RURA
Kigali

RIB yibukije abatuye i Gahanga kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no kwirinda ubujura bushukana

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:27/03/2025 21:47
0


Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakanguriye abaturage bo mu Kagari ka Kagasa, Umurenge wa Gahanga ho mu Karere ka Kicukiro, kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside no kwirinda ubujura bushukana bima amatwi ababizeza ibitangaza bagamije kubarya utwabo.



Kuri uyu wa Kane itariki 27 Werurwe 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakoze ubukangurambaga bugamije gukangurira abaturage kurwanya ibyaha no gukumira ingaruka zabyo ku muryango nyarwanda.

Iki gikorwa cyayobowe na Ntirenganya Jean Claude, Ushinzwe ibikorwa byo gukumira ibyaha muri RIB, aho yagaragaje ko inshingano z’uru rwego ari ukugenza ibyaha, gukumira ibyaha no gutahura ababigiramo uruhare.

Muri ubu bukangurambaga Ntirenganya Jean Claude yakanguriye abaturage bo mu murenge wa gahanga kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside. Yagize ati: “Ingengabitekerezo ya Jenoside ni mbi ku buryo n’iyo yaba ari umuntu umwe uyifite bigomba kuduhangayikisha kugira ngo akosoke."

Mu kiganiro cyihariye yahaye itangazamakuru,  yavuze ko impamvu nyamukuru y’ibi biganiro bari guha abaturage harimo no kubategura mu gihe cy’Icyumano uko bagomba kuzitwara cyane ko byagaragaye ko iyo bigeze mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, aribwo ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside fifata indi ntera.

Yagize ati “Ni ngombwa ko abaturage bacu twongera kubategura uko bagomba kwitwara mu bihe byo Kwibuka abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iyo tugeze muri ibyo bihe nibwo RIB ibona imibare y’ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside izamuka. Ni ngombwa rero ko iyo twabonye ko icyo gihe aribwo ibyo byaha bigaragaramo, tugomba gufata akanya tukegera abaturage bacu tukaganira, tukibukiranya, ingaruka zabyo".

Ntirenganya Jean Claude,  yakomeje avuga ko impamvu ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bikunda kugaragara mu bihe byo mu kwa Kane ari uko hari bamwe mu baturage bayicengejwemo igihe kinini ariko igihe cyo Kwibuka cyagera ugasanga abayibitsemo  kwihishira birabananiye, maze bakayigaragaza.

Yanavuze ko hari abana bato nabo bagaragarwaho n’ingengabitekerezo ya Jenoside kubera ko abakagombye kubabwira uko amateka y’u Rwanda yagenze, bayababwira bayagoretse nabo bagakurana urwango muri bagenzi babo.

Yakomeje agira ati “Abandi nanone ni ba bandi bagiye bigishwa nabi, bakigishwa ingengabitekerezo ya Jenoside aho kwigishwa amateka ya nyayo yaranze igihugu cyacu. Abo ndashaka kuvuga abana rimwe na rimwe na Jenoside yabaye batarabaho ariko ugasanga imiryango bakuriyemo aho kubabwira amateka ya nyayo yaranze u Rwanda bakabaha amateka atari yo".

Uretse kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, abaturage bo mu Murenge wa Gahanga bakanguriwe kwirinda ubujura bukoreshejwe ikoranabuhanga aho abajura bagenda bagira amayeri menshi yo gushuka abaturage bakoresheje telefone n’imbuga nkoranyambaga.

RIB yabwiye abatuye i Gahanga kurwanya icuruzwa ry’abantu, rikunze gukorwa mu buryo bwihishe, aho benshi bisanga mu mutego wo kubeshywa ibidahari maze bakisanga bajyanywe imahanga kugirwa ibikoresho by’abashaka kubabyazamo inyungu.

  

Ntirenganya Jean Claude ushinzwe ibikorwa byo gukumira ibyaha muri RIB, yibukije abaturage bo mu karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gahanga kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Abayobozi b'inzego z'ibnze nibo bari kwisonga mu gufatanya na RIB gukangurira abaturage kwirinda ibyaha

Abaturage bo mu Kagari ka Kagasa banyuzwe n'impanuro za RIB






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND