FPR
RFL
Kigali

Prophet Sultan Eric yavuze ku byo ashinjwa byo guhanurira Sano Olivier ngo yange umukobwa uba muri Amerika bari bagiye kurushinga

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:3/08/2019 14:35
33


Muri iyi minsi inkuru ishyushye mu bakurikirana imyidagaduro by’umwihariko ya Gospel ni inkuru y’umuhanzi Sano Olivier watandukanye n’umukunzi we uba muri Amerika nyamara bari bamaze imyaka itatu bakundana ndetse bamaze amezi macye bavuye gusezerana mu murenge. Prophet Sultan Eric ashinjwa kuba ari we wahanuriye Sano kureka ubukwe.



Amakuru agera ku Inyarwanda.com ahamya ko umuhanzi Sano Olivier mu myaka itatu yari amaranye na Uwera Carine uzwi nka Cadette byibuza uyu mukobwa yari amaze gutanga miliyoni nka mirongo itatu z'amanyarwanda (30,000,000Frw) kuri uyu musore, harimo ikibanza baguze nyuma umusore akakigurisha miliyoni umunani, imodoka ifite agaciro ka miliyoni 13 yari yaraguriwe n'umukobwa. Binavugwa ko hari amafaranga hafi miliyoni 10 umukobwa yahaye Sano ngo ayabike bazakoreshe mu bukwe bwabo.

Nyuma yo kuva gusezerana ku murenge mu mezi atatu ashize, mu minsi ishize ni bwo umwuka mubi watangiye gututumba hagati y'aba bombi baniteguraga kurushinga muri uyu mwaka. Nyuma umuhungu yahagaritse kuvugana n’uwari umugore we. Sano yashinjije uyu mukobwa amakosa icumi amubwira ko ariyo yatumye afata umwanzuro wo kutabana n'uyu mukobwa. Ibi byatumye umukobwa kwihangana bimunanira ibyari ibanga ry’urugo risakara gutyo dore ko yahamyaga ko abeshyewe bikomeye n'uwari umukunzi we.

Uyu mukobwa asubiza uyu musore mu majwi yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga yasabye uyu musore kumusubiza ibyo yamutanzeho ndetse bakanatandukana mu mahoro. Iyi nkuru ikijya hanze hadutse umukobwa tutabashije kumenya amazina ye watangaje ko ibyabaye byose ari ibintu Prophet Sultan Eric yari yahanuriye uyu musore Sano Olivier usanzwe ari umukristo mu itorero ry'uyu mupasiteri.

Uyu mukobwa yatangaje ko Sano Olivier yakoze ibi abifashijwemo na Prophet Sultan Eric. Yavuze ko wa Kabiri tariki 30 Nyakanga 2019 ari bwo Prophet Sultan yahanuriye Sano ibijyanye no kuba yahagarika ubukwe. Uyu mukobwa ahamya ko Sano Olivier nyuma yaje gushaka kumutereta none akaba abonye ibyo akoze umukobwa bakundanaga. Uyu mutangabuhamya utamenyekanye yumvikanye ashinja ubuhemu Prophet Sultan ndetse na Sano Olivier.

SanoSano yari yaremeranyije na Cadette kubana akaramata

Mu kiganiro Inyarwanda.com yagiranye na Prophet Sultan, uyu mupasiteri yatangaje ko ku munsi uyu mutangabuhamya yatangaje, Sano Olivier atari yanitabiriye amateraniro. Prophet Sultan yagize ati”Sano ni inshuti yanjye rwose ariko nta byinshi ku rugo rwe nari nzi. Sinari nzi byinshi ku bukwe bwe rwose n’umukobwa bagombaga kubana ntiyigeze amumuganirizaho, none se wahanura ibintu utigeze unatekereza? Si byo rwose sinigeze mpanura ibyo bintu. Icyakora hari igihe umuntu aguhimbira ibintu ukagira ngo byibuza byaranabaye urabyibagirwa. Si byo rwose, si byo kuko sindavugana na rimwe na Sano kuri gahunda z’ubukwe bwe.”

Prophet Eric Sultan yakomeje ahakana ibyo kuba yari azi byinshi ku bukwe bwa Sano Olivier cyane ko ngo nubwo ari inshuti zikomeye ariko batigeze baganira ku bukwe bw’uyu musore. Icyakora ku rundi ruhande avuga ko yagombaga kumutahira ubukwe (gusezerana mu murenge), biza kumunanira kuko ngo yagize akazi kenshi. Prophet Sultan yagize ati “Ahantu wenda nari kubimenyera sinigeze nanamuherekeza mu murenge kandi nyamara ariho twagombaga kujyana, icyo gihe nagize akazi kenshi bituma ntamuherekeza rwose.”


Prophet Sultan yahakanye yivuye inyuma ibyo ashinjwa byo guhanurira Sano

Prophet Sultan uyobora itorero rya ‘River Of Joy and Hope Ministries’ ryahoze ryitwa ‘Zeal of the Gospel’ ari naryo Sano Olivier abarizwamo muri iyi minsi, yahakanye ibyo kuba yarahanuriye Sano Olivier ngo areke gukora ubukwe na Uwera Carine uzwi nka Cadette. Ahamya ko bamubeshyeye ikinyoma cyambaye ubusa. Icyakora yavuze ko Sano Olivier ari inshuti ye magara. Prophet Sultan ni umwe mu bapasiteri bazwi cyane mu Rwanda. Abakristo be bamufata nk'umuhanuzi w'ukuri u Rwanda rufite. 

Prosphet Sultan yamenyekanye cyane bivuye ku guhanurira abakristo be buri umwe akabanza kwishyura 10,000Frw, naho umushyitsi akishyura 20,000Frw. Ikindi uyu mupasiteri azwiho ni inyigisho zivuga ku 'Ubuntu' akunze kwigisha aho abwiriza ko Yesu yatanze imbabazi z'ibyaha byose abantu bakoze mu gihe cyashize, ibyo bakora ubu n'ibyo bazakora, bityo ngo nta mpamvu yo gusaba imbabazi ndetse anavuga ko abasaba imbabazi batazajya mu ijuru.


Sano Olivier yari aherutse kurahira imbere y'amategeko ko yemeye kuba umugabo wa Carine Uwera, hadaciye kabiri ubukwe bwahise bupfa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mwenimana4 years ago
    Agahuru k'imbwa karaza gushya aho bukera nonese uwo mutekamutwe ngo ni Sultan arinda abihakana yabikoze tudahari ? Cg nirwo rugo rwambere yaba asenye ? Azabeshye abatamuzi !
  • Lord lord 4 years ago
    Hhhhhh Uwo ngirwa mukozi w'Imana n'umubeshyi kuva kera suwo wenyine yiciye ubuzima hari nuwo yabwiye ngo agurishe inzu imwe rukumbi yarafite ngo amukureho umuvumo umuriho ubu ntagira aho aba kubera uwo muhemu ngo ni Sultan ndahamya ko ari umushinga yashinze wo kunyaga abantu akoreshe ubwescro bwitwaje Imana Abayobozi rwose batabare abanyarwanda.
  • Uhiriwe4 years ago
    Egokooo uyu mukobwa abeshya bisekeje! Nonese ko Sano asengera muri Christ Embassy akuyehe ko asengera Nyamirambo, uyu mukobwa arabeshya pe,
  • Nkusi Norbert4 years ago
    Nyumvira kandi ati sinari nzi ibyubukwe bwe hanyuma kandi ati nagombaga kumuherekeza ngira izindi gahunda! Nonese yari kumuherekeza mubyo atazi? Ariko ntagitangaza in go zose zubakiye kubuhanuzi bw'ibinyoma ntiziramba kuko ababihanura baba babifitemo inyungu! Ntibyumvikana umuntu wita inshuti yawe tena ubereye umushumba ukuntu agira ubukwe utabizi wenda iyo ushaka ikindi ubeshya ariko ntuvugeko utari ubizi.
  • Pastor Ntore Abias4 years ago
    Yesu ashimwe sinarinkunze kwandika ariko iyonkuru nyikuyemo isoma. Ni gute umuvugabutumwa yemera ko Sano arinshuti ye ikomeye ntamenye ibye birimo nubukwe numugore we bavuye gusezerana imbere yamategeko. Ati sinahanura ibintu ntatekerejeho!!!! Yooo ese bakozi bimana umuhanuzi ahanura ibyo yatekerejeho cyangwa ahanura ibyo yatumwe nimana. Musabire abahanuzi bikigihe bage bahanura ibyo batumwe na mmwuka muziranenge.
  • Washington 4 years ago
    Ibaze ataba umwesro se noneho yagasengeye indaya ze ngo nibo ba pasteur be yirukanye babapasteur bazima kuko bamubujije guca inyuma umugore we adashaka no kugaragaza mubantu
  • Deon Shema4 years ago
    uyu sultan na Muhirwa Eric bakomeje kuyobya abantu.izi nyigisho bigisha abantu ngo nta byaha Imana ibona Mu isi zirimbuje benshi
  • Gitego4 years ago
    Ariko aba Bantu koko basenya ingo z'abandi, bashuka abantu ngo bagurishe utwabo,.....leta ijye ibakurikirana pe! Ibi bihanwa n'amategeko ni ubwambuzi bushukana.
  • Gihozo4 years ago
    Ikindi ntawamenya ibyabantu babiri bakundana cg babanye ubundi baravuga ngwabavandimwe nibavumbika akarenge uzakuremo akawe kuko isaha nisaha basubirana akabariwowe useba ikindi mwivuga umukozi wimana nabi kuko ibihamya birahari byemeza kwarumuhanuzi wukuri numwe mubahanuzi 10 imana yahayurwanda
  • Gihozo kami4 years ago
    Yesu ashimwe nyamara bantu mukoresha izimbuga mujye mwitonda munashishoze mbereyokuvuga ese uwo sano kwatari numu christo wa sultan cyakoze cyo yaje kuharirimba nkuko nizindi nsengero zose zitumira abahanzi ba gospo ego nubwo prophet yavuze kwarincuti incuti ntizibwirana byose nuwo mwasezeranye ntumubwira byose nkanswe paster wae umunsi uriya muhungu aza kuririmba ntanubuhanuzi bamuhaye muri church ibyomuvugabyose nibinyoma
  • Niriyega4 years ago
    Noriyega Aug 05,2019 uyu sultan nafatwe afungwe kko ibi nubuhemu arasebya ivugabutumwa nyarwanda abeshya ngo numuhanuzi.ntamuhanuzi uhanura ibyo yabanje gutekerezaho oyaa ahanura ibyo umwuka amutegeka
  • Igor4 years ago
    Uyu mwana w'umukobwa yarambabaje cyane maze kumva inkuru ye. Cyakora uwo musore ngo ni Sano uwo umuvumo yikururiye uzamuta mu muriro utazima natihana...amarira numvise yuwo mukobwa azatuma wangara..Imana izaguhana nawe wumve, uwo muhanuzi w'ibinyoma, umukozi wa shitani Sultan Eric we Imana izamuhana yihanukiriye nawe arabizi ko ari umukozi wa shitani kimwe nabandi bahanuzi b'ibinyoma bamaze kugwira mu Rwanda. Watch out people of Rwanda..Umva kwinyuramo ngo ntiyahanura ibyo atatekereje....kweri???? Ngo Sano n'ishuti magara bla bla bla nagomba kumuherekeza gusezerana mu murenge ariko ntabwo nzi iby'ubukwe bwe..umuswa gusa w'umutekamutwe sinzi impamvu police itagufunga wowe kuko ingo umaze gusenya ntizigira umubare. Umuriro niwo ugutegereje wowe kimwe nabandi nkawe.
  • Mbarushimana robert4 years ago
    Aha ntibyoroshye gusa abanyarwanda tumenye ubwenge. Ntago umuhanuzi wukuri ahanura ibyo yatekereje ahubwo arindira ibyo abwirwa cg akerekwa n,Imana kko ariyo imukoresha. Knd njy ndanenga sano cyane ntamukozi w,Imana wakitwaye kuriya.
  • FightNicolayitisultan4 years ago
    Ibi natangiye kuva kera mbibabwira nti muhaguruke turwanye escro sultan, none namwe mutangiye kubona ubwescro bwe. Sultan ni umwescro kabuhariwe rwose leta y' u rwanda nigerageze imufatire ibihano. Njyewe yarantuburiye rimwe, amaze kunsaba gutanga imbuto ya 150,000 Rwf ( ndayamuha). Arambwira ngo aya mafaranga nawe ntabwo ayarya ngo kuko ayagabana n'umu master we umuha imbaraga zikora ubwo bwescro, arambwira ngo niba mbishaka nanjye mubwire ambera master ngo njye nkora ibitangaza nk'ibyo akora. Imana ishimwe ko yandokoye ikampa agakiza. Mana yo mu ijuru urareba kandi urumva, dukize sultani kandi ibyo akora byose ntuzabure kubishyira ahagaragara. Sultan wabishaka wakwihana kuko ubu Imana irimo kuguha warning, yarakuretse ugira ngo muhwanyije ubwenge, uzarangira nabi kandi isi yose izamenya ubwescro bwawe. Imana ikubabarire kandi icyampa abantu bose bakajijuka bakamenya ko uri igikoresho cya satani cyuzuye maze bagasanga Yesu akabaruhura.
  • Nkurunziza Eric4 years ago
    Turasaba reta kurenganura Carine Kuko arumugorewe bizwi mu mategeko yi gihungu Sano asubize ibintu byose yawe imodoka, ni kibaza, nu muhemu cyane
  • Richard4 years ago
    Sultan Mumureke Niba Byarakunze Gushuka Sano Bikemera, Nubundi Sano Ntagahunda Yari Afite. Jye Numvishe Agahinda Cadette Afite Nsanga Abasore Nka Sano Ari Intumwa Za Shitani, Ntambabazi Bagira Ntanubwenge Bakwiye Kumanikwa.
  • Imana ishimwe 4 years ago
    Uyu mugabo akurikiranwe n'inzego zibishinzwe. Kuko byonyine ibyo yigisha urumvako ari ibinyoma. Ngo twarababariwe kweli!! Ngo ntabwo tugomba gusaba imbabazi?? Mbega mbega ubugome bwo kuyobya abantu!!! Uzashya wumve wa mutekamutwe. Gusa amarira uteje uriya mwana w'umukobwa umusenyera urugo azakubarweho. Ur'umunyenda nini nubwo mbona utabigaragaza ko urya.puuuu
  • Unstoppable4 years ago
    Sano Olivier mu by'ukuri ku bamuzi ntabwo ari umukristo wa Prophet Sultan Eric cyakora ni incuti ye kuko babanye muri Christ Embassy mu myaka yashize. abantu bakunda byacitse kandi bihutira kuvuga ibyo badafitiye gihamya. Ibyo rwose ntabyo yigeze ahanura mu materaniro kuko njyewe sinjya nsiba iminsi yose mba mpari ntabyo nigeze numva ndetse nta nubwo Sano yigeze aza kuhasengera kuwa Kabiri nk'uko uwo mukobwa yabivuze. Gusa iyo umuntu amaze kuzamuka agira abanzi benshi yewe n'abatamuzi. Gusa byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza ubu rwose pasteur wacu agiye kuzamuka nanone kuko iteka iyo avuzwe nabi ni bwo ahita ajya ku rundi rwego.
  • mukiza4 years ago
    Sultan ni umubeshyi kweli tekereza ati Sano ni inshuti yanjye cyane nagombaga no kumuherekeza mumurenge ngira akazi kenshi ntibyankundi yarangiza ati ari ubukwe bwe ari na fiance we byose ntacyo nigeze mbimenyaho ibi se ubwo bihuriye he ? Uzatinye umutipe wabonye kwescroka abantu ababwira ko abajyana ikuzimu bimupfubanye agahitamo guhindura umuvuno ati ndabajyana mwijuru aba ashinze urusengero aba aretse amazina ye nyakuri (Munyemana Eric) ati nitwa ( Sultan Eric) Uyu ni igisambo cy'ingufu ahubwo inzego z'ubugenzacyaha zikwiye gukurikirana iki gisambo kimaze ingo z'abantu kizisenya kibescroka kikabarya imitungo yabo kitwa izina ry'Imana
  • byiringiro jluc4 years ago
    Uyu mu paster ni uminyabinyoma kbs gusa sinzi nababayoboka icyo bashingiraho. Yesu kristo ibitangaza yakoze byose byari ubuntu arko we utishyuye ntacyo mwavugana. Kuko umuntu nkuyu uhakana gusaba imbabazi Ku munyabyaha sha ni gehinomu yigendera ubundi izi ni inkovu zibyaha baba barakoze ziba zibarya. Yesu ati muzabamenyera Ku mbuto zabo. Ntabgazwa nabantu bajua gusengera ahantu nkaha ngo bazabona amahoro. Mbafitiye impihww nyinshi barambabaje kuko bari mu nzira yo kurimbuka. Yesu kristo ntaho byanditse ko yababariye abantu ibyaha byashize n'ibyahazaza kuko byatuma abantu birara bagakora ibyaha nkana. Yesu ababarira abasabye imbabazi kdi abababarira ibyo bakoze ibyo bazakora ntago abibababarira buri kintu kigira igihe cyacyo.





Inyarwanda BACKGROUND