Nyuma yo kwegukana ibikombe bine bya Grammy mu ijoro ryakeye, umuraperi Kanye West yakuriye ingofero Kendrick Lamar akoresha ikimenyetso cy’umuhanzi w’ibihe byose.
Hari
inyandiko ‘GOAT’ ivuga ngo ‘Greatest of all time’ mu Kinyarwanda bikaba
bisobanuye ngo ‘umwiza w’ibihe byose’. Aha iyo bagiye kuyihina bakoresha
ikimenyetso cy’ihene kubera ko impine y’iri jambo isobanura ihene mu
cyongereza.
Iyi
nyandiko ikubiye mu kimenyetso cy’ihene niyo Kanye West yakoresheje ataka Kendrick
Lamar waraye yegukanye igikombe bine mu bihembo bya Grammy bifatwa nk’ibya
mbere ku Isi.
Mu
butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Kanye West yashyizeho ifoto ya
Kendrick Lamar acigatiye ibihembo bine yegukanye hanyuma ayiherekesha
akamenyetso k’ihene.
Kendrick
Lamar yegukanye ibihembo bine mu byiciro bitandukanye byose abicyesha indirimbo
‘Not like us’. Ibyo byiciro ni;
Record
of the Year: "Not Like Us"
Song
of the Year: "Not Like Us"
Best
Rap Performance: "Not Like Us"
Best
Rap Song: "Not Like Us"
Ku
rundi ruhande, Kanye West wamukuriye ingofero we yageze kuri Crypto.com Arena
yitumiye hanyuma bamwangira ko yinjira kandi yari kumwe n’umugore we wari
waserutse ku itapi itukura yambaye ubusa buri buri.
Kendrick lamar yegukanye ibihembo bine mu ijoro ryakeye
TANGA IGITECYEREZO