FPR
RFL
Kigali

Bizavugwa mu mateka! Senderi na Knowless mu bataramiye bwa mbere muri Sitade Amahoro ivuguruye-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:4/07/2024 16:02
0


Ni amateka avuguruye mu rugendo rw’umuziki w’u Rwanda, kuko abahanzi batanu bataramiye muri Sitade Amahoro ivuguruye binyuze mu birori byo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora byabaye kuri uyu wa Kane tariki 4 Nyakanga 2024.



Ibi birori byahuje ibihumbi by’Abanyarwanda mu rwego rwo kwizihiza imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye. Mu butumwa bwo kuri X [Yahoze ari Twitter], Ingabo z'u Rwanda (RDF) zavuze ko uyu munsi ari ‘Umwanya wo kuzirikana umurava n'ubwitange byaranze ababohoye u Rwanda, no kwishimira ibyagezweho, dufata n'ingamba zo gukomeza urugendo rw'iterambere mu cyerekezo cy'Igihugu cya 2050.’

Sitade Amahoro yongerewe ubushobozi bw'abantu yakira, bava ku 25.000 bagera ku 45.000. Ubu iyi sitade yemerewe kwakira amarushanwa mpuzamahanga. Yafunguwe ku mugaragaro na Perezida Kagame, kuwa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024.

Imbere y’ibihumbi by’abantu, abarimo Senderi Hit, Knowless, Ruti Joel, Alyn Sano, ndetse n’Itorero Urukerereza, basusurukije abantu mu ndirimbo zinyuranye mu birori byo #Kwibohora30.

Senderi Hit yaririmbye indirimbo ze zirimo nka ‘Twaribohoye' na 'Nzabivuga'. Ni mu gihe Ruti Joel yaririmbye indirimbo zirimo ‘Igikobwa', 'Ntimugire Ubwoba' yakoranye na Massamba Intore na Dj Marnaud.

Mu bandi bataramiye abantu muri ibi birori bikomeye mu mateka y'u Rwanda, harimo itsinda ry'ababyinnyi ryari riyobowe na Titi Brown, bagaragaje imbyino zishushanya imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye.

Senderi Hit wabimburiye bagenzi be, yabwiye InyaRwanda ko atewe ishema no kuba ari we muhanzi wa mbere wataramiye muri Sitade. 

Ati “Ubu ni njye muhanzi wabimburiye abandi gufungura bwa mbere Sitade Amahoro ivuguruye. Ni amateka kuri njye. Ndishimye cyane kandi nishimiye uko Abanyarwanda banyakiriye barenga ibihumbi 45, ndishimye. Ubu ni njye ‘Rubimburirabahanzi’.”

Muri ibi birori byo kwizihiza Kwibohora ku nshuro ya 30, Perezida Kagame yashimye ingabo z’u Rwanda zabohoye u Rwanda. Avuga ko mu myaka 30 ishize Sitade Amahoro yabaye ubuhungiro bwa benshi, ndetse benshi barokowe n’Ingabo z’u Rwanda.

Ati “Ku wa 4 Nyakanga, turashimira ababohoye u Rwanda ndetse turazirikana abatanze ubuzima bwabo. Ingabo zacu n’abashinzwe umutekano ni igihamya cy’Ubumwe n’Amahoro.”

Umukuru w’Igihugu yanashimiye Ingabo z’u Rwanda zakoze ibishoboka byose zigafata abaturage zitarobanuye, avuga ko ari igihango bafitanye. Ati “Iri sezerano ry’icyizere, twita igihango, ni umusingi Igihugu cyacu cyongeye kubakirwaho.''

Yasobanuye ko u Rwanda rwifuza kubana neza na buri wese mu mahoro. "Ahakenewe ibikorwa bya kimuntu, u Rwanda ntiruzahabura ariko igisubizo nyakuri ku bibazo byugarije ikiremwamuntu ni ugukemura impamvu muzi z’ikibazo cya politiki."

Perezida Kagame yavuze ko "Kwibohora ntibyahatirwa abantu ku ngufu cyangwa kubatera ubwoba. Bigirwamo uruhare n’amahitamo buri muturage akora n’umutimanama we."

Akomeza agira ati “Politiki ntikiri igikoresho cyo guheza cyangwa guhemukirana hagati y’abantu. Twubaha Guverinoma yacu ariko ntituyitinya kuko ikorera twese nta kuvangura.”

Senderi Hit umenyereye mu ndirimbo zigaruka ku burere-mboneragihugu yabimburiye bagenzi be gutaramira muri Sitade Amahoro

Umuhanzikazi Butera Knowless yaririmbiye ibihumbi by’abantu bari bakoraniye muri Sitade Amahoro mu kwizihiza #Kwibohora30


Ruti Joel yisunze indirimbo ze zirimo ‘Igikobwa’ atanga ibyishimo ku Banyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bari bakoraniye muri Sitade Amahoro


Perezida Kagame yijeje Abanyarwanda ko umutekano uzakomeza gusigasirwa. Ati “Igihugu cyacu kiratekanye kandi kizakomeza gutekana uko byagenda kose”


Perezida Kagame yavuze ko ‘kwibohora nyako ari igihe imbunda zicecetse’


Perezida Kagame yavuze ko “Agaciro Abanyarwanda bafite, kari muri twe’ 

Itsinda ry'abarimo Titi Brown ryasusurukije ibihumbi by'abantu mu mbyino zinyuranye 


Itorero ry'Igihugu 'Urukerereza' ryasusurukije abari bakoraniye muri Sitade Amahoro





















Byari ibirori bikomeye mu kwizihiza Umunsi mukuru wo #Kwibohora30

UMVA INDIRIMBO "TWARIBOHOYE OG" YA SENDERI HIT







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND