Mu gihe Bayern Munich yarwanye kugera ku isagonda rya nyuma ngo igere muri 1/8 cya UEFA Champions League siko byagenze kuri AC Milan kuko yo yasezerewe na Feynood.
Bayern Munich yongeye kwerekana ko ari ikipe
ikomeye nyuma yo gutsinda Celtic igitego ku munota wa 94’ cyabonetse binyuze
kuri Alphonso Davies, gihesha iyi kipe itike yo kujya muri 1/16 cya UEFA
Champions League.
Uyu mukino
wabereye kuri Allianz Arena, wari ugoye cyane kuri Bayern, kuko yatsinzwe
igitego cya mbere na Nicolas Kühn, byatumye ikipe y’Abadage ijya ku gitutu cyo gukina
ishaka uko yakwishyura. Celtic yari yakoze ibishoboka byose kugira ngo yandike
amateka mashya, ariko ntibyabahiriye.
Ikipe yo muri Scotland yatangiye umukino
ikora ibishoboka byose ngo ibone igitego kare. Ku munota wa 20, Nicolas Kühn
yabonye amahirwe meza nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Jota, ariko Raphael
Guerreiro akuraho umupira wari ugiye mu izamu.
Mu masegonda macye, Kühn
yongeye gutanga umupira mwiza imbere y’izamu rya Bayern, ariko Maeda ntiyabasha
kuwushyira mu rushundura. Bayern nayo yagize amahirwe make, kuko Harry Kane
yateye ishoti rikomeye mbere y’uko igice cya mbere kirangira, ariko umupira
ukubita umutambiko w’izamu.
Nyuma yo kuva mu karuhuko, Bayern Munich
yakomeje gushakisha igitego, ariko yisanga iri ku gitutu gikomeye. Ku munota wa
60, Joshua Kimmich na Kim Min-Jae bakoze ikosa rikomeye mu bwugarizi, bituma
Kühn abyungukiramo, atsinda igitego cya mbere cya Celtic.
Ikipe ya Vincent Kompany
yahise isatirwa bikomeye ishaka gutsindwa igitego cya kabiri, ariko Bayern
yitwaye neza mu bwugarizi. Bayern Munich yakomeje gushakisha igitego cyatuma
ikomeza mu kindi cyiciro, ariko umunyezamu wa Celtic, Kasper Schmeichel,
yakomezaga kubakomerera.
Ku munota wa nyuma
w’umukino, Schmeichel yongeye gukuramo umupira wa Leon Goretzka, Alphonso
Davies aba fahi awusubiza mu izamu, maze atsinda igitego cy'intsinzi.
Celtic yahise
isezererwa muri Champions League, mu gihe Bayern Munich igomba gutegereza
kureba niba izahura na Bayer Leverkusen cyangwa Atlético Madrid muri 1/8.
Mu yindi mikino yakinwe kuri uyu wa Kabiri
ikipe ya AC Milan yanganyije na Feynood 1-1 maze Feynood irakomeza kuko umukino
ubanza yari yaratsinze Milan AC 1-0, Club Blugge yasezereye Atalanta, naho
Benfica isezerera AS Monaco.
Bigoranye Bayern Munich yageze muri 1/8 muri UEFA Champions League
Club Brugge yasezereye Atalanta
Benfica yasezereye AS Monaco
TANGA IGITECYEREZO