Abasore n’inkumi bagera ku 155 bakomoka mu karere ka Nyamashkeke na Nyagatare nibo babanjirije abandi kwitabira gahunda ya [Igira ku murimo] Career Orientation Fair aho bimenyerezaga umwuga mu bigo bitandukanye ndetse abitwaye neza bakaba barabibonyemo akazi, abo kandi bakaba bashikirijwe impamyabushobozi.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2025 ku nzu y’urubyiruko iherereye mu Karere ka Nyarugenge Umurenge wa Kimisagara niho habereye igikorwa cyo gushimira urubyiruko rwo mu Karere ka Nyagatare na Nyamasheke rumaze iminsi muri gahunda ya [Igira ku murimo] Career Orientation Fair ndetse no gukangurira urubyiruko guhanga imirimo.
Gahunda ya [Igira ku murimo] Career Orientation
Fair yatangiriye bwa mbere mu karere ka Nyagatare na Nyamasheke aho urubyiruko
rwashakiwe ibigo by’abikorera ndetse n’inganda bakoreramo bimenyereza umwuga mu
rwego rwo kubafasha gukora imyuga irenze umwe ndetse ndetse abitwaye neza
bakabona imirimo muri ibyo bigo.
Muri iki gikorwa Minisitiri w’urubyiruko n’iterambere
ry’ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yavuze ko kuba iki gikorwa
cyaratangiriye mu karere ka Nyagarare na Nyamasheke ari ibintu byatekerejweho
cyane ko atari igikorwa kizahita gihagarara ahubwo kizakomeza kikanagera mu
tundi turere.
Minisitiri Utumatwishima yagize ati “Ni
igikorwa twakoze dufatanyije na UNICEF. Twumvikanye ko tugiye kugerageza
urubyiruko 150 ariko tugatekereza kureba mu turere twose tw’igihugu ariko nyuma
twigira inama yo gufata uturere tubiri dutandukanye kandi turi kure, nibwo
twahisemo Nyagatare na Nyamasheke ngo tubanze turebe ko urubyiruko
ruzabyitabira, tunamenye ko ibigo by’abikorera nabyo bizemera kubakira kugira
ngo tumenye icyo twatangiriraho kugira ngo iyi gahunda igere mu turere twose.
Yakomeje avuga ko mu mbogamizi bahuye nazo mu
gutegura iyi gahunda ari ukubona ba rwiyemezamirimo bagirira icyizere urubyiruko
bitoroshye cyane ko imyitwarire ya rumwe mu iba ikemangwa.
Yakomeje
agira ati “Twigeze gukora Carrer Fair nk’iyi muri Musanze maze umwe muri ba
Rwiyemezamirimo aratubwira ngo akazi karahari ko guha urubyiruko ariko ngo
urubyiruko ntabwo rwiteguye kuko bava mu ishuri bafite inzozi zo gutangira
bayobora ibigo bikomeye, agasohokana icyongereza kirenze akumva yahita aba
ushinzwe abakozi, wamushyira mu iduka akumva ashaka gutunga Telefone nk’iyumukoresha
we ndetse bikamutera no kuyiba.
Minisitiri
yakomeje avuga ko uwo rwiyemezamirimo yababwiye ko kugirira ikicyere urubyiruko
bigoye kubera ko indangagaciro zarwo ari nkeya cyangwa wamusiga ku kazi gasaba
guhozaho ugasanga yibereye ku mbuga nkoranyambaga.
Minisitiri Utumatwishima yashimiye UNICEF yashyigikiye iki gikorwa cyiza ndetse akangurira urubyiruko kwihangira imirimo.
Yashishikarije urubyiruko
kwitabira gukurikirana amasomo yo kwihangira umurimo agaragara ku rubuga
Minisiteri y’urubyiruko yakoze ifatanyije na UNICEF rwa Ingazi.rw
Mu kiganiro
cyihariye yagiranye na InyaRwanda, Minisitiri Utumatwishima, yavuze ko Leta y’u Rwanda
yihaye gahunda yo guhanga imirimo ku banyarwanda bose ariko urubyiruko
rukabyungukiramo cyane kuko aribo benshi mu gihugu kandi bafite imbaraga zo
gukora.
Ati “Nibukije y’uko gahunda ya Leta twihaye ari uko tuzahanga imirimo ku banyarwanda bose ariko cyane cyane birumvikana ko urubyiruko ari twe benshi iyo mirimo izajya ku rubyiruko.
Abikorera ku giti
cyabo bakunda kutubwira ko urubyiruko rutiteguye kuko ubumenyi bwabo mu gukora
Business, gukora inshingano zabo ku gihe ni bike ndetse rimwe na rimwe bakagira
ingeso zo kudakora neza ibyo bashinzwe ntibatange umusaruro.
Twashakaga kubahinyuza maze twohereza urubyiruko
mu nganda no mu bigo by’abikorera biri mu karere ka Nyamasheke na Nyagatare
kugira ngo turebe iyo myitwarire y’urubyiruko n’icyo ba rwiyemezamirimo
bazabivugaho. Icyo twabonye ni uko urubyiruko rw’u Rwanda rufite ubumenyi n’imyitwarire
myiza, ni nayo mpamvu benshi mu bakoreshejwe babonye akazi".
Yasoje agira inama urubyiruko kutigira
kwibagirwa kuko ibyo bakuye mu mashuri aribyo bizabaherekeza mu kazi kabo ka
buri Munsi.
Ati “Icyo nasaba urubyiruko ni ukumenya neza icyo
wabashije kwiga, niba gisaba ikinyarwanda cyangwa icyogereza, niyihangane
akimenye neza, twizeye ko imirimo igihugu kizahanga kizasanga biteguye cyangwa
n’abazihangira imirimo bizabafashe kubona inyungu.
Urubyiruko 155 baturutse mu turere twa Nyagatare na Nyamasheke bahawe impamyabushobozi nyuma ya Gahunda bamazemo iminsi ya Career Orientation Fair
Minisitiri Utumatwishima yakanguriye urubyiruko kwihangira umurimo
UNICEF ku bufatanye na Minisiteri y'urubyiruko bashyizeho gahunda ya Ingazi.rw urubuga rutanga amasomo ku kwihangira umurimo
TANGA IGITECYEREZO