘Biryogo’ aje ari ku rwego rushimishije.

Gisa

Gisa yirukanwe burundu mu muryango wa All Stars Music Crew

Ku ruhande rwa Davis werekeje muri All Star Music Crew avuye muri Decent entertainement aho yari yatangiriye, yadutangarije ko yishimiye ubushake bwo guteza imbere impano ye bugaragara ku bakuriye All Star Music Crew, by’umwihariko ashima cyane urwego amashusho y’indirimbo ye isohotse iriho aho yemeza ko igomba kuba video y’umwaka.

Reba amashusho y'indirimbo 'Biryogo'

Davis ati “ Video yanjye ndayishimiye cyane, ni video iri ku rwego mpuzamahanga, televiziyo yose yo muri Afrika mpamya ko yacaho cyangwa handi hose yanyura nziko yaba imeze neza cyane.Indirimbo nayise Biryogo kuko ni agace nakuriyemo, ikindi kandi niho hari industry y’umuziki cyane, kuba nayikorera indirimbo nicyo kintu numvaga nakwitura Biryogo.”

Davis yagaragaye bwa mbere hagati mu mwaka wa 2014 ubwo yashyiraga hanze amashusho y'indirimbo 'My Sweety'


all stars

All Star Music Crew iyobowe n'aba bagabo batatu:Nizzo, Piano na Gilbert

Nk’uko producer Gilbert yabidutangarije, muri All Star Music Crew ntaguhagarara,nyuma y’amashusho ya ‘Biryogo’ bamaze gukorera Davis, bagiye guhita bakurikizaho indi ndirimbo nshya ya Aime Blueston igomba gusohoka mu gihe cya vuba, icyo barangamiyeho akaba ari ugakabya inzozi zabo zo kugeza muzika nyarwanda ku ruhando rwa muzika mpuzamahanga.

Reba ikiganiro inyarwanda yagiranye na Nizzo, Piano na Gilbert ubwo twasuraga bwa mbere 'ALL STARS MUSIC CREW' aho batuye i Nyamirambo

Amashusho y'indirimbo 'Si intambara' ya Aime Blueston ni kimwe mu bikorwa All Star Music Crew batangiriyeho mu ntangiriro z'uyu mwaka wa 2015

Nizeyimana Selemani






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • omar 10 years ago
    kbsaaaa!!!!Nizzo nabajyenzibe bafite gahunda nziza ahubundi gisa nahanyagasani pe!!!!!
  • Umurerwa Ines10 years ago
    Mbanje kubashimira kubufatanye bwanyu muguteza muzika nyarwanda imbere no gufasha abana bakizamuka muri muzika nukuri icyemezo cyanyu nicyabantu babagabo mukomerezaho cyane cyane nshima Nizzo nka mukuru wabo utekereza barumuna be nukuri nibyiza caurage Imana ibahe gutera imbere mugikorwa cyanyu
  • niyitanga10 years ago
    muzasimbuze gisa umusore ushoboye witwa pedro someone



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND