RFL
Kigali

Perezida Kagame yahaye imbabazi Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Gasana Emmanuel

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/10/2024 8:45
0


Perezida Paul Kagame yahaye imbabazi abarimo Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko na CG (Rtd) Gasana Emmanuel wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda.



Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ni bwo Inama y’Abaminisitiri yateranye iyobowe na Perezida Kagame yabereye muri Village Urugwiro.

Ni inama yafatiwemo ibyemezo binyuranye, yemeza amateka, ndetse ishyira mu myanya abayobozi banyuranye.

Iyi Nama yemeje iteka rya Perezida ritanga imbabazi ku bantu 32 bari barakatiwe n’inkiko. Yemeza kandi iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 2,017 bari barakatiwe n’inkiko bafunguwe by’agateganyo.

Mu bahawe imbabazi na Perezida Kagame barimo Bamporiki Edouard na CG. Emmanuel Gasana bari barahamwe n'ibyaha bitandukanye.

Ku wa 23 Mutarama 2023, ni bwo Urukiko Rukuru rwari rwahanishije Edouard Bamporiki igihano cy’igifungo cy’imyaka 5 n’ihazabu y’amafaranga Milioni 30 Frw. Ni nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano na ruswa mu gukoresha ububasha ahabwa n'itegeko mu nyungu ze bwite.

Urukiko rwavuze ko rwamugabanyirije ibihano ngo kuko yemeye ibyaha kandi akabisabira imbabazi.

Ku wa 11 Mata 2024, ni bwo Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwari rwahamije CG (Rtd) Gasana Emmanuel icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko ku nyungu ze bwite, akatirwa imyaka itatu n’amezi atandatu n’ihazabu ya miliyoni 36Frw.

Ariko rwamuhanaguyeho ikindi cyaha cyo gusaba no kwakira indonke ndetse runatesha agaciro ikirego cyasabaga ko ategekwa kwishyura impozamarira za miliyoni zikabakaba 500 Frw y’igihombo yateje rwiyemezamirimo Eric Kalinganire.

Mu bandi bahawe imbabazi na Perezida Paul Kagame, barimo Serubibi wahoze ari Umuyobozi Mukuru w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe imiturire (Rwanda Housing Authority), Rwakunda Christian wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Ibikorwa remezo, ndetse n'umunyemari Rusizana Aloys.

Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko yahawe imbabazi na Perezida Paul Kagame 

CG. Emmanuel Gasana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda yahawe imbabazi na Perezida Paul Kagame




  

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri w’Intebe yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND