RURA
Kigali

Hatangiye Intambara ya Indochine! Ibyaranze uyu munsi mu mateka y’Isi

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:19/12/2024 8:24
0


Ibintu biba byarabaye kuri iyi tariki mu myaka yashize ni byinshi cyane ariko uyu munsi, InyaRwanda yaguhitiyemo bimwe mu by’ingenzi bidateze kwibagirana mu mateka y’isi.



Tariki 19 Ukuboza ni umunsi wa 353 mu igize umwaka, hasigaye iminsi 12 uwa 2024 ukagera ku musozo.

Bimwe mu byaranze uyu munsi:

1932: Radiyo y’Abongereza BBC (British Broadcasting Corportion) yatangiye gutanga serivisi zayo mu rwego mpuzamahanga.

1946: Hatangiye Intambara ya Indochine.

1961: U Buhinde bwongeye Daman na Diu ku buso bugenzura, bubikuye ku gice cyitwa Indochine.

1963: Zanzibar yabonye ubwigenge bwayo yigobotora ingoyi y’ubukoloni bw’Abongereza, iki gihe yayoborwaga na Sultan Jamshid bin Abdullah.

1967: Hemejwe ku mugaragaro ko uwari Minisitiri w’Intebe, Harold Holt yatabarutse, akaba yaraburiwe irengero ubwo yari ari koga.

1972: Hasojwe Apollo, Porogaramu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo kohereza ibyogajuru ku kwezi. Uwo mwaka ni bwo Apollo 17 yari irimo abitwa Eugene Cernan, Ron Evans na Harrison Schmitt cyagarutse ku Isi.

1973: Hibwe igikombe cy’ukuri cy’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, The Jules Rimet Trophy cyibiwe ku biro bikuru by’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Brazil mu Mujyi wa Rio de Janeiro.

1978: Mu Rwanda hatowe Itegeko Nshinga rishya ryemera Inteko Ishinga Amategeko.

1983: Habyarimana yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

1986: Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete, Mikhail Gorbachev, yarekuye Andrei Sakharov n’umufasha we bari bavuye mu buhungiro ahitwa Gorky.

1997: Indege SilkAir Flight 185 yakoreye impanuka mu Mugezi wa Musi, hafi ya Palembang muri Indonesia, ihitana abantu 104.

1998: Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, habaye icyo bise Lewinsky scandal, agashya gatunguranye aho Umuyobozi Mukuru w’Intumwa za rubanda yoherereje Sena inyandiko I na III zisaba guhagarika ku butegetsi Perezida Bill Clinton.

2001: Argentine yahuye n’ihungabana rikaze ry’ubukungu, biba imvano y’imyigaragambyo ikomeye yibasiye Umujyi wa Buenos Aires.

Bamwe mu bavutse uyu munsi:

1987: Karim Benzema, umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka mu Bufaransa.

1987: Cédric Baseya, umukinnyi w’umupira w’amaguru ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Bamwe mu bitabye Imana uyu munsi:

2009: Giridharilal Kedia, rwiyemezamirimo ukomoka mu Buhinde.

2011: Kim Jing-il, wari Perezida wa Koreya ya Ruguru, yatabarutse afite imyaka 69 y’amavuko, yayoboye Koreya ya Ruguru kuva mu 1994 nyuma y’urupfu rwa se Kim Il Sung. Kuva mu 2008 yari afite ibibazo by’umutima, haratekerezwa ko azasimburwa n’umuhungu we wa gatatu Kim Jong-un.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND