RURA
Kigali

Rodri wa Man City yatangiye imyitozo yoroheje

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:1/03/2025 11:57
0


Nyuma y’amezi atanu ari hanze y’ikibuga, umukinnyi wo hagati wa Manchester City, Rodri, yongeye kugaragara mu myitozo ku kibuga cy’ikipe.



Ni inkuru nziza ku bakunzi ba City, bamaze igihe bababazwa n’ibibazo byugarije ikipe yabo kuva uyu mukinnyi avunitse.

Ku wa Gatanu, Rodri yakoze imyitozo ku giti cye ku kibuga cy’imyitozo cya Etihad Campus, aho yagaragaye yiruka, ahindukira ndetse akora imyitozo yo gukina umupira.

Rodri yahuye n’imvune ikomeye mu kwezi kwa Nzeri, aho yacitse imitsi y’ivi izwi nka anterior cruciate ligament, imvune izwiho gutwara igihe kinini mu gukira. 

Kubura kwe byahise bigira ingaruka zikomeye kuri Manchester City, kuko kuva icyo gihe yatakaje amanota menshi muri Premier League, ubu ikaba iri inyuma ya Liverpool ho amanota 20.

Man City yasezerewe muri Champions League nyuma yo gutsindwa na Real Madrid. 

Yagaragaje ibibazo mu bwugarizi no hagati mu kibuga, kuko nta mukinnyi wagize uruhare rukomeye nka Rodri mu gufasha ikipe kugumana umutekano no gutanga umusaruro mwiza mu kibuga.

Nubwo amashusho ye mu myitozo yagaragaye, umutoza Pep Guardiola aracyafite impungenge zo kumugarura vuba. Yagize ati: "Icy'ingenzi ubu si uko agaruka vuba, ahubwo ni uko akira neza. Biragenda neza, ariko tugomba kwitonda."

Mu gihe hasigaye amezi atatu ngo shampiyona irangire, abakunzi ba City bafite icyizere ko Rodri azongera kugaragara mu kibuga, ndetse bishobora kumufasha kwitabira Club World Cup izabera muri USA muri Kamena.

Intwari ya Man City yatangiye gukora imyitozo yoroheje






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND