Nyuma yo kuva muri Atletico Madrid, Andrea Berta ari mu bahabwa amahirwe menshi yo kuba umuyobozi ushinzwe siporo wa Arsenal, aho ashobora gusimbura Edu.
Amakuru aturuka ku munyamakuru uzwi
mu bijyanye n'igura n'igurisha ry'abakinnyi, Fabrizio Romano, avuga ko
ibiganiro byamaze gutangira, nubwo umwanzuro wa nyuma utarafatwa.
Andrea Berta ni umwe mu bagize uruhare rukomeye mu kubaka ikipe ya Atletico Madrid iriho ubu, afatanyije n’umutoza Diego Simeone.
Icyerekezo cye mu kugura no kugurisha abakinnyi
byafashije iyi kipe kugera ku rwego rwo hejuru mu Burayi. Kuba ari mu nzira zo
kwerekeza muri Arsenal bishobora guhindura byinshi ku
Ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, Arsenal ikomeje guhatanira igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza (Premier League). Nyamara, mu myaka ibiri ishize, iyi kipe yaguye mu rugamba rwa nyuma, ntibashe kwegukana igikombe.
Abasesenguzi barimo Alan Shearer, umwe mu
banyabigwi b’umupira w’amaguru mu Bwongereza, ntibashidikanya ko hari impamvu
zikomeye zituma Arsenal ihura n’iki kibazo buri mwaka.
Mu rwego rwo gukomeza gusigasira abakinnyi bayo bakomeye, Arsenal yiteguye kongerera William Saliba umushahara ukomeye, kugira ngo abe umwe mu bakinnyi bahembwa amafaranga menshi muri iyi kipe.
Ibi bigaragaza gahunda ya Arsenal yo gukomeza guhatanira ibikombe
ikoresheje abakinnyi bafite ubushobozi buhanitse.
Mu gihe Andrea Berta azemezwa nk’umuyobozi mushya ushinzwe siporo wa Arsenal, bizaba ari intambwe ikomeye kuri iyi kipe.
Uburyo bwe bwo kubaka ikipe, ubunararibonye mu igura n’igurisha ry’abakinnyi,
ndetse n’ubushishozi mu gufasha amakipe gukura, bishobora kuba igisubizo
Arsenal yari imaze igihe ishakisha kugira ngo yongere kugera ku rugero rwo
hejuru mu mupira w’amaguru.
Andrea Berta wagize uruhare mu kubaka Atletoco Madrid mu nzira yo kujya kubaka Arsenal
Andrea Berta ategerezanyijwe amatsiko menshi mu ikipe ya Arsenal cyane ko yashyize ku gasongeo ikipe ya Atletico Madrid
Andrea Berta agiye gusimbura Edu Gaspar wawi mu nzira zo gufasha Arsenal gutwara ibikombe
TANGA IGITECYEREZO