RURA
Kigali

Gorilla FC yasanze Rayon Sportrs muri ¼ mu gikombe cy’Amahoro

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:20/02/2025 15:43
0


Ikipe ya Gorilla FC yasezereye City Boys mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo kunganya ubusa ku busa igakomeza ku gitego cyo hanze.



Ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu itariki 19 Gashyantare 2025 amakipe arindwi azakina kimwe cya kane mu gikombe cy’Amahoro ni bwo yamenyekanye ndetse anamenya ayo bizakina muri iki cyiciro. Ikipe ya Munani yari itegerejwe kuva hagati ya Gorilla FC na City Boys zakinnye kuri uyu wa Kane.

Umukino wa nyuma muri 1/8 wahuje Gorilla FC na City Boys. Ikipe ya Gorilla niyo yamanutse mu kinuga ihabwa amahirwe yo gukomeza muri kimwe cya kane kuko umukino ubanza amakipe yombi yanganyije igitego 1-1 ubwo Gorilla ikaba yamanutse mu kibuga yibitseho impamba y’igitego cyo hanze.

Igice cya mbere cy’umukino abahungu ba City Boys bakinanye imbaraga zidasanzwe ibyo Gorilla FC yari yiteze ko iza kuyitsinda byoroshye irabibura. Igice cya mbere cyarangiye ari ubusa ku busa amakipe yombi akiri mu rungabangabo.

Umukino warangiye ari ubusa ku busa maze Gorilla FC igera muri kimwe cya kane aho izacakirana na Rayon Sports.

Ubusanzwe ikipe ya City Boys ni nk'aho ari umwana wa Gorilla FC kuko ba nyirayo ni abahungu ba Perezida wa Gorilla FC, Mudaheranwa Hadji Youssuf akaba ari nawe nyirayo

Nyiri iyi kipe ya City Boys akaba ari na Perezida wayo ni Mudaheranwa Shaffy mu gihe Visi Perezida ari Murumuna we Kalisa Shani akaba n'umutoza wayo. Bombi ni abahungu ba Hadji Youssuf Mudaheranwa.

Gorilla FC yasezereye City Boys maze ijya muri kimwe cya Kane mu gikombe cy'Amahoro aho izacakirana na Rayon Sports






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND