RURA
Kigali

Mbappe yagarukanye umwaku mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:21/03/2025 9:17
0


Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa yisanze mu bibazo bikomeye nyuma yo gutsindwa na Croatia ibitego 2-0 mu mukino wa mbere wa ¼ cy’irangiza cya UEFA Nations League. Nubwo yari yagaruye kapiteni wayo Kylian Mbappe.



Ku munota wa 26, Ante Budimir yafunguye amazamu ku mutwe, umupira ugonga umunyezamu Mike Maignan w’u Bufaransa maze winjira mu rushundura, bituma Croatia ifata icyizere cyo gutsinda uyu mukino hakiri kare.

Ibi byakomeje kuba bibi ku Bufaransa, kuko mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Ivan Perisic yatsinze igitego cya kabiri ku mupira yateye neza cyane, awohereza mu nguni y’izamu nta mahirwe Maignan yari afite yo kuwukuramo.

Muri uyu mukino, Croatia yabonye amahirwe menshi yo gutsinda ibindi bitego, ariko umunyezamu Maignan akomeza kwitwara neza. Yakuyemo penaliti ya Andrej Kramaric ku munota wa 8, ndetse anakuramo ishoti rikomeye rya Josko Gvardiol ryari ritunguranye.

Ku ruhande rw’u Bufaransa, Kylian Mbappe wari ugarutse mu ikipe nyuma y’amezi atandatu, yagerageje inshuro nyinshi gushaka igitego, ariko ntiyabashije gutsinda nubwo yateye amashoti atandatu ku izamu.

Les Bleus bafite akazi gakomeye mu mukino wo kwishyura uzabera kuri Stade de France ku Cyumweru. Ikipe y’u Bufaransa irasabwa gutsinda ibitego birenze bibiri kugira ngo yizere gukomeza muri ½ cy’irangiza.

Kuva mu Ukwakira 2021 ubwo batsindaga Espagne, u Bufaransa ntiburabasha gutsinda umukino wa Nations League igihe bwabanje gutsindwa igitego, bigatuma abakunzi b’iyi kipe batangira kugira impungenge.

Les Bleus bategerejweho guhindura amateka mu mukino wo kwishyura.

 

Croatia yatsinze u Bufaransa mu mukino wa UEFA Nations League

Mpappe yananiwe gufasha U Bufaransa gutsinda Croatia






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND