Nk’uko twabitangarijwe na Vid Frank urimo gutegura ibi birori biteganijwe ko bizarangwa n’udushya twinshi aho couple eshatu za mbere zizaba zambaye neza kurusha izindi zizahembwa, ibihembo birimo telephone, costume n’inkweto, ama couple azaba yigaragaje neza akazahebwa na bamwe mu byamamare nka Tidjala Kabendera, Denis uzwi mu ma film atandukanye nka Rwasa ndetse n’umunyamideri Claude Ndayishime.
Ikindi ni uko abantu 50 ba mbere bazahagera mbere ya saa mbiri z’umugoroba bazajya bakirizwa icyo kunywa cy’ubuntu.
Tubibutse ko kwinjira muri ibi birori bizanasusurutswa n’abahanzi batandukanye barimo Queen Cha, Benzo, Allioni n’abandi ari amafaranga 2500 kuri couple na 1500 k’umuntu umwe wizanye.
Seleman Nizeyimana
TANGA IGITECYEREZO