FPR
RFL
Kigali

Chris Brown yatangaje ko icyorezo cya Ebola ari uburyo bwo kugabanya umubare munini w'abaturage

Yanditswe na: Editor
Taliki:14/10/2014 11:01
22


Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B Chris Brown akomeje kotswa igitutu n’abantu batandukanye nyuma y’aho atangarije ku rubuga rwa Twitter ko icyorezo cya Ebola kirimo koreka imbaga, akibona nk’uburyo bwo kugabanya umubare munini w’abaturage.



Mu gihe iki cyorezo kimaze kwica abarenga 4000 mu Burengerazuba bw’Afrika gifatwa n’isi yose nk’ikibazo gihangayikishije cyane, uyu muhanzi we yerekanye ko atifatanyije n’isi yose mu kababaro k’abantu bakomeje gupfa umunsi ku wundi, atangaza ko iyi ndwara ari uburyo bwo kugabanya ubwiyongere bukabije bw’abaturage.

Mu gihe Ebola ikomeje guhangayikisha isi, Chris Brown we ayibona nk'umuti w'ubwiyongere bw'abaturage

Mu gihe Ebola ikomeje guhangayikisha isi, Chris Brown we ayibona nk'umuti w'ubwiyongere bw'abaturage

Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Chris Brown yagaragarijwe n’abamukurikira ko batishimiye amagambo yatangaje, nyuma yaho yanditse agira ati: “Simbiz... ariko iki cyorezo cya Ebola ni uburyo bwo kugabanya umubare munini w’abaturage (Population Control)”. Nyuma y’iminota itatu yibasiwe n’abamukurikira kuri Twitter basaga miliyoni 14 bamutukaga cyane, Chris Brown yongeye kwandika amagambo agira ati: “Reka nicecekere”.

Amagambo ya Chris Brown ntiyakiriwe neza n'abantu bamukurikira

Amagambo ya Chris Brown ntiyakiriwe neza n'abantu bamukurikira

Benshi mu basubije Chris Brown kuri Twitter barimo n’abantu b’ibyamamare batandukanye, bakomeje kuvuga ko ari igicucu ndetse banagaruka ku magambo yavuze aho bashimangiraga ko nawe ubwo buryo bwo kugabanya umubare w’abaturage bushobora kuzamugeraho, kugeza n’ubu abantu bakaba bakomeje kwibaza icyaba cyateye uyu muhanzi gushinyagurira abantu benshi bahitanywe na Ebola ndetse n’imiryango iri mu kaga kubera iki cyorezo.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • la9 years ago
    ariko baramuziza ubusa kuko ibyo yavuze turabizi ni system yabazungu bashaka kumara abantu nubundi nibo baba bayizanye bakayitera muri afrika.sha twaragowe pe afrika we
  • 9 years ago
    barakurenga ibyo nukuri
  • evan9 years ago
    Ibyo uyu musore avuga iyo ushishoje usanga bifite ukuri.
  • ngirabacu9 years ago
    none murumva atavuga ukuri? sida yo yazanywe nabande? kuzihe mpamvu? uyu ibyo avuga arabizi kuko bivugwa ko nawe ari member wa illuminati kdi byose ariyo ibitera ahubwo aba yabavuyemo
  • Damas9 years ago
    chris ntabwo abeshya abazungu baratwanga pe!ni intambara ziba,nibo,bashaka kudusahura cyangwa kutugabanya,ngo tubabuza ubuhumekero
  • RUKUNDO 9 years ago
    CHRIS BROWN MUMUBABARIRE NI UMUNWA WARI WAMURIYE
  • Aima9 years ago
    Uyu mutipe ibyo avuga ni ukuri kbs...Ahubwo nawe ejo bundi baraba bamujyanye..yamennye ibanga
  • phoibe9 years ago
    oya rwose kandi birababaje nugusenga cyanee kuko kubahabatekerezako kubura abacu arigisubiso sibyo
  • ani9 years ago
    Aha wenda muramurenganya none se ibyorezo byose biboneka kubwishi muri africa gusa ,twaragowe pe.
  • PATRICK PAZO9 years ago
    Nareke ubu goryi. Nukubo nango nabantu gusa araga pfe nawe.
  • 9 years ago
    Chris ababwiye ukuri. niba mutumvise nta nikindi gihe muzigera mwumva na rimwe! ni mukanguke (musome,mwumve,murebe).
  • MATANDJA9 years ago
    nge mbona ntacyo bible itahishuye, erega mumenye ko liberia itabaye clonisee.
  • hum9 years ago
    Imana niyo nkuru...
  • sumana9 years ago
    hammm!! mumenye ko abazungu kuva kera barwaye Liberia kubera ntiyaclonijwe. hari utabizi se?
  • stin9 years ago
    Chris aravuga ukuri kbsa
  • chris9 years ago
    ibyo yavuze ni ukuri Ebola ituruka he, soda c cg izindi ndwara in plan zabantu bashaka kugabanya isi ubihakana I yo yavuze akwiye gusoma amateka yizindwara namahame yabo new word order azamenya ko ma mehn he got right
  • rufangura9 years ago
    ngewe icyo mbona chris yabivuze muburo butanogeye bose ariko Niko kuri.ESE niba ntanuwayiteye kuki yibasira Africa cyane. numunyaburayi cg umunyamerica uyanduye aravurwa!nukorero umuntu navuga ukurikwe mbere yokumutuka mugye mubanza mutekereze.
  • john9 years ago
    Niba koko Ebola yarazanywe nikiremwa muntu byaba ari ikosa kuko urucira mukaso rugatwara nyoko!
  • 2g9 years ago
    Impamvu,bari kumwibasira,Niko yamennye,ibanga!! Ahubwo,natitonda mugihe,goto azaburirwa,irengero
  • 2g9 years ago
    Impamvu,bari kumwibasira,Niko yamennye,ibanga!! Ahubwo,natitonda mugihe,goto azaburirwa,irengero





Inyarwanda BACKGROUND