RURA
Kigali

Mu gitaramo cy’urwenya rwa Rutura, Ben Nganji na Seburikoko abantu buzuye babura aho bicara-Amafoto

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:31/12/2016 10:49
4


Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Ukuboza 2016 i Gikondo muri Ambassadors Park habereye igitaramo cy’urwenya cyahuriyemo abanyarwenya bakunzwe Hano mu Rwanda aribo Rutura (Nkusi Arthur), Seburikoko (Niyitegeka Gratien) na Ben Nganji. Abitabiriye iki gitaramo bakubise baruzura imyanya yo kwicaramo irashira abandi barahagarara.



Iki gitaramo cyatangiye isaa moya z'umugoroba cyari cyitabiriwe cyane nubwo ibiciro byo kwinjira byari byihagazeho dore ko itike isanzwe byari ibihumbi bitatu naho mu myanya y’icyubahiro bikaba ibihumbi bitanu, abantu buzuye hakiri kare bituma igitaramo gitangira kare ndetse kirangirira no ku masaha yateganyijwe.

Ubwo iki gitaramo cyatangiraga haherewe ku bana bakizamuka muri uyu mwuga wo gusetsa maze ku ikubitiro haza uwitwa Mercy ari nabwo bwa mbere yarakoze igitaramo cyo gusetsa, uyu musore yashimishije abantu, hakurikiraho uwitwa Josua umaze kumenyera uyu mwuga dore ko cyari igitaramo cye cya kane akoze.

Nyuma y’aba bana hatangiye noneho ababigize umwuga cyangwa ababifitemo uburambe, aha ku ikubitiro hatangiye Arthur kuko ari nawe wari uyoboye ibi birori, hakurikiraho Gratien (Seburikoko) nyuma ye hahita hajyaho Ben Nganji, aba bose basekeje abantu karahava.

Seburikoko na Ben Nganji badukanye uburyo bwo gusetsa baririmbira abantu dore ko aba bombi bamaze kwinjira muri muzika bityo bakaba bafite umwihariko wo gusetsa abantu babaririmbira mu ndirimbo zicuranze ku buryo bwa Live.

Ubwo iki gitaramo cyari gihumuje aba banyarwenya barahiriye imbere y’abafana ko bagiye gukomeza kwihuriza hamwe mu rwego rwo kuzamura impano yo gusetsa mu Rwanda ndetse abantu bakaba bagiye kubabona kenshi mu bitaramo binyuranye.

REBA AMAFOTO:

mercyUmunyarwenya mushya Mercy niwe watangiye asusurutsa abantujosuaUmunyarwenya ukizamuka Josua nawe yigaragajemucomaNtawishwe n'inzaraabafanaAbafana bari bakubise buzuye abandi bahagazeabafanaInyuma imyanya yabashiranye barahagazefotoAbakobwa nabo bahagurukiye imirimo nk'iyi, uyu ari ku kaziseburikokoSeburikoko yinjiye acuranga

seburikoko

seburikokoseburikokoseburikokoSeburikoko yasekeje abantu mu buryo butandukanye ariko akakuyeho abantu ni ukuntu yateraga urwenya yicaranye icupa ku mutwe akarihagurukanaben nganjiben nganjiBen Nganji nawe yinjiriye mu muziki abanza kunyurizaho abantuben nganjiYinjiye mu gusetsa abantu akoresheje inkirigitoBen Nganjiben nganjiAsetsa abantu abatangaho ingero

arthurarthurarthurarthurArthur mu bihe binyuranye ubwo yasetsaga abantuabafanaAbantu kwihangana byanze baraseka kubera urwenya aba bagabo babateraga muri iki gitaramourwenyaBasezeranyije abantu gukomeza kubategurira ibitaramo bakabasetsa mu bitaramo byinshi

AMAFOTO: Lewis






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Nadine8 years ago
    Twishimye pe muzongere turabakunda cyaneee
  • Nzitoni8 years ago
    Uyu mutype bita ben inganji arasa na chamillionaire w'umunyamerika.
  • Mimi8 years ago
    congz Mercy komeza ujyere kure
  • beline8 years ago
    wow congs Arthur, uzi ubwenge no kwigarurira imitima y abantu bose Imana ikuze impano yawe n' ubwenge...



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND