Kigali

Olivier Karekezi yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n'umuzungukazi Niwin Sorlu

Yanditswe na: Editor
Taliki:4/06/2014 7:42
16


Umukinnyi wamenyekanye cyane mu Rwanda mu ikipe y’igihugu Amavubi, APR FC ndetse n’ikipe zo hanze y’u Rwanda uzwi nka Olivier Karekezi, yakoze ubukwe kuri uyu wa gatandatu w’icyumweru gishize abana n’umuzungukazi bari basanzwe bakundana ndetse banibanira ariko ubwo bukwe bukaba bwaragizwe ibanga.



Uyu mukinnyi wakoze ubukwe kuri iyi tariki ya 31 Gicurasi 2014 akibanira n’umuzungukazi Niwin Sorlu, yakoze ubukwe mu ibanga mu gihe abakinnyi bagenzi be bahoze bakinana mu ikipe y’igihugu Amavubi bari bahugiye mu mukino batsinzemo Libiya ibitego 3 ku busa, umukino wabaye ku munsi nyirizina w’ubu bukwe bwa Olivier Karekezi.

karekezi

Olivier Karekezi yakoze ubu bukwe mu gihe gitunguranye kuko yari aherutse gutangaza ko ateganya kuzakora ubukwe ariko igihe yari yaravuze kikaba ari mu mwaka wa 2015. Uyu mukinnyi hari amakuru avuga ko n’ubwo yatangaje ko ahagaritse ruhago ubu akinira ikipoe yo mu cyiciro cya gatatu muri Suwede, naho mu ikipe y’igihugu ho akaba yarasezeye burundu ndetse atakinashyirwa ku rutonde.

karekezi

Olivier Karekezi n'umukunzi we bamaze gukora ubukwe mu banga

karekezi

Olivier Karekezi w’imyaka isaga 31 y’amavuko, si ubwa mbere akoze ubukwe dore ko yatandukanye n’umugore we wa mbere babanaga, uyu Niwin bakaba baratangiye kubana ubwo yabaga mu gihugu cya Tunisiya.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 10 years ago
    yegoko ntibyoroshye
  • rwabugiri10 years ago
    kuva itangaza makuru ribizi ubwo sibanga, ahubwo ashobora kuba ataragite amafaranga ahagijr yo gutumira abantu agatumira bake bashoboka, ahubwo aba yaratumiyemo byibuze abatara kinnye uwo munsi, gusa urugo ruhire kuriwe
  • Muvunyi sudadi10 years ago
    nabwo arumuzugu nu mwarabu wo muri misiri
  • Kalim10 years ago
    Yarigutumira abantu se ubukwe yabukoreye Sweden byari gushoboka ko bajyayo!hari hiace cg coaster ziva ikigali zijyayo se!ikingenzi ni famille zabo zari zagiyeyo.ibindi sinzi ibyo mutangaza!urugo ruhire karivier olekezi.god bless u
  • ROBERT10 years ago
    ko mbona uriya Muzungukazi aruta maman wa Karekezi Olivier!!
  • alice10 years ago
    IBINYARWANDAKAZI BITIGA GUTANGA CARE GUSA UBU UYU SI UMUGABO URYOSHYE HOSE WIGENDEYE!?? MWAKIGA GUTANGA CARE KOKO!??
  • alice10 years ago
    IBINYARWANDAKAZI BITIGA GUTANGA CARE GUSA UBU UYU SI UMUGABO URYOSHYE HOSE WIGENDEYE!?? MWAKIGA GUTANGA CARE KOKO!??
  • Kaka10 years ago
    Urugo ruhire olivier.we love u so much
  • 10 years ago
    nibyiza cyane pee
  • claude10 years ago
    Mwimusebya ntamuntu wumugabo wakorangibyo gusa ntanuwarikubutaha murimwe nnese gusa yarakunzwe byintangarugero
  • Divine10 years ago
    Oh nibyiza cyane olivier mwari muberewe sana.imana ibibafashemo muzabyaere hungu na kobwa.urwo nurukundo kuko mwari mumaranye igihe kinini.god bless ur famille olivier.
  • Alain10 years ago
    Uyu jo iko serieux ndake....!
  • 10 years ago
    Yes my bro congs...
  • TI10 years ago
    Uzagire urugo ruhire oliva.mukibyarwanda kiza baravuga ngo ubukwe nubwa babiri iyo babyumvikanyeho buraba.abo bandi banditse ko bwabaye muibanga nibishoboka kuko niyo atumira inshuti zose afite nizari kubona visa cg ticket dore ko butabereye ikigali!?kandi olivier abukoze nkabandi ba star bose naba Kenya west nibucece nabintu byinshi.congs rutahizamu.turagukunda
  • TI10 years ago
    Uzagire urugo ruhire oliva.mukibyarwanda kiza baravuga ngo ubukwe nubwa babiri iyo babyumvikanyeho buraba.abo bandi banditse ko bwabaye muibanga nibishoboka kuko niyo atumira inshuti zose afite nizari kubona visa cg ticket dore ko butabereye ikigali!?kandi olivier abukoze nkabandi ba star bose naba Kenya west nibucece nabintu byinshi.congs rutahizamu.turagukunda
  • Soleil10 years ago
    Urugo ruhire Olivier. Hope abana wabyaye hanze bose uwo mukobwa azamenya ukuri cg you already told her the thuth about your past. Uzamubwize ukuri kdi nabo wabyaye uzakomeze ubamenye



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND