RURA
Kigali

Ni ngombwa kwemeza no kwirarira ku nshuti zawe muri weekend?

Yanditswe na: Niyigena Geovanie
Taliki:28/03/2025 16:53
0


Iyo benshi bageze mu mpera z’icyumweru, baba bateganya gusohokana no kwemeza inshuti zabo nyamara ugasanga bibasize mu bukene butuma uwatakaje amafaranga abaho nabi igihe kirekire.



Mu minsi isoza icyumweru (Weekend) ukongeraho ko ari iminsi isoza ukwezi, amacupa n’amatungo biba bifite ibibazo ndetse n’akazi kenshi kuri ba mucoma ndetse n’abatanga ibyo kunywa mu tubari na hoteri hirya no hino.

Hari benshi bagira amafaranga ariko umunsi aboneyeho amafaranga akaba ari nawo munsi aburiraho amahwemo kuko nta kindi kiba kiri mu mutwe y’uyabonye uretse kujya gusengera no kwishimana.

Mu buzima busanzwe, nk’uko byagaragajwe n’abashakashatsi batandukanye, ni byiza kwishimira ibyo wagezeho kandi ni byiza kwishimana n’umuryango ariko na none mu rugero.

Nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’ubushakashatsi ku mibanire (Journal of Social and Personal Relationships), abantu bagira igihe kinini cyo gusabana n’inshuti zabo bagira ubushobozi bwo gukemura amakimbirane no kubaka imibanire myiza mu buryo butandukanye.

Muri rusange, gusohokana byongera ibyishimo n’umunezero muri abantu batandukanye.

Ubushakashatsi bwakozwe na Dr. Kelly H. D’Angelo bwagaragaje ko kuganira n’inshuti cyangwa abakunzi mu buryo bw’ubucuti birushaho gutuma umuntu yisanzura mu mutwe, kandi bimufasha kugabanya agahinda, umunaniro, ndetse n’umunaniro w’imibereho.

Nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi bwo muri Psychology Today, abantu bateganya ibikorwa byo gusohokana bagira ubushobozi bwo kugabanya umunaniro n’agahinda, ndetse bakagira ibyishimo bituruka ku kuganira no gukora ibikorwa byiza hamwe n'inshuti.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cya Harvard Study of Adult Development bwemeza ko imibanire nziza, iyo umuntu asohokana n’abandi, izamura imyumvire, bikaba byaragaragaye ko ibyo bigira uruhare mu kongera ibyishimo.

Nyamara n’ubwo abashakashatsi bagaragaza ibyiza byo gusengera no gusepera, hari ibindi bibi bibaho nyuma cyane cyane iyo umuntu usengera atagize amakenga ku buryo bishobora gusenya ibyo byiza byose byari byitezwe.

Ikinyamakuru The Journal of Consumer Research cyakoze ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu benshi bashobora kurenza ubushobozi bwabo mu gihe bisanzuye (Bishimye mu tubari) bakaba batanga amafaranga menshi mu kwishimisha n'inshuti zabo, rimwe na rimwe bikabasiga mu bihombo.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cya University of Chicago bwagaragaje ko abantu batagira umwanya uhagije wo kwiyungura ubumenyi mu gihe bakoresha igihe kinini basohokana n’inshuti zabo, bityo bikabagiraho ingaruka mu mikorere yabo no mu kugera ku ntego zabo.

Ikinyamakuru Journal of Social and Clinical Psychology cyagaragaje ko gusohokana bishobora gutuma umuntu ajya mu migenzo mibi cyangwa agatekereza ko gukora ibintu bibi bidasanzwe ari ibintu bisanzwe, biturutse ku kumva akanyamuneza mu bikorwa by’abo bari kumwe.

Muri macye, kwishimana n’inshuti byumwihariko mu mpera z’icyumweru, ni ibintu byiza mu kubaka umubano ariko iyo bidakoranywe amacyenga bibyara ingaruka mbi ku bari muri ibyo bikorwa. Kumenya ahantu n’uwo musohokana, ni ingenzi cyane.


Kwishimana n'inshuti ni byiza ariko kubikora ubushishozi bikaba byiza kurushaho





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND