Kigali

Ihitana abarenga 600 buri mwaka: Ingamba zizafasha u Rwanda gutsinda kanseri y’inkondo y’umura

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:3/02/2025 17:31
0


Kanseri y’inkondo y’umura, ni ikibazo cyane cyane mu Rwanda kuko buri mwaka haboneka abantu 866 bashya bayirwaye, igahitana abarenga 600 buri mwaka. Mu gihe iza ku mwanya wa kabiri mu zikomeje kwibasira abagore bari mu myaka ya 15 na 45, Minisiteri y'Ubuzima yatangije gahunda yo kuyirandura bitarenze mu mwaka wa 2027.



Kanseri y’inkondo ni uburwayi buterwa n’imikurire irengeje urugero kandi ntagenzurwa y’uturemangingo two ku nkondo y’umura.

Hari ubwoko bwinshi bunyuranye bwa kanseri y’inkondo y’umura, ariko ububoneka cyane bufata buhereye ahasanzwe hahurira igice cy’inkondo y’umura kivubura amatembabuzi ari nacyo gifatanye n’umura (uterus), n’igice cy’inkondo y’umura kirebana n’inda ibyara (vagina).

Ku ya 01 Gashyantare 2025 ni bwo Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE yatangaje ko kugira ngo irandure kanseri y’inkondo y’umura mu myaka itanu iri imbere bizasaba ishoramari rya miliyoni 38,4 z'Amadolari [miliyari 54,5 Frw] harimo miliyoni 4,5$ azakoreshwa mu bikorwa by’ibanze byo kuyirwanya nko gukingira abana b’abakobwa bakiri bato, andi akoreshwe mu bijyanye no gupima iyo kanseri no kuyivura.

Ni ibyatangajwe ubwo MINISANTE yatangizaga gahunda yo kurandura kenseri y’inkondo y’umura, iterwa na virusi izwi nka ‘Human Papillomavirus: HPV’, bitarenze mu 2027.

Biteganyijwe ko abana b’abakobwa 627.889 bafite imyaka 12 bazakingirwa HPV, hasuzumwe abagore bari hagati y’imyaka 30 na 49 bangana na 1.366.880 ndetse hateganywa ko muri abo bazasuzuma abantu 6277 bazahabwa ubuvuzi bw’iyo kanseri.

Ikiguzi rusange cyo gukingigira gitwara 7,25$ ku mwana w’umukobwa umwe, mu gihe kugira ngo umugore apimwe by’ibanze bisaba 13.2$, naho kugira ngo ahabwe ubuvuzi bumurinda kugira kanseri ariko byamaze kugaragara ko azayigira mu bihe biri imbere, ikiguzi kimwe ari 37,9$.

Kuvura kanseri umuntu yinjiwe mu mubiri ni ukuvuga wa wundi yagaragayeho bisaba urwaye gutanga 2.640,1$.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yavuze ko iyi gahunda izagerwaho mu gihugu cyose na cyane ko ubu yamaze kugerwaho mu turere nk’utwa Karongi, Gicumbi, Nyabihu, Rubavu n’utundi duce tumwe tw’igihugu.

Ati: “Uyu munsi turajwe ishinga na kanseri y’inkondo y’umura. Ni ibintu tuzageraho kandi twihuse cyane. Ni kanseri ya kabiri mu zihangayikishije cyane urebeye ku bayandura, abo yica n’ibindi. Niba tutabikoze ubu, tubishaka n’imbaraga zose bisaba, twihuse, ntabwo twatuma iki kibazo cyoroha ahubwo cyakomera kanseri ikagera ku rwego byagorana kwitaho. Tugomba kubikora hakiri kare kuko bituma umuntu avurwa agakira kanseri itaramurenga.”

Muri uru rugendo ruzamara imyaka itanu, u Rwanda ruzashyira imbaraga mu kwigisha abaganga benshi, kuvugurura amavuriro no kuyashyiramo ibikoresho bigezweho, guhangana n’ibyorezo, n’ikoranabuhanga.

Umwaka ushize, nibwo abashakashatsi bamuritse igikoresho kitababaza cyahawe izina rya “Test Kit Cervical Cancer” kizajya cyifashishwa mu gupima kanseri y’inkondo y’umura, buri wese akaba yabikorera mu rugo rwe atagannye amavuriro, akabona igisubizo mu minota 15.

Ubushakashatsi bwo kwipima iyi kanseri bwakozwe na Sânziana Foia, umunyeshuri usoje icyiciro cya kabiri cya kaminuza, abifashijwemo n’abahanga bo mu kigo Venture Builder Incubator (VBI).

Ubu bushakashatsi bwakorewe muri kaminuza ya Edinburgh bwagaragaje ko iki gikoresho cyizewe kandi gifite akarusho ko kutababaza imyanya y’ibanga kuko gikozwa hafi ugereranije n’ubundi buryo bukoreshwa hapimwa iyi kanseri.

Aka gakoresho kagaragaza kandi imiterere ya HPV “Human Papillomavirus”, agatsiko k’amavirusi aba mu mubiri, amwe muri yo akaba yatera indwara z’uruhu nk’amasununu ndetse agatera zimwe muri kanseri zirimo n’ifata inkondo y’umura.

Muri ubu buryo bwo kwipimira mu rugo, hagaragazwa iyi miterere ya HPV yatera kanseri, aka gakoresho gakozwa mu gitsina cy’umugore nibura amasegonda 20 kugeza kuri 30, ayo matembabuzi aje ku gakoresho agapimwa.

Kanseri y’inkondo y’umura ni ikibazo cyane mu Rwanda kuko buri mwaka haboneka abantu 866 bashya bayirwaye igahitana abarenga 609 buri mwaka na none.

OMS igaragaza ko kugera mu 2030, mu bizakorwa harimo gukingira 90% by’abangavu virusi ya HPV, gusuzuma 70% by’abagore bari hagati y’imyaka 30-49 hakoreshejwe uburyo bwizewe bwa HPV DNA no guharanira ko 90% by’abagore basanzwemo kanseri babonera ku gihe ubuvuzi bukwiye.

Ni intego u Rwanda ruzageraho mbere y’imyaka itatu ugereranyije n’intego ya OMS yo kurandura kanseri y’inkondo y’umura bitarenze 2030, ndetse bimwe byatangiye kugerwaho.

Imibare y'ishami ry'umuryango w'abibumbye ryita kubuzima (OMS) rigaragaza ko muri 2020, abanduye kanseri y’inkondo y’umura barengaga ibihumbi 600 ku isi.

Iyi kanseri yabonewe urukingo muri 2006, aho umuntu wakingirwaga yahabwaga doze 3 z'uru rukingo, naho mu 2022 nibwo ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima (OMS) ryatangije gahunda yo guhabwa urukingo rumwe gusa (single dose) ariko ibi bikaba bikorwa ku badafite izindi ndwara za burundu nka SIDA n'izindi.

Kanseri y’ibere ni yo ihitana abantu benshi mu Rwanda, igakurikirwa na kanseri y’inkondo y’umura, zigakuikirwa na kanseri prostate ifata abagabo n’izindi.

Hakenewe miliyoni 38,4$ ngo u Rwanda rubashe kurandura burundu kanseri y'inkondo y'umura bitarenze mu 2027






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND