RFL
Kigali

MTN Rwanda yasangiye inasabana n’abakiriya n’abafatanyabikorwa bayo – AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:29/08/2015 8:44
2


Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Kanama 2015 muri Serena Hoteli ya Kigali kuva isaa kumi n’ebyiri z’umugoroba kugeza isaa tanu z’ijoro, abakozi ba MTN Rwanda basangiye ndetse basabana n’abakiriya n’abafatanyabikorwa b’iyo sosiyete y’itumanaho imaze kuba ubukombe mu Rwanda no mu bindi bihugu.



Iki gikorwa cya MTN Rwanda cyiswe Gala Dinner kitabiriwe n’abafatanyabikorwa ba MTN batandukanye barimo abahagarariye ibigo bikomeye mu Rwanda, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abandi barimo abakiriya ba MTN.

Umugoroba nk’uyu wo gusangira n’abakiriya n’abafatanyabikorwa ba MTN usanzwe uba buri mwaka ugategurwa n’ishami rishinzwe ubucuruzi (MTN Business) mu rwego rwo gushimira no guha agaciro abakiriya n’abafatanya na MTN mu iterambere ry’iyo sositeye n’iry’igihugu.

MTN Rwanda

Iki gikorwa kitabiriwe n'abafatanyabikorwa batandukanye ba MTN Rwanda

Iki gikorwa cyateguwe n’abakozi ba MTN Rwanda bagize umuryango “Yellow Family”cyayobowe na Alain Numa ushinzwe ubuterankunga no kwamamaza ibikorwa bya MTN wasetsaga cyane abantu bari aho. Abahanzi barimo Hope Irakoze na Wibabara Phanny bataramiye abari muri icyo gikorwa.

Alain Numa

Alain Numa ni umwe mu bayoboye iki gikorwa

Wibabara

Wibabara Phanny yaririmbiye abari aho mu ndirimbo ivuga ku rukunda akunda Yesu

Hope

Hope Irakoze wegukanye irushanwa rya Tusker Project Fame ya 6 nawe yataramiye abari muri icyo gikorwa

Norman Munyampundu umuyobozi muri MTN ushinzwe ubucuruzi, mu ijambo rye yavuze ko bategura icyo gikorwa mu rwego rwo kuzirikana uruhare rw’abakiriya n’abafatanyabikorwa ba MTN mu iterambere ryayo ndetse n’iry’igihugu hagamijwe gukomezanya umubano n’imikoranire myiza.

MTN

Norman Munyampundu umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri MTN Rwanda niwe watangije iki gikorwa kumugaragaro

Gunter Engling umuyobozi mukuru wa MTN Rwanda mu ijambo rye yashimiye cyane abakiriya n’abafatanyabikorwa ba MTN, ashimira inzego za Leta kubw’ubufatanye mu iterambere rya MTN n’igihugu. Yavuze ko MTN Rwanda izakomeza kugeza kuri byinshi abayigana, aboneraho no kubasaba gukomeza gusenyera umugozi umwe.

MTN Rwanda

Gunter Engling umuyobozi wa MTN Rwanda yari hamwe n'umugore we 

Nyuma y’igikorwa cyo gusangira no gusabana hagati y’abakozi ba MTN Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo, hakurikiyeho gushimira abantu batandukanye. Umuyobozi mushya wa MTN Rwanda, Gunter Engling yahawe impano zimugaragariza ko yishimiwe cyane n’abakozi ba MTN ndetse zinamugaragariza ko afite akazi katoroshye ko guharanira ko MTN ihora ari iya mbere mu bigo by’itumanaho mu Rwanda.

MTN Rwanda

MTN Rwanda

Abakozi ba MTN Rwanda bahaye impano umuyobozi wabo mukuru

MTN Rwanda

MTN Rwanda

Umugore wa Gunter Engling yamufashaka kwakira impano

MTN Rwanda

Gunter Engling hamwe n'umugore we bahawe impano n'abakozi ba MTN

Nyuma y’aho hakurikiyeho igikorwa cyo gutombora aho abantu batangaga business card zabo, hagatoranywamo iyasekewe n’amahirwe ba nyiri iyo business card zatsinze bagahabwa ibihembo bitandukanye birimo itike y’indege yo kujya Dubai, ibikoresho birimo amaterefoni n’ibindi. Ambasaderi wa Tanzaniya mu Rwanda, Ali Idi Siwa ni umwe mu batomboye atsindira terefoni igezweho yo mu bwoko bwa BlackBerry. 

Ambasaderi

Ambasaderi wa Tanzaniya mu Rwanda yatahanye BlackBerry yatomboye

ANDI MAFOTO YARANZE IKI GIKORWA CYA MTN RWANDA CYO GUSANGIRA NO GUSHIMIRA ABAFATANYABIKORWA BAYO

MTN Rwanda

MTN Rwanda

Hari abafatanyabikorwa batandukanye ba MTN Rwanda

Phanny

Umuhanzikazi Phanny Wibabara nawe ukora muri MTN

Hope

Umuhanzi Hope Irakoze yataramiye abari aho

MTN

Serena Hoteli yari iteguye neza

MTN Rwanda

Uyu nawe ni umwe mu bantu batomboye begukana ibihembo

MTN Rwanda

Uyu ni umwe mu bayobozi ba MTN Rwanda akaba ariwe wayoboye umuhango wo gutanga impano

Alain Numa

Alain Numa yanyuzagamo agasetsa abari aho

MTN Rwanda

Ahagana isaa tanu z'ijoro abantu batashye buri wese wahabonetse atahana impano yatanzwe na MTN Rwanda

AMAFOTO: Niyonzima Moise






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Nabakire gusa ntawe udatunze miliyari waruhari
  • 8 years ago
    Nibabanze bakemure ikibazo cyabakOzi ba CET BAKORESHA BATABAHEMBA





Inyarwanda BACKGROUND