Kigali

"Birababaje kubona umuntu nka Kagambage ashyingurwa mu rutoki" Gatsinzi Aimable babanye mu nzu

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:10/10/2019 14:05
9


Niba warigeze utaha ubukwe inshuro imwe mu Rwanda nta gushidikanya ko mu ndirimbo zacuranzwe icyo gihe harimo imwe mu ndirimbo z’umuhanzi w’umunyabigwi wakanyujijeho mu bihe byahise ari we Kagambage Alexandre.



Inyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe n’ubu zigikoreshwa kenshi harimi iyi “Umutoni”, “Cyura Impundu”, “Nyabire Yanjye”, “Nizera Wowe Gusa” n’izindi nyinshi. Kagambage Alexandre wanditse umurundo w’indirimbo zimeze nk’inkoranya y’imitoma ntabwo akiri ku Isi kuko yitabye Imana mu mwaka w'2005 azize indwara y’umwijima.

Indirimbo ze ziri mu mitwe ya benshi ariko abataragize amahirwe yo kumumenya akiri muzima ntibazi niba yari inzobe cyangwa igikara, abyibushye cyangwa ananutse cyangwa se niba yari ingaragu cyangwa yarasize abana.

INYARWANDA yamenye uwitwa Gatsinzi Aimable bakoranye kuva mu 1996 kugeza yitabye Imana ndetse bakaba barabanye mu nzu imwe igihe kitari gito, maze atubwira amwe mu mateka ye.

Gatsinzi Aimable wahoze ari mu ngabo z’u Rwanda yatubwiye ko yakundaga indirimbo z’uyu muhanzi yiyemeza kumusaba ko bakorana nawe ntiyatinda kumwemerera. Yamufashaga kuririmba mu bitaramo bitandukanye ariko cyane cyane mu bukwe kuko ari ho batumirwaga cyane.

Gatsinzi avuga ko Kagambage yari ‘umugabo mwiza witonda, ukunda Imana'. Saa kumi n’ebyiri yabaga yageze mu rusengero. Yasengeraga hariya kwa Karoli Luanga i Nyamirambo. Yari umukirisitu cyane kuko n’indirimbo ze za mbere zari iz’Imana.’

Kagambage wagize ibihe bidasanzwe byo kugira igikundiro, ngo yakunzwe n’abakobwa mu buryo bw’ikirenga ariko uburyo yakundaga Imana byatumye atabaha umwanya dore ko yitabye Imana ataranashaka.

Gatsinzi ati “Kagambage abakobwa baramukundaga cyane ariko we yari afitemo ikintu cy’igifurere cyane n’impanga ye ni uko (Kagame Alexis). Yitabye Imana yaranyeretse uwo bateganyaga kurushinga.”

Kuko babanye mu nzu imwe igihe kitari gito ikintu cya mbere amwibukiraho ni uburyo yajyaga amubyutsa mu gicuku ngo bahimbe indirimbo ubwo inganzo yabaga imufashe, kugira ngo batazayibagirwa.

Mu minsi ya nyuma ya Kagambage yafashwe na Malaria nyuma abaganga baza gusanga afite n’uburwayi bw’umwijima ari nabwo bwamuhitanye. Yapfuye bari gupanga gukora volume ya munani akanafasha uyu mugabo gutangira gushyira hanze indirimbo ze.

Umunsi Kagambage yitaba Imana ntabwo Gatsinzi yari mu gihugu kuko hari ubutumwa bw’akazi yari yaragiyemo hanze y’u Rwanda, ngo yababajwe no kuba atarabashije kumushyingura.

Ikibabaje kurenza ibyo ni uburyo uyu muhanzi wakunzwe n’ibisekuru bitandukanye yashyinguwe mu buryo butamuhesha agaciro yari afite kuko yashyinguwe ahantu mu rutoki ubu imva ye ikaba yararengewe n’amashara.

Ati “ Ni ukuri birababaje. Umuntu nka Kagambage ntabwo yari akwiye gushyingurwa mu rutoki kuriya imva ye ibe iri aha nta n’ikintu kigaragaza ko ari umuntu nka Kagambage wahashyinguwe, abantu kugeza uyu munsi bacyumva indirimbo ze.”

Ubundi ubwo Kagambage yashyingurwaga uwari Minisitiri w’Umuco na Siporo, Joseph Habineza yari yiyemeje ko bazafasha umuryango we gutunganya iyi mva ariko ntibyakozwe, ndetse bagerageje kubyirukaho ariko ntibyagira icyo bitanga.

Gatsinzi afatanyije n’abo bakoranye bakiriho n’abo mu muryango wa Kagambage batekereza gukora igitaramo cyo kumwibuka, amafaranga azavamo akazakoreshwa mu gutunganya imva ye andi agafashishwa umuryango we. 

Gatsinzi Aimable yabanye na Kagambage igihe kinini

Gatsinzi Aimable aririmba mu bukwe indirimbo za Kagambage

Kagambage yashyinguwe mu rutoki (uri ku ifoto ni umuvandimwe we)

REBA IKIGANIRO KIRAMBUYE TWAGIRANYE NA GATSINZI AIMABLE







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Oscar5 years ago
    ni byiza cyane ubwo izi phone ziri gukorerwa mu Rwanda.ndasaba abayobozi b'uruganda maraphone ko bazakora phone zigura amafaranga macye kugirango abanyarwanda bose bashobore kugura phone.imana ikomeze ibarinde.
  • Mutesi ange5 years ago
    birakabijekambix umuntu wubanshye ushyingurwa murutocyi nuko iterembereryaje uhubundi byaribikaje sawa mugire ijororyiza ndabakunda
  • Nyirigira Shaban5 years ago
    Nibyo koko Aimable yari inshuti ya Kagambage ya hafi cyane dore ko nanjye twacuranganye Muri orchestre ye
  • Twajamahoro Regis5 years ago
    Ndabasaba ko mwampuza na Gatsinzi Aimable.(Wtsp yanjye) +971557308795
  • Nunu5 years ago
    yooo birabanaje kuba atarashyinguwe mucyubahiro najyaga mwumca nkamukumbura ntamuzi indirimboze zuje ubuhanga komeza uruhukire mumahoro wa ntore we.
  • Rulinda tony5 years ago
    Vraiment birababaje NK'umunyabigwi(star) gushyingurwa murubwo buryo izi TV zaje zikenewe tugiye kumukorera ubuvugizi
  • Teta5 years ago
    Yooo ndabavaye twari duturanye mvuye kwishuri numva inkuru mbi koyitabye Imana ariko sinarinziko yashyinguwe murutoki,RIP Gihanganjye
  • Hitimana Eric PAcifique5 years ago
    Ntibikwiyeko Umuntu Nka Kagambage Ashyingurwa Murutoki Pe! Birababaje Nukuri Ntabikorwa Yasize Ngo Bimuherekeze?.
  • Isuku igira isooko5 years ago
    Twababajywe cyane n'urupfu rwa KAGAMBAGE Alexandre, ▪︎Kubona atarigeze ashyingurwa nk'umuntu wagize umumaro muri société nyarwanda. ▪︎Kubona wowe wiyita ko mwabanye kdi ukaba ukoresha ibihangano bye ntaburenganzira wabiherewe n'umuryaango we (??) ▪︎Wasanga ari wowe bakoresheje ukamuha ka racine cyane ko ubyivugira ko mwabanye. ▪︎Imana izabitura mwese mwakoze nabi



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND