Kigali

Rwanda Shima Imana: Umwe mu bapasiteri yahamije ko yeretswe n’Imana ko Perezida Kagame ibyo yakoze byayikoze ku mutima ikaba igiye kumwitura

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:10/08/2015 11:12
0


Mu giterane Rwanda Shima Imana cyabaye kuri uyu wa 9 Kanama 2015 muri Sitade Amahoro i Remera, hatangiwemo ubuhamya bwateye benshi bari aho gushima Imana bibavuye ku ndiba y’umutima ndetse banashimira ubuyobozi bwiza buyoboye igihugu kubwa byinshi byagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.



Iki giterane gihuza amatorero n’amadini yose yo mu Rwanda buri mwaka. Rwanda Shima Imana y'uyu mwaka ikaba yaritabiriwe n’abantu bake cyane ugereranyije n’izayibanjirije mu myaka itatu ishije kuko sitade Amahoro yajyaga yuzura ariko ubu ikaba yari yambaye ubusa usibye abari mu myanya y’icyubahiro n’ahasakaye ahandi hari mbarwa.

Abanyacyubahiro

Abanyacyubahiro batandukanye bari bitabiriye iki giterane Rwanda Shima Imana

Sitade Amahoro

Imyanya myinshi ya sitade Amahoro yari irimo ubusa yabuze abantu

Iki giterane cyari kitabiriwe n'abanyacyubahiro batandukanye barimo abayobozi bakuru b'igihugu, abakuriye amadini n'amatorero mu Rwanda, abanyamahanga bari biganjemo itsinda ry'abavuye muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika mu itorero Saddleback rya Pastor Rick Warren watangije mu Rwanda umuryango PEACE Plan ariko akaba atabashije kuboneka muri iki giterane.

Abanyamerika

Hari abanyamerika baturutse mu itorero rya Pastor Rick Warren utabashije kuboneka muri iki giterane

Jehovah Jireh

Abitabiriye iki giterane bagize umugisha wo gutaramana na Korali Jehovah Jireh CEP ULK yakunzwe cyane mu ndirimbo Gumamo

Kaboneka

Minisitiri Francis Kaboneka ufite amatorero n'amadini mu nshingano ze yari yitabiriye iki giterane

Uwacu

Minisitiri Uwacu Julienne uyobora Minisiteri y'Umuco na Siporo nawe yari muri iki giterane

Bamwe mu bakitabiriye batashye batishimye cyane kuko nta mwanya uhagije wabayeho wo guhimbaza Imana mu ndirimbo nk'uko byabayeho mu biterane by'ubushize. Umwanya munini wahariwe abanyamadini barenga 12 batangaga ubuhamya abandi bagashima Imana mu isengesho k ubw'ubuhamya bwabo.

Korali

Amakorali yahawe indirimbo nke, ikintu bamwe batishimiye

Mu buhamya bwahatangiwe bwateye benshi kurushaho gushima Imana ndetse no gushima Leta y’u Rwanda yunze ubumwe bw’abanyarwanda, bamwe mu bapasitori bashimye Imana ku bwa byinshi yakoreye u Rwanda ikaruha ubuyobozi bwiza bwahinduye amateka yarwo hakavanwaho burundu icyitwa amoko, hakimakazwa 'Ndi Umunyarwanda' ndetse igihugu kikaba gifite umutekano mu gihe andi mahanga yirirwa aboroga.

Bamporiki

Depite Edourd Bamporiki wari yitabiriye iki giterane,yahagiriye ibihe byiza cyane

Bashimiye cyane Perezida Paul Kagame umukuru w’igihugu cy’u Rwanda wemeye gukoreshwa n’Imana akubaka ubumwe bw’abanyarwanda. Rurangwa Dennis wo muri ADEPR yavuze ko nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi ngo yari afite ipfunwe ryo kwitwa umuhutu kubw’amahano bakoze ndetse ngo ntiyari no kwemera kwitwa umututsi ahubwo yumvaga yakwitwa umutwa, ariko ubu akaba atewe ishema no kwitwa umunyarwanda, ibyo byose akaba abikesha ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Paul Kagame.

Abanyacyubahiro

Hari abanyacyubahiro batandukanye, ubwo Rurangwa  yatangaga ubwo buhamya

Ku bw’ibyo byiza byagezweho ku buyobozi bwa Perezida Kagame bigakora cyane ku mutima w’Imana, Rurangwa Dennis umukristo wa ADEPR uyobora umuryango Dothan Revival Ministry, yavuze ko Imana yamubwiye ko ariyo mpamvu Perezida Kagame agiye kongera kuyobora indi manda Imana ikamwitura ibyiza yakoreye abanyarwanda.

Rurangwa

Rurangwa Dennis uyobora Dothan Revival Ministries ahamya ko yeretswe n'Imana ko Paul Kagame azongera akayobora u Rwanda

Rev Pastor Ugirimbabazi Elie wayoboyeho itorero Inkurunziza mu Rwanda, yavuze uburyo yari yarakatiwe urwo gupfa ashinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko ubutabera bw’u Rwanda bukamugira umwere. Yashimye Imana ku bw’ubutabera bwiza Imana yahaye igihugu cy’u Rwanda.

Ugirimbabazi

Rev Pastor Ugirimbabazi Elie avuga ko yari yakatiwe urwo gupfa, nyuma ubutabera bukamuhanaguraho icyaha

ubuhamya

Bamwe mu bakozi b'Imana batanze ubuhamya bw'ibyo Imana yabakoreye

Pastor Bayingana Eurade wo mu itorero Apostolic Kabeza yashimye Imana yamukuye ku guca inshuro, ubu akaba ari rwiyemezamirimo aho afite Agency itwara abagenzi yitwa Matunda Express. Undi mupasitori waturutse mu itorero Four Square Gospel yashimye Imana kubw’umutekano usesuye uri mu gihugu.

Apotre Dr Paul Gitwaza uyobora umuryango Peace Plan wateguye icyo giterane akaba ari nawe wigishije ijambo ry’Imana, yavuze uburyo yavukiye mu cyaro agakura atazi kurisha ikanya n’ikiyiko ndetse akaba ariyo mpamvu adashobora kubirisha kugeza ubu kuko yirinda guhindurwa n’ibihe.

Gitwaza

Apotre Dr Paul Gitwaza uyobora Zion Temple niwe wigishije ijambo ry'Imana

Mu butumwa yatanze bwanashimwe cyane n’umushyitsi mukuru Minisitiri Venancia wari Intumwa yoherejwe na Perezida Paul Kagame, Apotre Gitwaza yasabye abanyarwanda kujya bashima Imana nyuma yo kurya bagahaga bari mu gihugu Imana yabahaye nk’uko byanditswe mu gitabo yabasomeye cyo Guteka kwa kabiri 8: 12

Gitwaza

Apotre Dr Paul Gitwaza yasabye abanyarwanda kujya biyeza nyuma yo kurya bagahaga

Yasabye kandi abanyarwanda kujya bafata umwanya bakiyeza bakava mu byaha kugirango bakomeze kwishimirwa n’Imana no kurya ibyiza by’igihugu. Ibi yabigereranyije no gukaraba mu ntoki ndetse no kwiborosa mu kanwa nyuma yo kurya kuko hari abamara kwijuta bakabyibagirwa ntibanabihe agaciro kandi ari inyungu ku buzima bwabo.

Besalel

Korali Besalel ya ADEPR Murambi yafatanyije n'abitabiriye icyo giterane mu kuramya no guhimbaza Imana

Umushyitsi mukuru muri icyo giterane, Minisitiri muri Perezidansi Venancia Tugireyezu mu butumwa yahawe na Perezida Paul Kagame ngo abugeze ku bantu bitabiriye icyo giterane n’abandi banyarwanda muri rusange batahabonetse, yavuze ko mu buryo bw’umwihariko yamusabye (Perezida Kagame) gushimira  umuryango Peace Plan ukomeje kugira uruhare rugaragara, rufatika mu gutegura buri mwaka iki giterane kigamije gushima Imana ku bintu bitandukanye ikomeje gukorera igihugu cyacu. Yakomeje agira ati

Ikindi kandi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yansabye kubashimira ko mukora ibikorwa byiza kandi by’intangarugero aho mufatanya na Guverinoma y ‘u Rwanda mu birebana n’ubuvuzi, uburezi, ubukungu, mu kubaka no gusigasira ubumwe n’ubwiyunge bw’abanyarwanda n’ibindi bikorwa bitandukanye. Yansabye no kongera kubwira abagize umuryango wa Peace Plan ndetse namwe bayobozi b’amatorero ya Gikristo mwese muteraniye hano n’abakristo mwese ko ibikorwa mukora bitandukanye rwose Leta y’u Rwanda ibibona kandi ko itazahwema na rimwe gukomeza gufatanya namwe mu gukora ibi bikorwa biteza abanyarwanda imbere.

Venancia

Minisitiri muri Perezidansi Venancia Tugireyezu yatanze ubumwa bwa Perezida Paul Kagame

Musenyeri Smaragde Mbonyintege uyoboye inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda mu ijambo rye yavuze ko abanyarwanda bakwiye gukomeza kuba mu bumwe bagaharanira kuba abakristo b’ukuri na cyane ko abanyarwanda 90 ku ijana ari abakristo. Yabibukije kandi ko Imana basenga ari imwe bityo bakaba bakwiye kubana nk’abavandimwe. Akaba yavuze kandi ntawe ukwiye kwibona nk'umunyagatulika cyangwa uwo mu itorero rya Gikristo ahubwo ko bose bakwiye ari abakristo kuko basenga Imana imwe.

Musenyeri Mbonyintege

Musenyeri Smaragde Mbonyintege(ibumoso) yavuze ko abakristo bakwiye kuba mu bumwe kuko basenga Imana imwe

Abanyamadini

Nyuma y'ubuhamya, abanyamadini bafatanye urunana bashima Imana banayiragiza igihugu cy'u Rwanda

N’ubwo iki giterane kitabiriwe n’abakristo bake, hari abanyamadini batandukanye, barimo umushumba mukuru wa Kiliziya Gaturika mu Rwanda, umuyobozi mukuru w’itorero rya AEBR mu Rwanda, umuvugizi mukuru wa ADEPR, umuyobozi mukuru w’itorero Angilikani mu Rwanda, umuyobozi wa Restoration church, Omega church n’abandi benshi. Gusa hari abandi banyamadini batahabonetse ndetse binavugwa ko bari bifitiye ibiterane ku nsengero zabo.

AMWE MU MAFOTO YARANZE IKI GITERANE NGARUKAMWAKA RWANDA SHIMA IMANA

Abaririmbyi

Abaririmbyi mu mwanya muto bahawe bafashije iteraniro guhimbaza Imana

Sibomana Jean

Rev Pastor Sibomana Jean uyobora ADEPR ni umwe mu bitabiriye iki giterane

Gitwaza

Umugore wa Apotre Gitwaza yagiriye ibihe byiza muri iki giterane

Liliose

Pastor Liliose Tayi uyobora itorero Omega Church yari yitabiriye iki giterane

Rwanda Shima Imana

Uyu niwe wari uyoboye icyo giterane Rwanda Shima Imana kibaye ku nshuro ya kane

Onesphore

Musenyeri Onesphore Rwaje ukuriye Itorero Angilikani mu Rwanda yasabye abari aho kujya bazirikana ibyo Imana yabakoreye

Serge Iyamuremye

Abahanzi Serge Iyamuremye(iburyo) na Tonny Mutonia (ibumoso) bari muri iki giterane

Maranatha

Korali Maranatha yaririmbiye abari muri icyo giterane

Apotre Masasu

Apotre Yoshua Masasu uyobora Restoration Church yari muri Rwanda Shima Imana

Masasu

Pastor Lydia Masasu, umugore wa Apotre Masasu yari yitabiriye iki giterane


Gaby Kamanzi ni umwe mu baririmbyi bafashije iteraniro kuramya no guhimbaza Imana

Vuningoma Dieudonne

Bishop Vuningoma Dieudonne yitabiriye iki giterane avuye mu gihome

Uwimana

Aime Uwimana na Rene Patrick ni bamwe mu bari bagize itsinda ry'abaririmbyi ryaramyaga Imana

Sibomana Jean

Rev Pastor Sibomana Jean,(hagati) uyobora ADEPR yari yitabiriye iki giterane

Rutayisire

Rev Pastor Antoine Rutayisire yari muri iki giterane

Umutekano

Uyu mupasitori wo muri Four Square Gospel Church yashimye Imana kubw'umutekano w'igihugu cy'u Rwanda

ikoranabuhanga

Hakoreshejwe ikoranabuhanga mu kwerekana iki giterane

ubuhamya

Abakozi b'Imana batanze ubuhamya imbere y'abanyarwanda n'abanyamahanga bari muri icyo giterane

Jehovah Jireh

Korali Jehovah Jireh CEP ULK yafatanyije n'abari aho gushima Imana

Pastor BDP

Pastor BDP w'umunyakenya niwe wari uyoboye umutwe w'abaririmbyi bahimbaje Imana kuri uwo munsi

Amafoto: Niyonzima Moise






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND