RURA
Kigali

Rex Kazadi wahatanye mu matora na Felix Tshisekedi yiyunze kuri AFC/M23

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:1/04/2025 9:17
0


Rex Kazadi wahatanaga mu matora y’umukuru w’Igihugu yo mu 2023, yiyunze kuri AFC/M23, atangaza ko yishimiye kwiyunga muri uyu mutwe ufite intego yo kubohora Igihugu cyabo.



Nyuma y’uko ku wa 30 Werurwe 2025 Corneille Nangaa ashishikarije abanyekongo kwiyunga kuri M23 bakabohora Igihugu cyabo, Rex Kazadi yumvikanye avuga ko yishimiye kwinjira muri uyu mutwe.

Ni mu butumwa bw’amashusho bwasakaye hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga aho Kazadi yavugaga ngo “Nishimiye kuba nasinyiye kuba umunyamuryango wa Alliance Fleuve Congo (AFC) uyu munsi. Mwakoze cyane kunyongera mu muryango. Ntewe ishema no kuba umwe muri mwe. Niteguye kwitanga uko nshoboye kose ku bw’indangagaciro dusangiye.”

Kazadi yahoze ari umwe mu ishyaka rya UDPS ari naryo Perezida Felix Antoine Tshisekedi abarizwamo ariko mu mwaka wa 2023  yiyamamazaga nk’umukandida wigenga aho yasezeranyaga abaturage ba Congo-Kinshasa ko azagarura amahoro mu burasirazuba bw'iki gihugu.

Mu bandi bamaze kubenguka no kwishimira intumbero za AFC barimo Jean-Jacques Mamba wabaye umudepite muri Congo, wanabaye kandi umwe mu barwanashyaka bakuru b’ishyaka MLC rya Jean Pierre Bemba n’abandi batandukanye batandukanye batavuga rumwe na Leta ya Tshisekedi.

Nyamara nubwo aba bose bakomeje kwinjira muri AFC/M23 ngo babohore igihugu cyabo, mu minsi ishize nibwo intumwa z'uyu mutwe zagiye mu biganiro by’amahoro muri Qatar nyuma y’iminsi mike Tshisekedi ahuriyeyo  na Perezida Kagame.

Uretse n’ibyo biganiro byo muri Qatar, imiryango ya EAC na SADC baherutse gushyiraho abahuza bashya muri iki kibazo cya Congo na AFC/M23 nyuma gato y’uko Angola yikuye mu buhuza.


Rene Kazadi yatangaje ko yishimiye kwinjira muri AFC/M23





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND