RURA
Kigali
17.4°C
22:02:46
March 31, 2025

Mu Buhinde: Imbwa yaguzwe arenga miliyari 8 Frw

Yanditswe na: Ndayishimiye Fabrice
Taliki:26/03/2025 16:26
0


Imbwa izwi ku izina rya Cadabomb Okami yagurishijwe miliyoni 500 z’ama-rupe, aho yaguzwe na S. Satish, umugabo uzwiho gukunda imbwa by’umwihariko izifite umwihariko.



Nk’uko byemejwe n’ibinyamakuru birimo Economic Times, Euronews, News24 ndetse n’ibindi, ifite umwihariko wo kuba uyirebeye kure ushobora no kwibeshya ko ari ikirura atari imbwa kuko isa nacyo neza.

Iyi mbwa yaciye agahigo ko kuba imbwa ihenze kurusha izindi ku Isi, imaze amezi umunani yonyine ivutse aho yavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ikaba ipima ibiro 75.

Satish utuye mu mujyi wa Bengaluru muri Leta ya Karnataka mu Buhinde, azwi ho kugura imbwa cyane dore ko ubu atunze imbwa zisaga 150, hakaba hari n’indi aherutse kugura miliyoni zisaga eshatu z’amadolari.

Gusa si kuzitunga by’umurimbo gusa, ahubwo izi mbwa Satish nawe zimwinjiriza amafaranga kuko azikoresha mu myiyerekano mu birori bitandukanye, ndetse abantubakazisura mu bihe bitandukanye ari nako bimwinjiriza agatubutse.


Satish azwiho gukunda imbwa cyane





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND