John C. Maxwell yaravuze ngo ‘Umuyobozi ni uzi inzira, ugenda iyo nzira, kandi akayereka abandi’ naho Theodore Roosevelt we aravuga ngo ‘Abantu ntibita ku bumenyi ufite, ahubwo bita ku buryo ubitayeho.’
Aya
magambo y’aba banyabigwi ashimangira uburyo ubuyobozi ari ingenzi mu kugera ku
ntego runaka ndetse akagaragaza ko ubuyobozi bubi aribwo soko yo gusenyuka kw’igihugu
cyangwa se icyo uwo muyobozi ayoboye.
Kugira
ngo kompani, agace, igihugu gitere imbere, bisaba kuba hari umuyobozi mwiza uri
ku ruhembe rw’iterambere ndetse unashyira ibintu ku murongo kugira ngo bigende
neza.
Bishimangira
ko mu ishyirwaho ry’umuyobozi, abamushyiraho bamwitondera bakamenya icyo yabagezaho
mu gihe bamushyizeho.
Umuyobozi
mwiza si uwategetswe cyangwa uhabwa umwanya gusa, ahubwo ni uwiyemeza kuyobora
neza no gufasha abandi kugera ku ntego rusange.
Hari
uburyo bwinshi bwo kuyobora bigendanye n’uburyo umuyobozi yize neza abo ayoboye
ndetse n’abayobozi benshi bakaba baragiye babuvugaho. Ubwo buryo ni;
1. Ubuyobozi
bushingiye ku Ndangagaciro (Ethical Leadership)
“Ubuyobozi
nyabwo ni ugukorera abandi aho gushaka inyungu zawe bwite.” Ni amagambo yavuzwe
na Mahatma Gandhi ashimangira indangagaciro zo gukundana avuga ashaka
kugaragaza ko umuyobozi mwiza yagakwiye gukunda abo ayoboye hanyuma akikunda
nyuma.
2. Ubuyobozi
bufite icyerekezo (Visionary Leadership)
Ni
ubuyobozi buteganya ibyo bagomba kugeraho, bakabisobanurira abo bayoboye
bakabereka inzira zo kubigeraho n’uburyo bwo kurenga imbogamizi bazahura nazo
muri iyo nzira.
Ubu
buryo bw’imiyoborere bwagarutsweho na John C. Maxwell agira ati “Umuyobozi
nyawe agomba kumenya icyerekezo, akabanza kukigenderamo, kandi akakigisha
abandi.”
3. Ubuyobozi
bushyigikira abayoborwa (Inspirational Leadership)
Ni
uburyo umuntu ayoboramo abandi ariko abatera akanyabugabo mu byo bakora byose
ku buryo biyumva nk’aho aribo bayoboye. Nelson Mandela yagize "Lead from
the back — and let others believe they are in front.” Aha yashakaga kugaragaza
uburyo umuyobozi akwiye kutishyira hejuru n’imbere ahubwo akwiye gukorana no
gutera akanyabugabo abo ayoboye.
4. Ubuyobozi
bw’abaturage (Servant Leadership)
Servant
Leadership ni uburyo bw’imiyoborere aho umuyobozi afata inshingano nk’umugaragu
w’abo ayoboye aho kuba umutegeka ubategeka ibyo gukora. Uyu muyobozi aharanira
iterambere ry’abandi aho gukoresha ubuyobozi bwe mu nyungu ze bwite.
Urugero
benshi bahita bumva ndetse bagasobanukirwa, Yesu wo muri Bibiriya yabaye
umuyobozi ariko na none akaba nk’umugaragu w’abo ayoboye harimo koza intumwa ze
ibirenge, gusangira nabo amafi, kugendana n’abo yigishaga, kurarana nabo …
5. Ubuyobozi
bufata inshingano (Responsible Leadership)
Responsible
Leadership ni uburyo bw’imiyoborere aho umuyobozi yumva ko afite inshingano ku
bo ayoboye, ku muryango mugari no ku bidukikije. Uyu muyobozi ntabwo afata
imyanzuro ahubwo nawe amenya ko iyo myanzuro yagezweho.
Winston
Churchill yavuze ko “Iyo uri umuyobozi mwiza, ugomba kumenya ko inshingano zawe
ari zo zikugira uwo uri we.” Bigaragaza ko umuyobozi mwiza ari uwita ku bo
ayoboye akamenya no kubahiriza inshingano ze.
Hari
uburyo bwinshi bw’imiyoborere twaganiraho bukira bugacya ariko bwose bukagaruka
ku ndangagaciro n’imyitwarire igomba kuranga umuyobozi mwiza. Harimo;
1. Kugira
icyerekezo (Vision)
2. Kuba
inyangamugayo
3. Gutanga
urugero rwiza
4. Kwita
ku nyungu rusange
5. Kumva
abandi
6. Gushyigikira
iterambere ry’abo ayoboye
7. Ubumenyi
n’Ubuhanga
8. Ubutabera
9. Ubushobozi
bwo guhuza abantu
10.
Ubushishozi mu gufata icyemezo
Ibi
byose ndetse n’bindi ntarondora, ni bimwe mu biranga umuyobozi mwiza benshi
bifuza kugira n’ubwo bitoroshye kubona uwabasha kubihuza byose ngo bigende
neza.
Kuba bitoroshye kubihuza, niho haturuka ku kuba umuyobozi umwe ashobora kwandika amateka mu myaka magana kandi muri iyo myaka yose harabayeho abayobozi benshi cyane.
TANGA IGITECYEREZO