RURA
Kigali

Paris: Uwajugunye uruhinja mu idirishya rya Hoteli yamenyekanye

Yanditswe na: Tuyihimitima Irene'
Taliki:27/02/2025 14:54
0


Mia McQuillin, umukobwa w’imyaka 18 ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ari gukurikiranwa n’ubutabera bw’u Bufaransa nyuma yo kubyara umwana we mu cyumba cya hoteli, Ibis Styles i Paris, akamujugunya mu idirishya, bikaruviramo urupfu.



Uyu mukobwa yari mu rugendo shuri  muri gahunda ya ‘EF Gap Year’ gahunda ikorwa n'ikigo cya EF ‘Education First’, ihuza urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 22, rukagira amahirwe yo gusura ibihugu bitandukanye. Amakuru atangwa n’ubutabera avuga ko McQuillin ashobora kuba atari yiteguye kwakira gutwita kwe, ibintu bikekwa ko byagize uruhare muri iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi.

 Abatangabuhamya bavuze ko umwana yari agihumeka ubwo yajugunywaga, kandi yari agifite ingobyi igaburira ikanahuza umwana na nyina (umbilical cord). Yajyanwe kwa muganga ariko birangira yitabye Imana.

Umukozi wa Hoteli yavuze ko bibabaje kubona ibi byarabaye, yongeraho ko byamuteye ubwoba.

 Umuryango wa McQuillin, barimo sekuru Ralph McQuillin, wavuze ko utari uzi byinshi kuri iki kibazo. Ikigo EF Gap Year cyatangaje ko cyababajwe bikomeye n’aya makuru, kikanizeza ko kizakomeza gutanga ubufasha buzakenerwa nk'uko tubikeshaLindaikjisblog.com.

 Polisi y’u Bufaransa yafashe McQuillin ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare 2024 Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba, Ambasade ya Amerika i Paris yatangaje ko iri gukurikirana iki kibazo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND