RFL
Kigali

Menya bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: fmaufb
Taliki:4/01/2014 8:57
0




Ibintu by’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka y’isi:

1847Samuel Colt yagurishije imbunda ya mbere nto yo mu bwoko bwa Revolver kuri guverinoma ya Amerika.

1896Utah yabaye Leta ya 45 muri Leta zinjiye mu bumwe bwa Leta zunze ubumwe za Amerika.

1966: Uguhirika ubutegetsi kwabaye mu cyahoze ari Haute Volta (Burkina Faso y’ubu), bituma inteko ishingamategeko iseswa hashyirwaho itegekonshinga rishya.

2010Burj Khalifa, inzu ya mbere ndende ku isi yarafunguwe ku mugaragaro.

Abantu bavutse uyu munsi:

1979: Shergo Biran, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umudage nibwo yavutse.

1980: Miguel Monteiro, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunyaportugal nibwo yavutse.

1982Paulo Ferrari, umukinnyi w’umupira w’amaguru wo muri Argentine nibwo yavutse.

1982: Richard Logan, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umwongereza nibwo yavutse.

1986: James Milner, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umwongereza nibwo yavutse.

1988: Maximilian Riedmüller, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umudage nibwo yavutse.

1989: Jeff Gyasi, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunyanigeriya nibwo yavutse.

1990Iago Falqué, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya Espagne nibwo yavutse.

1990: Toni Kroos, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umudage nibwo yavutse.

1990: Alberto Paloschi, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umutaliyani nibwo yavutse.

Abantu bitabye Imana uyu munsi:

2007: Marais Viljoen wabaye perezida wa 5 wa Afurika y’epfo yaratabaritse ku myaka 92 y’amavuko.

2010: Casey Johnson, umunyamideli akaba n’umukinnyikazi wa filime w’umunyamerika yitabye Imana, ku myaka 31 y’amavuko.

2011Mohamed Bouazizi, umunyatuniziya witwitse akaba ariwe watangije imyigaragambyo yahiritse perezida w’iki gihugu yitabye Imana, ku myaka 27 y’amavuko.

2013: Lassaad Ouertani, umukinnyi w’umupira w’amaguru wo muri Tuniziya yitabye Imana, ku myaka 33 y’amavuko.

Mutiganda Janvier






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND