RURA
Kigali

Abaherwe 10 ba mbere ba Afurika batunze Miliyari 75.5 z’Amadolari

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:12/03/2025 14:58
0


Mu mezi atatu gusa ashize y’umwaka wa 2025, bamwe mu baherwe bo muri Afurika babonye izamuka rikomeye ry’umutungo wabo batitaye ku mpinduka zikomeye zikomeje kuba mu bukungu bw'ibihugu bakomokamo.



Uyu mwaka wa 2025, nubwo ukiri mushya, wazanye impinduka zigaragara mu butunzi bw’abaherwe ba Afurika. Mu gihe isi yose iri guhura n’izi mpinduka, Afurika na yo yahuye na zo mu buryo bugaragarira buri wese.

Urugero rukomeye ni urw’umuherwe wa mbere muri Afurika, Aliko Dangote, wazamuye agaciro k’umutungo we hafi kwikuba incuro ebyiri kubera ibikorwa bya Dangote Refinery. Muri Gashyantare, umutungo we wageze kuri miliyari $23.9, bimushyira ku mwanya wa 85 mu baherwe ba mbere ku isi, avuye ku mwanya wa 144 mu 2024, aho yari afite umutungo ufite agaciro ka miliyari $13.

Mbere y’aho, umuherwe ukomoka muri Afurika y’Epfo, Johann Rupert, ni we wari uyoboye abaherwe ba Afurika mu kwitwara neza, aho yari yungutse miliyari zirenga $3 mu mutungo we. Mu ntangiriro za Gashyantare, yari amaze kongera miliyari $3.32 ku mutungo we, nk’uko byatangajwe na Bloomberg Billionaire Index. Muri icyo gihe, umutungo we wari ugeze kuri miliyari $17, avuye kuri miliyari $13.7 mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2025, nta muherwe wo muri Afurika wari ufite izamuka rigaragara ry’ubukungu. Muri Mutarama, nta n’umwe muri aba baherwe bari ku rutonde rwa Bloomberg wari afite impinduka nziza mu mutungo we.

Nk'uko bikunze kugenda mu rwego rw’abaherwe, agaciro k’umutungo wabo kagenda gahindagurika umunsi ku wundi, rimwe na rimwe bagira igihombo, ubundi bakagira inyungu. Ariko hari igihe inyungu zibageraho bigatuma batongera gusubira inyuma vuba. Ibi byibajijwe cyane kuri Dangote, niba azongera gusubira ku mutungo wa miliyari $13, cyangwa niba azaguma hejuru ya miliyari $20 kubera uruganda rwe rwa peteroli.

Uyu mwaka uracyari mushya, bikaba bishoboka ko imiterere y’uru rutonde ishobora guhinduka bitewe n’uko isoko ry’imari n’ishoramari rizagenda rihinduka mu mezi ari imbere.

Dore abaherwe 10 bo muri Afurika bitwaye neza kurusha abandi mu 2025 kugeza ubu, ugereranyije n’aho bari batangiriye uyu mwaka, hashingiwe ku rutonde rwa Forbes Real-Time Billionaire Index:

Rank

Name

Country

Current net worth

Net worth at the start of the year

1.

Aliko Dangote

Nigeria

$23.4 billion

$11.5 billion

2.

Johann Rupert

South Africa

$13.6 billion

$11.1 billion

3.

Nassef Sawiris

Egypt

$9.5 billion

$7.7 billion

4.

Naguib Sawiris

Egypt

$5 billion

$3.8 billion

5.

Nicky Oppenheimer & family

South Africa

$10.4 billion

$9.5 billion

6.

Issad Rebrab & family

Algeria

$3 billion

$2.5 billion

7.

Michiel Le Roux

South Africa

$2.1 billion

$1.7 billion

8.

Koos Bekker

South Africa

$3.3 billion

$2.9 billion

9.

Mohammed Dewji

Tanzania

$2.2 billion

$1.8 billion

10.

Patrice Motsepe

South Africa

$3 billion

$2.7 billion

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND