Kigali

Kamonyi:Thacien Titus yishimiwe bikomeye mu giterane cyihaniyemo abarenga 150- AMAFOTO

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:21/06/2016 12:21
0


Nubwo igiterane cy’iminsi 3 cyaberaga mu Karere ka Kamonyi cyitabiriwe n’abahanzi benshi banyuranye, umuhanzi Thacien Titus ni umwe mubagaragarijwe n’abatuye muri aka gace ko bakunda indirimbo ze n’ubutumwa buzikubiyemo.



Kuva ku wa gatanu tariki 17 Kamena 2016 kugeza ku cyumweru tariki 19 Kamena 2016,nibwo mu Murenge wa Ngamba, mu  Karere ka Kamonyi,  habereye igiterane cyari gifite intego yo kurema Ibyiringiro mu bantu no kuzana abatarihana, ngo bamenye Yesu Kristo. Si abo gusa kuko Pasiteri  Sengorore Danny umwe mu bari bashinzwe kugitegura yatangarije inyarwanda.com ko bashakaga no kugarura abakiriye agakiza ariko bagasubira inyuma.

Iki giterane cyateguwe n’ihuriro ry’amatorero rikorera mu Karere ka Kamonyi, rifatanyije n’ umuryango w’ivugabutumwa  Eternity Minded Ministries ufite icyicaro muri Amerika. Ku munsi wo gutangira, hihannye abagera kuri  154 naho ku munsi wa 2 hihana abagera kuri 152 nk’uko byemejwe na Pasiteri Danny.

Ku munsi wa 2 w’iki giterane, tariki 18 Kamena 2016, iki giterane cyitabiriwe n’umubare munini w’abaturage bo mu Murenge wa Ngamba, wabonaga bafite amatsiko n’inyota yo kumva Ijambo ry’Imana ariko banategerezanyije ubwuzu abahanzi banyuranye barimo Olive bakunda kwita Nshingira Amabuye, Stella, Donatha na Thacien Titus.

Buri muhanzi yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze zikunzwe . Ubwo Thacien Titus yatangiraga kuririmba, imbaga yari aho yose yafatanyije na we kuririmba indirimbo ze zose kandi ubona badategwa. Thacien Titus yahereye kuyo yise ‘Mpisha mu mababa yawe’,  akurikizaho iyo yise ‘Ubwami’, ’ Aho ugejeje ukora’, asoreza kuri ‘Uzaza ryari Yesu’. Uburyo abantu baho bagaragaje uburyo bazi amagambo yose agize indirimbo ze, Thacien Titus yatangarije inyarwanda.com ko byamutunguye ariko bikanamushimisha kuko yemeza ko abona ko intego y’ivugabutumwa akora abicishije mu ndirimbo igera ku ntego.

Ati “ Ni ubwambere nari nje muri aka gace ariko na we wabonye ko indirimbo zanjye zose bazizi, kandi ubutumwa buzikubiyemo  ukabona ko babufite ku mitima yabo. Ni ibintu byiza, byanshimishije kandi nshimira n’ Imana ikomeza kunshoboza gukora iri vugabutumwa.”

Mu mafoto:Uko umunsi wa 2 wagenze

Abitabiriye

Abantu bari benshi cyane

Mu giti

Aba bana byabaye ngombwa ko bo bakurikiranira iki giterane mu biti

Abitabiriye

Abitabiriye

Arahimbaza Imana

Thacien Titus

Thacien aririmba indirimbo ' Mpisha mu mababa'

Abitabiriye

Thacien Titus

Barafatanya na Thacien mu guhimbaza Imana

Thacien Titus

Barasimbuka bahimbaza Imana

Abafotora

Kubona Thacien iwabo bananiwe kubyihanganira, bahitamo kubika urwibutso nk'uru  mu byuma byakozwe n'umuzungu

Umwana afotora

Nanjye iyi foto ntincike

Bafatanya kuririmba

Bati' Mpisha mu mababa  mwami Satani atandasa.....Ninca mu mazi wambwiye ko atazandengera..'

mu giti

barabyinira Imana

Barabyinira Imana

Pastor Dale Gustafson uyoboye umuryango Eternity Minded Ministries

Pastor Dale Gustafson uyoboye umuryango Eternity Minded Ministries abwiriza Ijambo ry'Imana

abakiriye agakiza

Abagera kuri 150 bakiriye agakiza

Babasengera

Basengera abarwayi

Abafite ibibazo n'uburwayi barasengewe

Barahoberana

Bsabana

Ubusabane nk'ubu nabwo bwarimo

Olive

Olive bakunda kwita Nshingira amabuye

Stella

Stella na we ni umwe mubahanzi baririmbye muri iki gitaramo

Thacien Titus

Thacien Titus yasoreje kuyo yise' Aho ugejeje ukora'

Barahagumye paka

Bwarinze bwira bagifatanya na we guhimbaza Imana







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND