RFL
Kigali

Amakimbirane mu itorero rya ADEPR noneho yarenze imbibi

Yanditswe na: fmaufb
Taliki:7/01/2014 19:46
11


Tumenyereye kumva amakimbirane mu itorero rya ADEPR cyane cyane mu buyobozi bukuru ariko noneho amakimbirane nimivurungano yarenze imbibi agera no mu bakirisitu, kugeza ubu bikaba birimo kwibazwa niba aya makimbirane azagera aho agacika burundu ntihazemo amacakubiri mu itorero.



Mu kwezi kwa cyenda 2013, muri paruwasi ya Kacyiru ku mudugudu wa Kanserege hatangiye kugaragaara umwuka utari mwiza bivuye ku mu Pasiteri Octave Rukundo wandikiye Perezida wa Repuburika ibaruwa ivuga ku makosa agaragara ku buyobozi bukuru bwa ADEPR nko kwihimura ku bantu bari mu buyobozi ku ngoma ya Pasiteri Samuel Usabwimana, gufata umutungo w\'itorero ugakoreshwa aho bidakwiriye n\'ibindi.

\"AmakimbiraneAmakimbirane ya ADEPR yavuzweho byinshi mu binyamakuru bitandukanye

Iyi baruwa kandi yashyizweho umukono n\'abantu bagera ku icumi barimo Pasiteri Octave Rukundo wa ADEPR Kakiru, Rev. Pasiteri Evariste Karenzi wa ADEPR Nyamirama - Kayonza, Pasiteri Damascène Hategekimana wa ADEPR Nkanka - RUSIZI, Pasiteri André Nzarora wa ADEPR Gabiro - Nyamasheke, Ev.Emmanuel Mutangana wa ADEPR Bugesera, Didas Twagirayesu wa ADEPR Kabarore, Théogène Nkuranga wa ADEPR Gatenga, Emmanuel Mberabahizi wa ADEPR Rugando, Gérard Tuyizere wa ADEPR Nkanka na Alphonse Uwiragiye wa ADEPR Gate.

\"UmwanyaUmwanya w\'ubuyobozi bukuru bwa ADEPR uri mu byateze umwuka utari mwiza mu itorero, aba ni umuyobozi uriho hamwe n\'uwahagaritswe

Abenshi muri aba bakaba barahagaritswe mu matorero yabo babanjirijwe na Rev. Evariste Karenzi. Ni muri urwo rwego ubuyobozi buri hejuru ya Pasiteri Octave Rukundo bwaje kumwegera no kumusanga kenshi bumusaba ko yasaba imbabazi ku bw\'amakosa yakoze yo kwandika ibaruwa, akabyanga avuga ko ibyo yavuze abihagazeho kuko ari ukuri.

Byaje gukomeza ubwo umudugudu wa Kacyiru Kanserege wari urimo gusoza amasengesho y\'iminsi mirongo ine kuva tariki ya 20 kugeza tariki ya 22/12/2013 mu bitaramo by\'ijambo ry\'Imana n\'amakorali atandukanye yo ku yindi midugudu, abakirisitu barushijeho kugira agahinda n\'umubabaro bitewe n’uko abayobozi bari mu iteraniro ryo kuwa 21/12/2013 babataye mu rusengero yewe n’uwari uyoboye gahunda bakajya mu nama yari itunguranye y\'umuyobozi w’Akarere ka Gasabo yo kwiga kuri uwo Octave Rukundo.

\"Uyu

Uyu niwe Octave Rukundo

Kuri iki cyumweru tariki  ya 05/01/2014, nibwo umushumba w\'itorero rya Kacyiru Rev. Past. Denis Twagiramungu nyuma y\'amateraniro rusange yasigaje abanyetorero (abakirisitu batariho umugayo) ababwira ko bafitanye inama, afashe ijambo avuga ko atari inama ahubwo ari itangazo abafitiye ko kubera amakosa yakozwe na Pasiteri Octave Rukundo kandi akaba yaranze kuyasabira imbabazi ko ubuyobozi bw\'Akarere bumuhagaritse amezi atatu by\'agateganyo, akaba atekereza neza icyo gukora maze ayo mezi yarangira ntacyo ahindutseho hakazafatwa indi myanzuro.

Icyaje gutungurana cyane ni uburyo abakirisitu bamwatse ijambo akaribima bityo urusaku rwinshi cyane n\'imivurungano ikomeye  n\'amagambo akomeye ahuriza ku mvugo imwe igira iti : umukozi w\'Imana muramurenganya n\'ubundi byavuzwe ko mutaje muje kubaka ko ahubwo mwaje muje gusenya. Pasiteri Octave Rukundo yari yabuze aho anyura ataha, abantu iteraniro hafi ya ryose ryamwuzuyeho bamubwira amagambo amukomeza, amwihanganisha harimo abamubwiraga ko bamuri inyuma n\'andi menshi, nibwo Pasiteri Rukundo Octave yavuze ijambo atuje kandi ati « Bakirisitu mukomeze mube abarokore beza batariho umugayo kandi mwere imbuto z\'abarokore murusheho gusenga ibindi mubiharire Imana » nyuma arataha.

Umunezero n\'ibyishimo byasojwe bibaye amarira. Abakirisitu twaganiriye nabo barasaba ubuyobozi bufite mu nshingano zabo amadini n\'amatorero gukurikiranira hafi iki kibazo dore ko bamwe mu bize muri za kaminuza zitandukanye (CP) bavuga ko bashobora no kujya mu yandi matorero. Reka dusoze iyi nkuru tubizeza kuvugisha ubuyobozi bukuru bwa ADEPR ngo bugire icyo buvuga kuri iki gukorwa cyabaye kuri iki cyumweru.

Patrick Kanyamibwa






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Eric10 years ago
    hahahahah,Kanyamibwa!rya duke uryame kare
  • Eric10 years ago
    hahahahah,Kanyamibwa!rya duke uryame kare
  • Dieudonné10 years ago
    Ariko se iri torero riri muyihe mikino koko mwe mubirebye neza? Reba ukuntu bahora baryana, bahindagura abayobozi, bazana inyigisho z'icyacumi zidafututse z'agahato, nibarekere aho kutuzunguza ntabwo turi akarima kabo. Cg twigire mu yandi matorero. Ubundi ADEPR association yaje ite ko hariho EGLISE PENTECOTE AU RWANDA ari nayo imwe ku isi yose itandukanwa n'ururimi rw'igihugu none,Hm! Twasaba ko bayisesa cg bakayisubiza uwari uyiyoboye, byakwanga Umuyobozi ubifite munshingano ze mu gihugu afate icyemezo gikwiriye. Imana yagaragaje icyo yashakaga kugaragaza.
  • MAFENE10 years ago
    Nanjye ndi mu itorero rya ADEPR ariko amakosa y'abayobozi b'iri torero amaze kudutera ikirungurira pe!! Umuntu wese bazi ko yari ku buyobozi bwa Samuel USABYIMANA bamugendaho naho abari barazize amakosa yabo n'amatiku ku Ngoma ya Samuel babasubuje ku mirimo, urugero mu itorero rya ADEPR Akarere ka Gasabo Paroisse ya Gihogwe hayoborwa na NSABIMANA Berchaire yafashe uwitwa RUTAYISIRE Edouard wari warabiciye kubwa Samuel, warangwaga n'amatiku no kwikakaza aba amusubije mu buyobozi ubu ni Mwarimu ku Mudugudu w'i Jali!!!! Ni ikibazo gikomeye mu itorero kuko ibyo bakora byose ni inda mbi bafite y'amafranga!! Nkaba nasabaga abafite amadini mu nshingano bakorera mu nzego za Leta batabarire ADEPR mu maguru mashya amazi atararenga inkombe!!!!!!
  • ebimahno10 years ago
    bakwiye kwisubiraho, tukanabafasha gusenga IMANA.
  • together10 years ago
    ngo basenga Imana da!nibande barimo kwicana muri centre Africa ni abakristu na bislam sha njye narumiwe ntitukabeshyere Imana rwose kuko ibikorwa bisigaye biri muri ADPR bigaragaza ko imisengere yayo ari ukwishushanya
  • You10 years ago
    Yewe kintu cyazanye ibice muri ryo kikarisuzuguza abataririmo! Nyamara abera baryo bahora bari maso barisabira.
  • hareruya10 years ago
    ubundi ninde awabagize umucamanza wabantu itorero ry'Imana ryubaswe kurutare amarembo yikuzimu ntazarishobora
  • HIHIHIHIHI10 years ago
    Mwabantu b'Imana mwe,nanjye nkunda ADEPR ariko aba bayobozi barayangije kabisa.njya nsengera kumuhima ariko ibiriho biteye ubwoba.Imana nitabare itorero ryayo.gusa barye bari menge kuko uwo Imana iziyereka aragowe.izamuniga ahere umwuka.gusa tunikumburiye pastor wacu Samuel.turagukunda cyaneeee... naho aba bariho bamenye ko ntawubishimiye nagato.rimwe bazashiduka bicaye bonyine murusengero.
  • 10 years ago
    Muri Timoteyo haravugwa ngo nimubona ibyo byose bisohoye muzunamure amaso yanyu murebe hejuru,kuko gucungurwa kwanyu kuzaba kuri hafi.
  • Mwirinzi10 years ago
    Uwezwa nakomeze yezwe,nuwandura akomeze yandure,dore ndaza vuba nzanye ingororano kugira ngo ngororere umuntu wese ibikwiranye nibyo akora.





Inyarwanda BACKGROUND