RFL
Kigali

Yakoreye Davido, Rayvanny, Wizkid, Harmonize…Element akomeje kubaka ibigwi

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:22/10/2024 9:30
0


Mugisha Robinson wamamaye nka Producer Element yatangaje ko ku myaka 24 y'amavuko amaze kurambika ikiganza ku ndirimbo ya Davido, Wizkid, Rayvanny, Harmonize na Ali Kiba kubera kugirirwa neza n'Imana no guharanira gukora umuziki mwiza utuma buri wese yifuza ko bakorana mu bihe bitandukanye.



Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Crown Media, cyagarutse ku rugendo rwe rwo gutunganya indirimbo mu bihe bitandukanye ndetse n’uburyo yashyize imbaraga mu kwiyubaka byatumye abantu bamurangamira.

Ni ku nshuro ya Gatatu, uyu musore agendereye Tanzania. Ku nshuro ya mbere yari kumwe na Bruce Melodie ku kirwa cya Zanzibar ubwo bari kumwe na Harmonize mu ifatwa ry'amashusho y'indirimbo bakoranye.

Ku nshuro ya Kabiri, yagendereye Tanzania mu ikorwa ry'amashusho y'indirimbo 'Sikosa' yakoranye na The Ben na Kevi Kade. Ati "Twafatiye amashusho hano. Navuga ko rero ari ku nshuro ya Gatatu ngeze hano."

Element yavuze ko kugeza ubu afite indirimbo eshatu, ariko imibare igaragaza ko amaze gukora uruhumbirajana rw'indirimbo 'bituma niyumva nka Producer kurusha kuba umuhanzi'. Ati "Ndi Producer ushobora no kuririmba."

Yasobanuye kuririmba uri Producer 'ari kimwe mu byiza bigufasha gutunganya indirimbo'. Ati "Ni byiza cyane iyo usanzwe uri umuririmbyi kuko umenya uko ufasha n'umuhanzi mu gihe cyo gukora indirimbo."

Element yavuze ko gukorera indirimbo Ali Kiba na Rayvanny 'byari inzozi'. Akomeza ati "Kubera ko ubu tuvugana ngejeje imyaka 24 y'amavuko, kandi bariya ni abanyabigwi. Navuga ko ari umugisha gukorana n'aba banyabigwi, kuko ntabwo ntigeze ntekereza ko tuzakorana. Ni ibitangaza rero."

Yamenye ko ubwo yakoreraga indirimbo aba bombi 'ni nabwo bwa mbere' bari bahuriye muri studio bari mu ikorwa ry'indirimbo. Yavuze ko na Ali Kiba ariko yamubwiye.

 Ashingiye ku kuntu yatunganyije iyi ndirimbo ya Rayvanny na Ali Kiba, Element yavuze ko 'twakoze indirimbo idasanzwe'.

Element yasobanuye ko ari umugisha yagize kuba ku myaka ye 24 yarabashije gukorera indirimbo Ali Kiba, Davido, Wizkid ndetse na Rayvanny. Ati "Navuga ko ari Imana yabikoze."

Yavuze ko yagize inzozi zo gukora indirimbo nziza, ariko ntiyari yarigeze atekereza ko igihe kimwe azacirana n'ibihangange mu muziki.

Abajijwe umuhanzi wa mbere mu Rwanda muri iki gihe, Element 'yavuze ko buri wese ari gukora ibintu byiza mu ruhande rwe' ariko kandi azirikana ko The Ben na Bruce Melodie ari bo bahagaze neza 'ashingiye ku kuba muri iki gihe Meddy yarahisemo kwinjira mu muziki wa Gospel'.

Element yanavuze ko afite imishinga y'indirimbo ya Meddy zihimbaza Imana 'kandi nemera neza amahitamo ye yafashe'.

Yasobanuye ko yakoreye indirimbo Davido bahuriye 'bwa mbere' muri studio muri Nigeria. Icyo gihe bakoze ibikorwa byaganishije ku mushinga w'iyi ndirimbo 'ariko ntirasohoka'.

Yanavuze ko yakoze indirimbo yaririmbyemo Wizkid bigizwemo uruhare n'itsinda rya Sauti Sol 'ubwo bari bakiri kumwe'. Ati "Icyo gihe nakoze indirimbo ya Sauti Sol na Wizkid'. Ni uko twakoranye rero."

Element yatangaje ko yakoreye indirimbo Davido bahuriye muri Studio mu gihugu cya Nigeria


Element yavuze ko abantu bakwiye kwitega indirimbo yakoreye Ali Kiba uri mu bakomeye muri Tanzania

Element yavuze ko gukorera indirimbo Rayvanny byatumye ahurira 'bwa mbere muri studio' na Ali Kiba
 

Element yasobanuye ko gukorera indirimbo Sauti Sol byatumye anakorera Wizkid kuko bahuriye mu ndirimbo

Element abifata nk'umugisha kuba ku myaka 24 y'amavuko yarabashije gukorera ibihangange mu muziki 

Harmonize aherutse kugaragaza ko yakozwe ku mutima n'indirimbo yakorewe na Element






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND