Ikipe y’igihugu ya Nigeria, Super Eagles, yahuye n’akaga gakomeye mbere y’imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’uko myugariro Semi Ajayi atemerewe gukina kubera imvune.
Uyu mukinnyi wa West Bromwich Albion yagize imvune mu mikaya (hamstring)ubwo ikipe ye yatsindaga Oxford United ibitego 2-0 ku wa 22 Gashyantare.
Yavuye mu kibuga ku munota wa 41 asimbuwe na
Mason Holgate, umukinnyi mpuzamahanga ukomoka muri Jamaica.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na West Bromwich Albion ryemeje ko Ajayi azamara igihe kitazwi hanze y’ikibuga.
Rigira riti"Semi Ajayi yagize imvune mu mikaya mu
mukino wa shampiyona. Azatangira gahunda yo gukira vuba, twese turamwifuriza
kugaruka akomeye".
Super Eagles bari ku mwanya wa Gatanu mu itsinda C, aho bamaze gukina imikino ine bakabona amanota atatu gusa.
Umutoza Eric Chelle ari gukorana imbaraga kugira ngo atsinde imikino ibiri iri
imbere, Nigeria izakina n’u Rwanda ku wa 22 Werurwe, hanyuma ikine na Zimbabwe
ku wa 26 Werurwe 2025.
Kuba Ajayi atazakina ni ikibazo gikomeye ku ikipe ya Nigeria, kuko ari umwe mu bakinnyi b’inkingi ya mwamba mu bwugarizi.
Byongeye, kubura kwe bishobora no kugira ingaruka kuri West Bromwich
Albion, kuko iyi kipe nayo ihatanira kuzamuka muri Premier League.
Mu gihe Super Eagles bari mu rugamba rwo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, bizasaba ko abakinnyi basigaye bashyiramo imbaraga nyinshi.
Kubura Ajayi byerekana ko Nigeria igomba gushaka uburyo bwo
gukemura ikibazo cy’ubwugarizi kugira ngo izitware neza mu mikino iri imbere.
Myugariro wa Nigeria Semi Ajayi yavunitse mu gihe bitegura gucakirana n'u Rwanda mu gushaka itike yo gukina igikombe cy'Isi
TANGA IGITECYEREZO