RFL
Kigali

PMA batangije ishuri ryigisha abanyamideli bashaka kubigira umwuga mu Rwanda - Amafoto

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:4/04/2016 11:05
6


Ku mugaragaro, kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Mata 2016, nibwo hagaragajwe ishuri rya PMA ryigisha abanyamideli bifuza kuzabigira umwuga, iri shuri rikaba rije nyuma y’imyaka irenga 7 PMA( Premier Model Agence) ikorera mu Rwanda.



Nk'uko twabitangarijwe na Eric Birasa uhagarariye PMA hano mu Rwanda, ibyo batangije bitandukanye n’uko aba banyamideli bari basanzwe bitoza ndetse n'umusaruro babonaga, ubu noneho bahisemo gutangiza ishuri rya mbere mu Rwanda ryigisha ibijyanye no kumurika no kwerekana imideli.

Eric Birasa uhagarariye PMA yatangaje ko batangiranye abanyeshuri barenga 60, gusa bakaba bakiri kwandika abanyeshuri bashya. Ubwo batangizaga iri shuri ku mugaragaro babanje kugaragaza amateka n’ibigwi bya PMA kuburyo ari kimwe mu byateye abanyeshuri ingufu zo gukaza umurego mu kwiga kumurika imideli.

PMA

Abanyeshuri batangiye kwiga gutambuka

Bimwe mu bigwi abanyeshuri basabwe kuzirikana, ni uko PMA imaze gutanga ba nyampinga b’u Rwanda 3 muri 5 bamaze gutorwa, aha bakaba basobanuye ko Miss Aurore Kayibanda, Miss Mutesi Jolly na Miss Colombe Akiwacu bose babarizwaga muri PMA, usibye aba ba nyampinga hakaba hari n’ibisonga ndetse na benshi muri ba nyampinga ba za kaminuza ziri mu Rwanda.

PMA

Gisele wigeze kwitabira amarushanwa ya Miss Rwanda nawe yaje kwiga gutambuka

Eric Birasa uhagarariye PMA, yongeye gusaba abanyarwanda gufasha abana babo kwitabira ibikorwa byo kwiga kumurika imideli cyane ko nawo ari umwe mu myuga ishobora gutunga uwukora bityo ababyeyi ndetse n’undi muntu wese akaba yafasha umwana we gukabya inzozi agakora ibyo akunda nk’umunyamideli.

PMA

Umwe mubigisha aba banyeshuri gutambuka

Abanyeshuri bifuza kwiga ibijyanye no kumurika imideri, kwiyandikisha birakomeje aho basabwa kujya kwiyandikishiriza ku iduka ry'imyenda rya Ian Boutique riherereye mu nyubako y'isoko rishya rya Nyarugenge, cyangwa bagahamagara kuri telefone igendanwa numero 0788425242. 

Reba Andi mafoto ubwo bigaga gutambuka:

PMAAbanyeshuri muri rusange baje kwiga kumurika imideri

PMAUndi wigisha aba bana gutambuka

PMAPMAPMA

Abanyeshuri batandukanye biga gutambuka






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Ibi bintu babyeyi nimudakurikirana abana banyu muraza kureba icyo bivamo? Nigute umwana wumukobwa urangije secondaire yirirwa ahantu utazi ngo yagiye kwiga gutambuka. Jye ibi bintu mbona bikwiye gukurikiranwa kuko usanga ari abantu binsoresore nabakobwa badafite identité cg diplome zizwi cg imyitwarire ihamye
  • navy8 years ago
    igitekerezo cyawe woe watanze kibaye imfabusa kuko burya mubyo wavuze wabivuganye ikinyabupfura gicye knd niyo identite uvuga niwoe utayifite uyishaka nayomashuri uvuga harabatayafite ark bakurusha umuco kuko uvuga knd cyafasha abanyarwanda muri rusange utagendeye kubyukunda cg wiyumvisha
  • 8 years ago
    Ariko niba ubabajwe nigitekerezo yatanze kuki wowe navy utukana, jye ntaho numvise atukana kd dushunguye koko wasanga birimo amakenga
  • nyirarukundo olive 8 years ago
    Nibyiza nonese kurinjyamo bisabiki bishyura angahe nonese birashoboka kumunyeshuri utararangiza yabinjyamo bagendera kuki bisaba imyaka ingahe cyangwa metero zingahe murakoze
  • NtibikurebA8 years ago
    yewe munut wo hejuru yanjye, nagirango nkwibwirire ko ibi bintu biziye igihe ku bana bacu. kuko bari babicyeneye kukobamwe muribo baba bafite izi mpano ariko batazi aho bazinogereza neza. rero woe nimba uba mu mandazi baguhe nikivuguto usomeze. rwoseuh ibyo uvuze aho ubikuye. harya ngo insoresore??? yiii koko umubyeyi urarebye ubona ba Dady de Maximo ntacyo bibamariye, buriya ntibabayeho neza ra?? cg uracyafite ya myumvire??? wisubireho pe.
  • 8 years ago
    ndasetse pe, umwana yirirwa aho utazi se, ishuri ntirigira addresse? ikindi umwana niba yagiye kwiga ni kimwe nuko yajya kwiga nahandi hasanzwe, kuko naho abahungu barahiga. ubwo se uzamuvana mwishuri ngo adahura nabahungu ko numva aribo baguteye ubwoba? niba uri umubyeyi ukwiye kuyobora umwana wawe ndetse ukamugirira icyizere, si non uzamuvanga kdi azakugira responsable yabyo.





Inyarwanda BACKGROUND