RURA
Kigali

Rutahizamu Ademola Lookman yashimye urwego rw’Amavubi mbere y’umukino wa Super Eagles n’u Rwanda

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:21/03/2025 10:54
0


Rutahizamu wa Super Eagles na Atalanta, Ademola Lookman, yatangaje ko ikipe y’igihugu y’u Rwanda ari ikipe ikomeye mbere y’umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 uzahuza ibihugu byombi kuri uyu wa Gatanu.



Uyu mukinnyi w’imyaka 27 yageze i Kigali ku wa Mbere ari kumwe na bagenzi be barimo William Troost-Ekong, Calvin Bassey, Ola Aina na Alex Iwobi. 

Kuva yagera mu Rwanda, Lookman yakoranye imyitozo yose n’ikipe ye y’igihugu, yitegura uyu mukino ufatwa nk’ugomba gutsindwa ku ruhande rwa Nigeria kugira ngo irusheho kugira icyizere cyo kubona itike y’Igikombe cy’Isi.

Mbere y’uyu mukino, Lookman yavuze ko Nigeria izakina n’ ariko Amavubi nayo Amavubi yiteguye kandi azaba atoroshye. Ati “Turiteguye, dutegereje umukino wa Gatanu. Tugomba kujya mu kibuga tugakina dushyizeho ingufu no kugerageza gushyira umukino ku ruhande rwacu kugira ngo tugire igihe cyiza.”

Yongeyeho ati: “Tuzi neza ko u Rwanda ari ikipe nziza. Tuzi ko ari abakinnyi bakomeye, ariko ku iherezo ry’umukino, icyo tugomba gukora ni ukwitaho umukino wacu no gushaka uko tubatsinda.”

Lookman kandi yavuze ko kongera guhura na bagenzi be nyuma yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza wa Afurika ari ishema rikomeye kuri we.

Ati “Ni ishema rikomeye. Ni umugisha n’icyubahiro kuba ndi mu bakinnyi batoranyijwe begukanye iki gihembo, nk’uko byagenze kuri mugenzi wanjye Osimhen umwaka ushize. Ni ikintu cy’agaciro kanini ku buzima bwanjye.”

Nigeria ifite amanota atatu gusa mu mikino ine ya mbere yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, bivuze ko nta yandi mahitamo uretse gushaka insinzi kuri uyu wa Gatanu. 

Nyuma y’uyu mukino uzabera kuri Stade Amahoro i Kigali, Super Eagles izakira Zimbabwe mu mujyi wa Uyo ku wa Kabiri, tariki 25 Werurwe, mu wundi mukino ukomeye.

Lookman yavuze ko bagomba gukina nk’ikipe, kuko bafite intego imwe yo gutsinda. Ati “Ikipe ifite abakinnyi beza, abakinnyi bafite ubushobozi buhanitse. Twese dufite intego imwe (gutsinda), kandi icyo ni ingenzi. Turakorera hamwe nk’ikipe, kandi uko dufatanyije ni byo bizatugira ikipe itsinda.”

Lookman yashimye urwego rw'Amavubi 

Lookman ni umunya Nigeria ukomeye ukinira Atalanta mu Butaliyani

Nigeria mu myiteguro ikomeye yo gukina n'u Rwanda

Ademola Lookman yacyeje Amavubi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND