Itorero ry'Abadiventisti b'umunsi wa karindwi mu mudugudu wa Ramoya, mu Ntara ya Homa Bay, muri Kenya riri mu cyunamo nyuma y’uko umwe mu bakuru b’itorero yitabye Imana, aho yatewe ucyuma na mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore.
Inkuru dukesha ikinyamakuru Uzalendo News ivuga ko Nyakwigendera, Francis Opiyo yaterewe icyuma imbere y'itereniro mu guhe yari ari ari ku ruhimbi rw’itorero rya Ebenezer SDA. Aha yari amaze gusoma ijambo ry’Imana, maze ukekwa azamuka ku ruhimbi amusatira, ahita akurayo icyuma yari yahishe muri Bibiliya, maze akimutera mu nda.
Opiyo, yahise yitura hasi, umuvu w’amaraso utemba ku Ruhimbi, Abakirisitu bihutiye kumujyana kwa muganga ari naho yapfiriye nyuma y’iminota mike ahageze.
TANGA IGITECYEREZO