RFL
Kigali

Imyaka 3 yabaye myiza! Bahavu ku mugabo we wizihiza isabukuru ‘watumye ashinga imizi muri Cinema’

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/10/2024 10:15
0


Umukinnyi wa filime uri mu bakomeye mu Rwanda, Usanase Bahavu Jannet yagaragaje ko mu gihe umugabo we yizihiza isabukuru y’amavuko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024, azirikana ko imyaka itatu ishize barushinze yamubereye urufatiro rwo kubaha ahagaze yemeye mu rugendo rwe rwa Cinema.



Bahavu yagaragaje ko buri munsi wose abana n’umugabo we ari uw’umugisha utagabanyije, ariko kandi iyi tariki y’amavuko y’umugabo we ni umunsi udasanzwe wo kwizihiza no kuzirikana ubuzima bwe nk’umugabo utangaje imbere ye, kandi yakunze.

Yavuze ko Ndayirukiye Fleury yamubereye inkingi yishyingikirizaho, umwizerwa; ikirenze kuri ibyo “ni umubyeyi ukundana abana be.”

Bahavu yakomeje avuga ko ubuhanga bw’umugabo we, umutima mwiza agira, bimubera imbaraga zimukomeza buri gihe kandi “buri gihe mbishimira Imana yahisemo ko tubana ubuzima bwose turi kumwe’.

Uyu mukinnyi wa filime wamamaye mu zirimo ‘Impanga’, yasabye Imana kumurindira umugabo, kumuha ibyiza, urukundo ‘n’umutima unyuzwe’.

Yavuze ko akunda umugabo we birenze iby’amagambo yasobanuye kandi ‘uyu munsi n’ejo hazaza uri umwami w’umutima wanjye’.

Bahavu avuze ibi yunga mu ijambo yavugiye kuri Canal Olympia, ku wa 28 Nzeri 2024, ubwo yatangaga impamyabumenyi ku banyeshuri 196 bahuguriwe muri sosiyete ye ya ‘BahAfrica Entertainment’.

Yavuze ko yahoze atekereza gushinga sosiyete nk’iyi mu rwego rwo kwiteza imbere muri Cinema, no gushyigikira abandi, kandi umugabo we yamubereye urufatiro rwatumye abasha kurotora inzozi ze nk’umukinnyi wa filime.

Icyo gihe yavuze ati ““Ndashimira umutware wanjye yabaye udasanzwe mu kugira ngo nsohoze inzozi zanjye. Hari benshi twatangiriye rimwe cyangwa se abambanjirije, bagiye mu bindi ariko ndamushimira ko yashyigikiye inzozi zanjye. Yatumye menya ko nta mugore utabasha kugendera mu nkweto ndende ahubwo agorwa no kubona umufata ukuboko.”

Yavuze ko ashima umugabo we kubera ko muri sosiyete hari bamwe mu bagabo badashyigikira abagore babo ngo babashe kugera ku nzozi zabo. Ati “Muri sosiyete tubamo hari igihe usanga umugore avuga ngo umugabo wanjye ntabwo anyemerera gukora, cyangwa se twamaze kubana ahita yanga ko nongera gukora filime cyangwa kuzikina. 

Ariko, we yubaha ahantu cyane twahuriye. Akavuga ati ’ni impano idasanzwe, kandi iyo ubyitegereje ntabwo aba muri sinema cyane afite ukuntu antwara neza, ni umuyobozi mwiza cyane kuri njye’.”

Bahavu yashimye umugabo we Ndayirukiye Fleury mu gihe yizihiza isabukuru y’amavuko

Bahavu yavuze ko umugabo we amukunda byimazeyo, kandi ni umubyeyi mwiza w’abana be


Bahavu yavuze ko imyaka itatu ishize arushinze na Ndayirukiye yabaye mwiza kurushaho, kandi umugabo we yamufashije gushinga imizi muri cinema

Bahavu ashima umugabo we kubera ko yamushyigikiye akabasha gukurikira inzozi ze




BAHAVU AHERUTSE GUSHYIRA KU ISOKO IGICE CYA KABIRI CYA FILIME 'BAD CHOICE'

">

KANDA HANO UBASHE KUREBA IGICE GISHYACYA FILIME 'MY FATHERS IN LAW' IRI MU ZITEGURWA NA BAHAVU

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND