RFL
Kigali

Viva Beat Band yaryohereje abasohokeye muri White Club

Yanditswe na: Editor
Taliki:2/11/2019 16:05
0


Viva Beat Band itsinda ry’abacuranzi n’abaririmbyi rikorera muri White Club ryaryohereje abakunzi b’umuziki basohokeye muri aka kabari ku wa mu ijoro ryo ku wa Gatanu.



White Club iherereye Kimironko mu mujyi wa Kigali iruhande rwa Simba Super Market ahahoze Rosty, imaze kuba igicumbi cy’imyidagaduro itandukanye mu rwego rwo kunezeza abakiriya bayo.

Ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu buri cyumweru, haba hari umuziki w’umwimerere, aho uba ucurangwa n’itsinda rigizwe n’abacuranzi b’abarundi rya Viva Beat Band, bafite ubuhanga bwo gusubiramo indirimbo bikaryoha no kurusha ba nyirazo.

Iri tsinda rigizwe n’abacuranzi n’abaririmbyi batandukanye, ryibanda ku ndirimbo zitandukanye haba izikunzwe n’izakunzwe mu njyana zose. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu baririmbye indirimbo nyinshi harimo izo muri Nigeria zahimbwe n’abahanzi bakomeye nka Burnaboy, Patoranking, Tekno n’abandi benshi.

Bageze muri Tanzania baririmba iziganjemo iza Diamond Platnumz nka “Kanyaga”, “Kwangaru”, ubundi bakikoza i Burundi bagasubiramo iza Kidumu, bakazamuka mu Rwanda bagacishamo iza Bruce Melodie n’abandi benshi ku buryo umuntu wese yagiraga umuziki yisangamo  bitewe n’ibyo akunda.

Viva Beat Band irakomeza gucurangira muri White Club mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu, nabwo bakomeza gushimisha abakunzi b’umuziki.

Muri White Club ni hantu honyine muri Kigali udashobora kwicwa n’irungu mu gihe wahasohokeye. Buri wa gatatu haba hari Karaoke ikorwa na Momo na Eric Garben ndetse na buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi habera ibirori bya Silent Disco bikunzwe cyane.

Bategura amafunguro aryoshye, yihariye kandi ku giciro utapfa gusanga ahandi. Akandi karusho ni uko iyo umuntu wahasohokeye anyweye inzoga kandi yajyanye ikinyabiziga, bamuha umushoferi w’ubuntu umugeza iwe amahoro.





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND